• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
Inkuru zigezweho
  • David Himbara ari gukwirakwiza inyandiko z’ibinyoma k’u Rwanda, abifashijwemo na Museveni kuri ubu babanye nk’Amazi n’Ifu   |   20 Feb 2019

  • Afrika y’epfo habaye umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya cyangwa Osama Bin Laden w’u Rwanda   |   20 Feb 2019

  • Perezida Paul Kagame yavuze ko nyuma y’ibihe bikomeye u Rwanda rwaciyemo, rwahisemo kubakira ku mahitamo y’aho rwifuza kugana   |   19 Feb 2019

  • Umwaka udasanzwe ku ihakana rya Jenoside   |   18 Feb 2019

  • Perezida Kagame yagaragaje aho ibibazo by’umubano w’u Rwanda na Uganda bituruka   |   18 Feb 2019

  • Dore Ibyamamare byashyize hanze Amafoto yabo n’Abakunzi babo kuri St Valentine   |   15 Feb 2019

 
You are at :Home»IMIKINO»Hagiye kubaho guma guma Superstar yabayitwaye

Hagiye kubaho guma guma Superstar yabayitwaye

Editorial 26 Feb 2016 IMIKINO

Kuba irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ryo muri uyu mwaka wa 2016 ritaratangira, hari benshi mu bakurikiranira hafi ibya muzika nyarwanda bakomeje kubyibazaho byinshi, nyamara kugeza ubu amakuru y’impamo ni uko abahanzi bashobora guhatana uyu mwaka ari batanu bigeze kuryegukana gusa.

-2285.jpg

Tom Close wegukanye iri rushanwa ku nshuro ya mbere muri 2011, King James waryegukanye bwa kabiri muri 2012, Riderman waryegukanye ku nshuro ya gatatu muri 2013, Jay Polly waryegukanye bwa kane muri 2014 ndetse na Butera Knowless waryegukanye ku nshuro ya gatanu muri 2015, nibo bahanzi bashobora guhatanira ibihembo bya Primus Guma Guma Super Star y’umwaka wa 2016, irushanwa ritegurwa n’uruganda rwa Bralirwa rufatanyije na East African Promoters (EAP), nk’uko amakuru Inyarwanda.com ikesha umwe mu bitabiriye inama yabyigagaho ariko tutaza gutangaza amazina abishimangira.

Tariki 16 Gashyantare 2016, nibwo King James, Riderman, Jay Polly ndetse na Ishimwe Clement wari uhagarariye Knowless na Tom Close, bagiranye inama n’ubuyobozi bwa Bralirwa ndetse na EAP bafatanya gutegura irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star, iyi nama ikaba yarigaga ku buryo aba bahanzi bagiye begukana ibihembo byo mu myaka itanu ishize, ari nabo bahatana uyu mwaka bakishakamo umuhanzi uzegukana igihembo cya “Primus Guma Guma Super Stars All Stars”.

Icyakoze iyi nama yaje kurangira habayeho kutumvikana neza ku bijyanye n’umubare w’amafaranga aba bahanzi bajya bagenerwa nk’igihembo cya buri kwezi, abategura irushanwa bakaba barifuzaga ko buri muhanzi muri aba yazajya ahembwa miliyoni ebyeri z’amafaranga y’u Rwanda buri kwezi mu gihe cy’amezi ane, mu gihe aba bahanzi bo bifuzaga ko bajya bahabwa arenze ayo. Iyi nama yarangiye, abategura aya marushanwa bagiye kubyigaho bakazatangaza umwanzuro wabo.

Umwanzuro wa EAP na Bralirwa, niwo uzemeza niba koko uyu mwaka aba bahanzi batanu aribo bazahatana, cyangwa batabasha kumvikana n’aba bahanzi ku bijyanye ahanini n’ibihembo bagomba kubagenera buri kwezi, bakabona gukora irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star mu buryo busanzwe, hagakoranywa abahanzi bahatanira igihembo cy’irushanwa ku nshuro yaryo ya gatandatu.

Umwe mu bahanzi batanu bitabiriye iyi nama umwe muba aganiriye na Inyarwanda.com ariko ntiyifuze ko amazina ye yatangazwa, avuga ko kugeza ubu ntakiremezwa kuko bagaragarije EAP na Bralirwa uko bifuza bahembwa nabo bakabagaragariza ibyo bifuza kubahemba, nyuma hakaba barafashe umwanya wo kubitekerezaho ngo banzure igikwiye gukorwa. Uyu muhanzi nawe, yemeza ko inama yari iyo kwiga imishobokere y’uyu mushinga, byakwanga hakaba hakorwa irushanwa ry’abandi bahanzi nk’uko byari bisanzwe bigenda mu myaka ishize, hagatorwa abahanzi bazazenguruka igihugu bahatanira ibihembo by’iri rushanwa.

Umunyamakuru wa Rushyashya yagerageje kuvugisha Mushoma Joseph bakunda kwita Bubu; umuyobozi wa EAP ifatanya na Bralirwa gutegura aya marushanwa, ngo tumubaze niba ntacyo barabasha kwemeza, ariko mu nshuro zose twamuhamagaye kuri telefone ye igendanwa ntiyabashije kwitaba.

M.Fils

2016-02-26
Editorial

IZINDI NKURU

APR FC  yatsindiwe na Djoliba muri Mali

APR FC yatsindiwe na Djoliba muri Mali

Editorial 08 Mar 2018
Imyiteguro yo kwakira CHAN irarimbanije kuri stade Amahoro

Imyiteguro yo kwakira CHAN irarimbanije kuri stade Amahoro

Editorial 13 Jan 2016
U Bubiligi bwatanze ubutumwa mu gikombe cy’Isi, u Bwongereza bwongera kubabaza Abanyafurika

U Bubiligi bwatanze ubutumwa mu gikombe cy’Isi, u Bwongereza bwongera kubabaza Abanyafurika

Editorial 19 Jun 2018
Imyambaro icumi y’amakipe mibi kurusha indi ku isi muri uyu mwaka

Imyambaro icumi y’amakipe mibi kurusha indi ku isi muri uyu mwaka

Editorial 18 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Gukabya kw’Akazu ka Museveni biragaragaza itutumba rigamije guhirika ingoma ye

Gukabya kw’Akazu ka Museveni biragaragaza itutumba rigamije guhirika ingoma ye

13 Feb 2019
Uko Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda wapfubye

Uko Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda wapfubye

13 Feb 2019
Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu,  Abanyamahanga  bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera

Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu, Abanyamahanga bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera

11 Feb 2019
Mu basilikare 65, Museveni yazamuye mu ntera,  Kandiho wa CMI ntarimo !

Mu basilikare 65, Museveni yazamuye mu ntera, Kandiho wa CMI ntarimo !

08 Feb 2019
Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse

Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse

07 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dore Ibyamamare byashyize hanze Amafoto yabo n’Abakunzi babo kuri St Valentine

Dore Ibyamamare byashyize hanze Amafoto yabo n’Abakunzi babo kuri St Valentine

15 Feb 2019
Dusingizimana  yabuze ubufasha  bw’amadolari 1 270$ ngo yitabire umurage Mpuzamahanga wa ba Miss muri Singapul

Dusingizimana  yabuze ubufasha  bw’amadolari 1 270$ ngo yitabire umurage Mpuzamahanga wa ba Miss muri Singapul

14 Feb 2019
Mutesi Jolly ngo ntiyigeze yitukuza; biterwa na camera

Mutesi Jolly ngo ntiyigeze yitukuza; biterwa na camera

13 Feb 2019
Umunyamidelikazi w’umunyarwanda Mimi Mirage uherutse guha imodoka Mwiseneza Josiane yavuze uburyo asa na Tanasha

Umunyamidelikazi w’umunyarwanda Mimi Mirage uherutse guha imodoka Mwiseneza Josiane yavuze uburyo asa na Tanasha

13 Feb 2019
MTN yahembye umwana waririmbye indirimbo ‘God will make a way’ ya Don Moen

MTN yahembye umwana waririmbye indirimbo ‘God will make a way’ ya Don Moen

13 Feb 2019
Nimwiza Meghan ni we Miss Rwanda 2019

Nimwiza Meghan ni we Miss Rwanda 2019

27 Jan 2019
Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo

Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo

25 Jan 2019

SONDAGE

N'ikihe gihugu uha amahirwe yo gutwara igikombe cy'isi?

View Results

Loading ... Loading ...

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Phones: +250 788350655, +250 788501831
Emails: info@rushyashya.net , rushyashya@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2017, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru