• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
Inkuru zigezweho
  • David Himbara ari gukwirakwiza inyandiko z’ibinyoma k’u Rwanda, abifashijwemo na Museveni kuri ubu babanye nk’Amazi n’Ifu   |   20 Feb 2019

  • Afrika y’epfo habaye umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya cyangwa Osama Bin Laden w’u Rwanda   |   20 Feb 2019

  • Perezida Paul Kagame yavuze ko nyuma y’ibihe bikomeye u Rwanda rwaciyemo, rwahisemo kubakira ku mahitamo y’aho rwifuza kugana   |   19 Feb 2019

  • Umwaka udasanzwe ku ihakana rya Jenoside   |   18 Feb 2019

  • Perezida Kagame yagaragaje aho ibibazo by’umubano w’u Rwanda na Uganda bituruka   |   18 Feb 2019

  • Dore Ibyamamare byashyize hanze Amafoto yabo n’Abakunzi babo kuri St Valentine   |   15 Feb 2019

 
You are at :Home»POLITIKI»Madame Jeannette Kagame yasobanuye aho ubumwe bw’Abanyarwanda bwavuye

Madame Jeannette Kagame yasobanuye aho ubumwe bw’Abanyarwanda bwavuye

Editorial 23 Oct 2017 POLITIKI

Madame Jeannette Kagame yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yatumye Abanyarwanda bamenya agaciro ko kuba umwe nta kureba aho undi aturuka.

Yabitangarije mu kiganiro yatanze ku bumwe n’ubwiyunge, yagejeje ku bitabiriye ihuriro mpuzamahanga rya Global Citizen Forum, iteraniye i Montenegro guhera kuri uyu wa Kane tariki 19 Ukwakira 2017.

-8440.jpg

Madame Jeannette Kagame ubwo yatangaga ikiganiro mu ihuriro ryiswe “Global Citizen Forum’

Madame Jeannette Kagame yavuze ko nyuma ya Jenoside yahitanye Abatutsi barenga miliyoni, Guverinoma yasimbuye iyateguye ikanashyira mu bikorwa iyo Jenoside yatangiye kubaka igihugu ihereye ku gushyiraho ikigo cy’ubumwe n’ubwiyunge.

Yagize ati “Twahisemo kwihuza, duhitamo gukora biciye mu mucyo, duhitamo kureba kure. Uyu musingi watumye u Rwanda rutangira kwiyubakira ahazaza hashingiye ku burezi bufite ireme kuva mu mashuri abanza kugera mu yisumbuye.”

Yakomeje agira ati “Twashyize imbaraga mu kongera umubare w’abajya mu mashuri abanza n’ayisumbuye kugira ngo bidufashe kwagura ubukungu no guteza imbere abaturage nk’uko biri mu ngamba z’igihugu.”

-8441.jpg

Akon ni umwe mu bantu bakomeye wari witabiriye iri huriro

Ibyo Madamu Jeanne Kagame yatangaje bigaragarira no mu mibare aho kugeza ubu,mu mashuri ya kaminuza 46 abanyeshuri bagera ku bihumbi 100 bamaze gusoza amasomo yabo mu myaka 20 gusa.

Bitandukanye n’uko kuva mbere ya Jenoside, kaminuza imwe rukumbi yari iriho itigeze isohora abanyeshuri barenga 2.500 mu myaka igera kuri 40 yamaze.

Iryo huriro Jeannette Kagame yitabiriye ni umwanya mwiza wo guhura kw’abayobozi bagasangira ibitekerezo na bagenzi babo barimo abayobora inganda, ba rwiyemezamirimo n’ibyamamare.

Ihuriro ry’uyu mwaka rifite itandukaniro ry’uko abaryitabiriye bafite ubunararibonye bw’imyaka irenga 10 mu bikorwa bitandukanye nko mu iterambere, ibikorwa bya kimuntu n’ubukungu.

Madame Jeannette Kagame yavuze ko nyuma ya Jenoside u Rwanda rwabonye ko imbibi ntacyo zimaze, bituma ruba igihugu buri wese yisangamo. Yasobanuye ko kuri ubu,Abanyafurika baza mu Rwanda nk’abisanga kandi bagahabwa viza bageze mu gihugu.

Ati “Kuri twe kugirana imibanire myiza n’abantu bose tubifata nk’itegeko, bitewe n’uko hari bamwe muri twe bakuriye mu buhungiro, baranzwe no guhezwa”

Yagarutse no kuri gahunda yo guha ubwisanzure urujya n’uruza rw’abantu mu Rwanda ndetse no gucyura impunzi. Avuga ko u Rwanda rutareka kwakira abaturanyi bari mu bibazo kuko rubafata nk’abarwo.

Ati “Nk’urugero, twahaye ikaze ibihumbi n’ibihumbi by’impunzi kandi tuziha ibikenerwa by’ibanze, birimo kwiga, kwivuza nk’uko abaturage bacu babihabwa kuko twizera ko impunzi ari abantu nk’abandi bakwiye guhabwa agaciro.”

Yavuze no ku manza za Gacaca zihutishije ubutabera, zigacira imanza abantu barenga miliyoni ebyiri mu myaka 10 ugereranije n’imyaka 100 zari kumara iyo zicibwa n’inkiko zisanzwe.

Madame Jeannette Kagame yagaragaje kandi ko ababazwa n’ahandi hirya no hino ku isi aho abantu bagipfa bazize ubwoko bwabo, ariko agaragaza ko yizera ko hari ikizakorwa abaziza abandi amoko bagahagarikwa.

Yashimye uruhare rw’ihuriro rya Global Citizen Forum, ku ruhare ryagize rwo kwibutsa abantu ko bakwiye kubana mu mahoro.

Abantu bakomeye nk’umuhanzi Akon, Umuyobozi wa UNESCO Irina Bokova, Umugore wa Tony Blair, Cherie Blair, ni bamwe mu batanze ibiganiro muri iryo huriro.

-8442.jpg

Iri huriro ni umwanya mwiza ku bayobozi wo gusangira ibibazo byugarije isi, ariko hakanashakwa umuti w’uko byakemuka.

Source : KT

2017-10-23
Editorial

IZINDI NKURU

Washington: Kagame yavuze ko  Ibihugu 12 bimaze kwemera gutanga umusanzu wabyo muri AU [ VIDEO ]

Washington: Kagame yavuze ko Ibihugu 12 bimaze kwemera gutanga umusanzu wabyo muri AU [ VIDEO ]

Editorial 25 Sep 2017
RDC: Ububiko bw’ibikoresho by’amatora bwafashwe n’inkongi

RDC: Ububiko bw’ibikoresho by’amatora bwafashwe n’inkongi

Editorial 13 Dec 2018
Ibitekerezo by’abaturage ku bikwiye kwibandwaho mu Nama y’Umushyikirano

Ibitekerezo by’abaturage ku bikwiye kwibandwaho mu Nama y’Umushyikirano

Editorial 16 Dec 2017
Kagame ni ishema rya Afurika – Perezida Talon

Kagame ni ishema rya Afurika – Perezida Talon

Editorial 30 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Gukabya kw’Akazu ka Museveni biragaragaza itutumba rigamije guhirika ingoma ye

Gukabya kw’Akazu ka Museveni biragaragaza itutumba rigamije guhirika ingoma ye

13 Feb 2019
Uko Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda wapfubye

Uko Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda wapfubye

13 Feb 2019
Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu,  Abanyamahanga  bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera

Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu, Abanyamahanga bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera

11 Feb 2019
Mu basilikare 65, Museveni yazamuye mu ntera,  Kandiho wa CMI ntarimo !

Mu basilikare 65, Museveni yazamuye mu ntera, Kandiho wa CMI ntarimo !

08 Feb 2019
Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse

Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse

07 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dore Ibyamamare byashyize hanze Amafoto yabo n’Abakunzi babo kuri St Valentine

Dore Ibyamamare byashyize hanze Amafoto yabo n’Abakunzi babo kuri St Valentine

15 Feb 2019
Dusingizimana  yabuze ubufasha  bw’amadolari 1 270$ ngo yitabire umurage Mpuzamahanga wa ba Miss muri Singapul

Dusingizimana  yabuze ubufasha  bw’amadolari 1 270$ ngo yitabire umurage Mpuzamahanga wa ba Miss muri Singapul

14 Feb 2019
Mutesi Jolly ngo ntiyigeze yitukuza; biterwa na camera

Mutesi Jolly ngo ntiyigeze yitukuza; biterwa na camera

13 Feb 2019
Umunyamidelikazi w’umunyarwanda Mimi Mirage uherutse guha imodoka Mwiseneza Josiane yavuze uburyo asa na Tanasha

Umunyamidelikazi w’umunyarwanda Mimi Mirage uherutse guha imodoka Mwiseneza Josiane yavuze uburyo asa na Tanasha

13 Feb 2019
MTN yahembye umwana waririmbye indirimbo ‘God will make a way’ ya Don Moen

MTN yahembye umwana waririmbye indirimbo ‘God will make a way’ ya Don Moen

13 Feb 2019
Nimwiza Meghan ni we Miss Rwanda 2019

Nimwiza Meghan ni we Miss Rwanda 2019

27 Jan 2019
Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo

Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo

25 Jan 2019

SONDAGE

N'ikihe gihugu uha amahirwe yo gutwara igikombe cy'isi?

View Results

Loading ... Loading ...

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Phones: +250 788350655, +250 788501831
Emails: info@rushyashya.net , rushyashya@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2017, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru