• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
Inkuru zigezweho
  • Indege yo muri Singapore igiye guca agahigo ikora urugendo rw’amasaha 20 idahagaze   |   26 Apr 2018

  • EU: Abari munsi y’imyaka 16 bambuwe uburenganzira bwo gukoresha WhatsApp   |   26 Apr 2018

  • Iya 26 Mata 1994: Umunsi hishwe Abatutsi bari bahungiye muri ISAR Rubona   |   26 Apr 2018

  • Real Madrid yandikiye amateka kuri Bayern Munich (Amafoto)   |   26 Apr 2018

  • Amafoto: Rayon Sports yanganyije na Etincelles i Rubavu   |   26 Apr 2018

  • Perezida Alassane Ouattara yageze i Kigali yitabiriye umuhango uzahemberwamo Ellen Johnson Sirleaf   |   26 Apr 2018

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Sheebah Kubera Kubyina Yiswe Lopez ,Alikiba arusha Diamond Kuririmba ,P Fla Yemeje Abantu

Sheebah Kubera Kubyina Yiswe Lopez ,Alikiba arusha Diamond Kuririmba ,P Fla Yemeje Abantu

Editorial 02 Jan 2018 SHOWBIZ

Iki gitaramo gitegurwa buri gihe mu ntangiriro z’umwaka, kuri iyi nshuro cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 1/1/2018 cyitabirwa n’abahanzi benshi batandukanye ku buryo abacyitabiriye babashije kuvanayo ibyishimo bibinjiza neza mu mwaka mushya wa 2018.

East African Party yinjije benshi muri 2018 mu muziki w’abahanzi benshi batandukanye-AMAFOTO

 Dore Bimwe Mubyagaragaye muriki Gitaramo “

Icyaje kugaragara muriki gitaramo nuko abantu benshi bashimye umuziki w’ umuhanzi Alikiba aho bamwe bemeje ko Arusha Diamond kuririmba gusa Diamond akaba amurusha ibijyanye no kumenyekanisha umuziki we ndetse no kwifotoza

ikindi cyaje kugaragra cyane nuko umuraperi P Fla yaje gususurutsa imbaga nyarwanda ubwo yazaga kwifatanya n’ abanyarwanda bose bari baje kwihera ijisho

Umuhanzikazi Sheebah karungi nawe yabatijwe akazina ka Jennifer Lopez kubera imbyino ze zidasanzwe .

Ni igitaramo cyabereye muri parikingi ya sitade amahoro i Remera ndetse cyari cyitabiriwe n’abantu benshi bamwe bihereza icyo kunywa ari nako babyina. Ku rubyiniro babimburiwe na P Fla wari ukumbuwe na bennshi mu bakunzi ba Hip Hop ndetse ku rubyiniro yari afatanyije n’umuraperikazi Candy Moon. Iki gitaramo cyari gihuriwemo n’abashyushyarugamba benshi, dore ko harimo MC Tino, MC Kate Gustave, MC Ange Umulisa ndetse na Tidjara Kabendera, aba bose bagiye basimburanwa mu bihe bitandukanye.

P Fla

P Fla na Candy Moon nibo babanje ku rubyiniro

Iki gitaramo kandi cyarimo Sebeya Band yafashije abahanzi bo mu Rwanda baririmbye muri iki gitaramo ari nako basusurutsa abakitabiriye mu gihe babaga bategereje abahanzi. Nyuma ya P Fla haje Yvan Buravan wishimiwe cyane n’abiganjemo igitsina gore, yinjiriye mu ndirimbo ye This Is Love, akurikizaho Heaven on Earth ndetse yari afite ababyinnyi bari kumufasha muri izi ndirimbo. Yageze hagati abyinana n’ababyinnyi be bishimisha benshi. Buravan kandi yaririmbye indirimbo ye itarasohoka ivanzemo igiswahili n’icyongereza yiganjemo mu nyikirizo ngo ‘I live, I love, I feel the love with you’.

East African Party

Buravan ku rubyiniro

Nyuma yaririmbye na ‘Malaika’ ikunzwe n’abatari bacye hanyuma akurikirwa na Riderman winjiranye ku rubyiniro na Siti True Karigombe ukunze kumufasha ku rubyiniro muri iyi minsi. Riderman yinjiriye mu ndirimbo ye Kadage, akurikizaho Horo ndetse bigeze hagati aririmba indirimbo ya Raggae. Yasoje mu ndirimbo ‘Abanyabirori’ yahagurukije benshi bagatangira gukata umuziki, hahita hakurikiraho Bruce Melody wari wishimiwe cyane ukurikije uburyo abantu bavugije induru babwiwe ko ari we muhanzi ukurikiyeho.

East African Party

Riderman muri East African Party

Bruce Melody yamaze umwanya utari muto ku rubyiniro, aririmba nyinshi mu ndirimbo ze zikunzwe, yahereye kuri ‘Uzandabure’ akurikizaho Complete Me, Ntundize, Ndakwanga, Ndumiwe, Ikinya n’izindi. Ikindi ni uko yaririmbanye na Jay C indirimbo bahuriyemo bise ‘I Am Back’.

East African Party

Bruce Melody ni umwe mu bari bihagazeho mu kugira abafana benshi no kwishimirwa

Nyuma hakurikiyeho Tuff Gangs, bose uko ari 4 bishimiwe kongera kugaragara ku rubyiniro bariyunze, dore ko bari baratandukanye buri wese yaraciye ukwe. Bahise baririmba ‘Amaganya’, indirimbo n’ubundi bari bahuriyeho, bakurikizaho Mpe Enkoni ya Bull Dogg, Zunguza ya Green P, Akanyarirajisho ya Jay Polly, Urwicyekwe, Nk’Umusaza, Kwicuma n’izindi. Bull Dogg yavuze ko Imana nibishaka bazakomeza kugumana bakajya bataramira abanyarwanda bari barabakunze nka Tuff Gangs.

East African Party

Tuff Gangs bongeye gutaramira abanyarwanda nyuma y’igihe barashwanye

Nyuma ya Tuff Gangs hakurikiyeho umugandekazi Sheebah Karungi, uyu agitunguka ku rubyiniro benshi bahagurutse ndetse buri wese yashakaga kwihera ijisho uburyo uyu mukobwa amenyereweho kugorora umubiri abyina mu buryo bwose bushoboka, ibintu bitamenyerewe cyane. Sheebah kandi ni we muhanzi wenyine muri iki gitaramo utaririmbye mu buryo bw’umwimerere. Yaririmbye nyinshi mu ndirimbo ze zikunzwe ndetse zinabyinitse, harimo na Binkolera afatanyije na The Ben.

East African Party

Sheebah atangira abyina agasoza abyina

Ali Kiba, umwe mu bari bategerejwe cyane asa nk’aho ari we wasoje iki gitaramo, yinjiriye mu ndirimbo ye Cinderella, ndetse yari yitwaje band ye ku buryo ari yo yamucurangiye. Yaririmbye nyinshi mu ndirimbo ze zagiye zikundwa mu bihe bitandukanye, aza gusangwa ku rubyiniro na Ommy Dimpoz wamenyekanye cyane mu ndirimbo Kigoma ahuriyemo n’abandi bahanzi batandukanye. Ali Kiba yavuze ko yishimiye kuba ari mu Rwanda ‘Mu gihugu cy’abantu beza, na perezida mwiza’. Ubwo aba bahanzi bari ku rubyiniro, abantu bari bishimye ariko bamwe batangiye kunanirwa dore ko amasaha yari akuze saa saba z’ijoro zegereje.

East African Party

Ali Kiba ku rubyiniro

 

 

2018-01-02
Editorial

IZINDI NKURU

Sinach yanyuze abitabiriye igitaramo yakoreye i Kigali mu mvura ijojoba (Amafoto na Video)

Sinach yanyuze abitabiriye igitaramo yakoreye i Kigali mu mvura ijojoba (Amafoto na Video)

Editorial 02 Apr 2018
Igikorwa cyo gutoranya abakobwa bo kwinjira muri Miss Rwanda 2018 kirarimbanije

Igikorwa cyo gutoranya abakobwa bo kwinjira muri Miss Rwanda 2018 kirarimbanije

Editorial 14 Jan 2018
Zari yajyanywe mu bitaro nyuma yuko umubyeyi we wari umaze mo iminsi yari yorohewe atashye

Zari yajyanywe mu bitaro nyuma yuko umubyeyi we wari umaze mo iminsi yari yorohewe atashye

Editorial 22 Jun 2017
Hamisa Mobetto warangaje Diamond Platnumz yatunguye abantu abereka amafoto ye ya bikini ndetse n’ imyaka afite

Hamisa Mobetto warangaje Diamond Platnumz yatunguye abantu abereka amafoto ye ya bikini ndetse n’ imyaka afite

Editorial 17 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umuraperi Meek Mill yavuye muri Gereza

Umuraperi Meek Mill yavuye muri Gereza

25 Apr 2018
Urujijo K’Umunyamakuru Wakoreye The New Times Yaburiwe Irengero Muri Uganda

Urujijo K’Umunyamakuru Wakoreye The New Times Yaburiwe Irengero Muri Uganda

24 Apr 2018
Giramata, umunyamideli ukomeye ku Isi yavuze ku muryango we wishwe muri Jenoside

Giramata, umunyamideli ukomeye ku Isi yavuze ku muryango we wishwe muri Jenoside

20 Apr 2018
U Rwanda na Uganda biri kuganira uko abagize uruhare muri jenoside bagarurwa

U Rwanda na Uganda biri kuganira uko abagize uruhare muri jenoside bagarurwa

16 Apr 2018
Pascal Nyamurinda wayoboraga Umujyi wa Kigali yeguye ku mirimo ye

Pascal Nyamurinda wayoboraga Umujyi wa Kigali yeguye ku mirimo ye

11 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Umuherwe w’umufaransa yatawe muri yombi ashinjwa ruswa yahaye bamwe mu baperezida muri Afurika

Umuherwe w’umufaransa yatawe muri yombi ashinjwa ruswa yahaye bamwe mu baperezida muri Afurika

25 Apr 2018
Umugaba mukuru w’ingabo za Sudani y’Epfo, Gen Mawut Ajongo, yitabye Imana

Umugaba mukuru w’ingabo za Sudani y’Epfo, Gen Mawut Ajongo, yitabye Imana

20 Apr 2018
Ubukwe bwa Ali Kiba bwitezwemo abaherwe bo muri Kenya

Ubukwe bwa Ali Kiba bwitezwemo abaherwe bo muri Kenya

18 Apr 2018
Diamond ushinjwa gusakaza amashusho y’ubusambanyi yarekuwe by’agateganyo

Diamond ushinjwa gusakaza amashusho y’ubusambanyi yarekuwe by’agateganyo

18 Apr 2018
Diamond yatawe muri yombi aryozwa amashusho yasakaje asomana n’inkumi

Diamond yatawe muri yombi aryozwa amashusho yasakaje asomana n’inkumi

17 Apr 2018
Winnie Madikizela wahoze ari umugore wa Nelson Mandela yashyinguwe

Winnie Madikizela wahoze ari umugore wa Nelson Mandela yashyinguwe

15 Apr 2018
Umukobwa wa Perezida Museveni avuga ko yabonye Imana n’amaso ye bagirana ibiganiro

Umukobwa wa Perezida Museveni avuga ko yabonye Imana n’amaso ye bagirana ibiganiro

10 Apr 2018

SONDAGE

Ni iyihe kipe mu Rwanda ubona izatwara shampiyona?

View Results

Loading ... Loading ...

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Phones: +250 788350655, +250 788501831
Emails: info@rushyashya.net , rushyashya@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2017, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru