• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
Inkuru zigezweho
  • David Himbara ari gukwirakwiza inyandiko z’ibinyoma k’u Rwanda, abifashijwemo na Museveni kuri ubu babanye nk’Amazi n’Ifu   |   20 Feb 2019

  • Afrika y’epfo habaye umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya cyangwa Osama Bin Laden w’u Rwanda   |   20 Feb 2019

  • Perezida Paul Kagame yavuze ko nyuma y’ibihe bikomeye u Rwanda rwaciyemo, rwahisemo kubakira ku mahitamo y’aho rwifuza kugana   |   19 Feb 2019

  • Umwaka udasanzwe ku ihakana rya Jenoside   |   18 Feb 2019

  • Perezida Kagame yagaragaje aho ibibazo by’umubano w’u Rwanda na Uganda bituruka   |   18 Feb 2019

  • Dore Ibyamamare byashyize hanze Amafoto yabo n’Abakunzi babo kuri St Valentine   |   15 Feb 2019

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Putin yahishuye uko yatanze itegeko ryo guhanura indege y’abagenzi

Perezida Putin yahishuye uko yatanze itegeko ryo guhanura indege y’abagenzi

Editorial 12 Mar 2018 POLITIKI

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yahishuye uko mu 2014 yatanze amabwiriza yo guhanura indege yari yatanzweho amakuru ko itwaye abagenzi bafite igisasu cya kirimbuzi bashakaga gutera mu Mujyi wa Sochi, wabereyemo imikino ya Olempike.

Aya makuru Putin yayatangarije muri filime mbarankuru y’amasaha abiri yashyize ahagaragara, ikanakwirakwiza ku mbuga nkoranyambaga.

Perezida Putin asobanura ko yahawe amakuru ko hari indege yavaga muri Ukraine yari mu nzira yerekeza muri Turikiya, ishaka kuyoberezwa mu Burusiya aho imikino Olempike yari igiye gutangizwa ku mugaragaro ku wa 7 Gashyantare 2014, gusa nyuma ngo yaje kumenyeshwa ko byari ibihuha, iyo ndege ntiyahanurwa.

Putin yagize ati “Nabwiwe ko indege iturutse muri Ukraine yerekeza mu Mujyi wa Istanbul yari yashimuswe, abayishimuse bashaka kuyiyobereza mu Mujyi wa Sochi.”

Umunyamakuru wa BBC dukesha iyi nkuru yatangaje ko umupilote w’iyo ndege yari itwaye abantu bagera 110 yamenye ko harimo umugenzi ufite igisasu agasabwa guhindura icyerekezo akayijyana mu Mujyi wa Sochi muri Stade yarimo abasaga 40,000.

Perezida Putin asobanura ko abashinzwe umutekano bamugiriye inama ko mu gihe habaye ikintu kidasanzwe nk’icyo mu ndege nta kindi cyakorwa uretse kuyirasa. Ati “Nahise mbabwira ngo babikore.”

Akomeza avuga ko nyuma y’igihe gito yaje guhabwa andi makuru ko ari ibihuha itararaswa, bikarangira amategeko atubahirijwe ndetse agahita ajyana n’abateguye imikino aho yagombaga kubera.

Muri iyo filime, Umunyamakuru wa Televiziyo y’Igihugu akaba n’umunyamabanga we mu by’itumanaho, Kondrashov, yamubajije niba hari ikintu gishobora gutuma asubiza agace ka Crimea kuri Ukraine u Burusiya bwigaruriye mu 2014, amusubiza agira ati “Ibyo uvuga ni ibiki, ibyo ntibishora kubaho ndetse ntibizanashoboka.”

Gusa muri Nzeri 2017, Umuryango w’Abibumbye washinje u Burusiya kugira uruhare mu bikorwa byo kubangamira uburenganzira bwa muntu muri Crimea.

Muri iyo filime kandi Putin anavuga ko ashobora gutanga imbabazi ku bintu bimwe uretse gusa icyaha cy’ubugambanyi. Yanahishuye ko sekuru yakoze akazi ko gutekera Vladimir Lenin na Joseph Stalin bamamaye cyane mu ishyaka rya Gikominisite mu Burusiya.

Iyi filime yasohotse mbere gato y’amatora ya Perezida w’u Burusiya ateganyijwe ku wa 18 Werurwe 2018, aho Putin ahabwa amahirwe yo kuyegukana, dore ko umwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bwe, Alexei Navalny, atemerewe kwiyamamaza.

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yahishuye uko yatanze itegeko ryo guhanura indege y’abagenzi byakekwaga ko irimo anafite ibisasu bashaka kudobya ibirori byo gutangiza imikino Olempike

Stade yarimo abasaga ibihumbi 40 barebye ibirori byo gufungura imikino Olempike ya 2014

Perezida Putin; Minisitiri w’Intebe, Dmitry Medvedev (uwa kabiri mu bicaye hejuru) na Minisitiri wa Siporo, Vitaly Mutko (ibumoso) bareba umukino wo kunyerera ku rubura u Burusiya bwatsinzemo Koreya y’Epfo wabaye ku wa 8 Werurwe 2014

Putin yavuze ko sekuru yakoze akazi ko gutekera Vladimir Lenin na Joseph Stalin bamamaye mu ishyaka rya Gikominisite mu Burusiya


2018-03-12
Editorial

IZINDI NKURU

Itangazo rya PL rigenewe Abanyamakuru

Itangazo rya PL rigenewe Abanyamakuru

Editorial 06 Nov 2017
Imvugo z’Uburyarya no kwivuguruza kw’Abanyapolitiki biyita ko bari muri Opposition

Imvugo z’Uburyarya no kwivuguruza kw’Abanyapolitiki biyita ko bari muri Opposition

Editorial 26 Dec 2016
Umuryango w’Abavoka batagira Umupaka wahagaritse ibikorwa byawo mu Burundi

Umuryango w’Abavoka batagira Umupaka wahagaritse ibikorwa byawo mu Burundi

Editorial 17 Dec 2018
Perezida Salva Kiir yemeye imikoranire myiza na mugenzi we Mashar

Perezida Salva Kiir yemeye imikoranire myiza na mugenzi we Mashar

Editorial 26 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Gukabya kw’Akazu ka Museveni biragaragaza itutumba rigamije guhirika ingoma ye

Gukabya kw’Akazu ka Museveni biragaragaza itutumba rigamije guhirika ingoma ye

13 Feb 2019
Uko Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda wapfubye

Uko Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda wapfubye

13 Feb 2019
Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu,  Abanyamahanga  bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera

Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu, Abanyamahanga bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera

11 Feb 2019
Mu basilikare 65, Museveni yazamuye mu ntera,  Kandiho wa CMI ntarimo !

Mu basilikare 65, Museveni yazamuye mu ntera, Kandiho wa CMI ntarimo !

08 Feb 2019
Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse

Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse

07 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dore Ibyamamare byashyize hanze Amafoto yabo n’Abakunzi babo kuri St Valentine

Dore Ibyamamare byashyize hanze Amafoto yabo n’Abakunzi babo kuri St Valentine

15 Feb 2019
Dusingizimana  yabuze ubufasha  bw’amadolari 1 270$ ngo yitabire umurage Mpuzamahanga wa ba Miss muri Singapul

Dusingizimana  yabuze ubufasha  bw’amadolari 1 270$ ngo yitabire umurage Mpuzamahanga wa ba Miss muri Singapul

14 Feb 2019
Mutesi Jolly ngo ntiyigeze yitukuza; biterwa na camera

Mutesi Jolly ngo ntiyigeze yitukuza; biterwa na camera

13 Feb 2019
Umunyamidelikazi w’umunyarwanda Mimi Mirage uherutse guha imodoka Mwiseneza Josiane yavuze uburyo asa na Tanasha

Umunyamidelikazi w’umunyarwanda Mimi Mirage uherutse guha imodoka Mwiseneza Josiane yavuze uburyo asa na Tanasha

13 Feb 2019
MTN yahembye umwana waririmbye indirimbo ‘God will make a way’ ya Don Moen

MTN yahembye umwana waririmbye indirimbo ‘God will make a way’ ya Don Moen

13 Feb 2019
Nimwiza Meghan ni we Miss Rwanda 2019

Nimwiza Meghan ni we Miss Rwanda 2019

27 Jan 2019
Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo

Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo

25 Jan 2019

SONDAGE

N'ikihe gihugu uha amahirwe yo gutwara igikombe cy'isi?

View Results

Loading ... Loading ...

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Phones: +250 788350655, +250 788501831
Emails: info@rushyashya.net , rushyashya@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2017, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru