• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
Inkuru zigezweho
  • Perezida Paul Kagame yavuze ko nyuma y’ibihe bikomeye u Rwanda rwaciyemo, rwahisemo kubakira ku mahitamo y’aho rwifuza kugana   |   19 Feb 2019

  • Umwaka udasanzwe ku ihakana rya Jenoside   |   18 Feb 2019

  • Perezida Kagame yagaragaje aho ibibazo by’umubano w’u Rwanda na Uganda bituruka   |   18 Feb 2019

  • Dore Ibyamamare byashyize hanze Amafoto yabo n’Abakunzi babo kuri St Valentine   |   15 Feb 2019

  • Uganda Yirukanye Umuyobozi Wa MTN Ku Butaka Bwayo   |   15 Feb 2019

  • Abarwanyi batandatu ba FDLR bashyize intwaro hasi   |   15 Feb 2019

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Museveni yasubitse urugendo rwe mu Rwanda aho yari ategerejwe mu nama yo gushyiraho isoko rusange muri Afurika

Museveni yasubitse urugendo rwe mu Rwanda aho yari ategerejwe mu nama yo gushyiraho isoko rusange muri Afurika

Editorial 19 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Yoweri Kaguta Museveni, Perezida wa Uganda ntakitabiriye inama idasanzwe y’umuryango w’ubumwe bwa Afurika igamije gushyiraho isoko rusange muri Afurika.

Taliki ya 13 Werurwe, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo, yatangaje ko abakuru b’ibihugu bya Afurika basaga 26 bamaze kwemeza ko bazitabira Inama Idasanzwe ya Afurika Yunze Ubumwe (AU), yiga ku ishyirwaho ry’amasezerano ashyiraho isoko rusange mu bihugu bya Afurika, ‘Continental Free Trade Area (CFTA)’. U Rwanda ruheruka kwakira abakuru b’ibihugu benshi mu 2016, ubwo abarenga 30, ba Visi perezida, ba Minisitiri w’Intebe n’abahoze ari abakuru b’ibihugu bitabiriye Inama ya 27 ya AU yabaye kuwa 17 na 18 Nyakanga 2016.

Amakuru twabonye aravuga ko Museveni yamaze guhamagaza itsinda ry’abashinzwe umutekano we (advance party) ryari ryaramaze kugera mu Rwanda mu myiteguro y’uruzinduko rwe mu Rwanda aho byari biteganijwe ko nawe yitabira iyo nama ikomeye ku rwego rwa Afurika.

Umubano w’ibihugu byombi, intandaro yo gusubika uruzindiko

Leta ya Uganda irangajwe imbere n’inzego z’ubutasi mu Gisirikare cya Uganda (CMI), zakomeje gushinjwa gufunga mu buryo bunyuranyije n’amategeko abanyarwanda b’inzirakarengane bakorera ingendo mu gihugu cya Uganda; aho bibonwa nka kimwe mu bibangamiye urujya n’uruza rw’abaturage b’ibihugu byombi ku mipaka.

Taliki 13 Werurwe, mu kiganiro n’abanyamakuru, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Louise Mushikiwabo, yatangaje ko ibibazo bimaze iminsi hagati y’umubano w’u Rwanda na Uganda byatewe n’iki gihugu gituranyi ariko ubu hari gukorwa ibishoboka ngo bikemurwe mu nyungu z’abaturage.

Yagize ati “Ibyo bibazo byaturutse ku gihugu cya Uganda aho Abanyarwanda benshi bahagiriye akaga, bamwe barafungwa, abandi bakorerwa ibikorwa bitari byiza. Bamwe barafunguwe abandi baracyafunze. Hano mu Rwanda ntabwo dushobora kugirira nabi Abagande, ni bene wacu, dusangiye byinshi, dusangiye n’amaraso, Abagande benshi dufitanye isano.

Abasesenguzi mu bya politiki baravuga ko Museveni yakozwe mu nkokora yongera kugaragarizwa ibikorerwa mu gihugu ayobora cyane cyane mu gihe nkiki u Rwanda rwakiriye inama ikomeye, impamvu nyamukuru ishobora kuba yamuteye gusubika uruzinduko mu Rwanda. Bongeraho kandi byari ihurizo kuri Museveni kuza mu Rwanda akahahurira n’abandi bayobozi b’ibihugu bya Afurika bazi neza ukuri ku bibazo u Rwanda rufitanye na Uganda.

Inama yabimburiye izindi niya ba Ambasaderi b’ibihugu bya Afurika muri AU

Iyi nama y’abakuru b’ibihugu izabera muri Kigali Convention Centre ku wa 21 Werurwe igamije kwemeza no gushyira umukono ku masezerano yemeza isoko ryagutse ry’umugabane wa Afurika, hakurwaho zimwe mu nzitizi zituma ibihugu bya Afurika bitabasha guhahirana uko bibyifuza.

Iyi gahunda ya AU ikuriwe na Perezida wa Niger, Mahamadou Issoufou ndetse icyo gihugu nicyo cyagombaga kwakira iyi nama ariko muri Mutarama 2018 abakuru b’ibihugu bya Afurika basabye Perezida Kagame uyoboye AU ko iyi nama yabera i Kigali.

2018-03-19
Editorial

IZINDI NKURU

Akumiro: Perezida Nkurunziza afite ikibazo gikomeye: Yagereranije IMANA n’imbonerakure

Akumiro: Perezida Nkurunziza afite ikibazo gikomeye: Yagereranije IMANA n’imbonerakure

Editorial 21 Nov 2017
Burundi: Leta yatanze isoko kuri  kompanyi CVMR Energy Minerals Incorporation nta piganwa

Burundi: Leta yatanze isoko kuri kompanyi CVMR Energy Minerals Incorporation nta piganwa

Editorial 21 Nov 2017
Burundi: Umudepite yakojeje agati mu ntozi, abaza uburyo u Rwanda rushaka gutera u Burundi

Burundi: Umudepite yakojeje agati mu ntozi, abaza uburyo u Rwanda rushaka gutera u Burundi

Editorial 12 Apr 2018
Uganda: ni mpamvu ki ibinyoma ku Rwanda bikomeje kwiyongera?

Uganda: ni mpamvu ki ibinyoma ku Rwanda bikomeje kwiyongera?

Editorial 21 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uko Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda wapfubye

Uko Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda wapfubye

13 Feb 2019
Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu,  Abanyamahanga  bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera

Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu, Abanyamahanga bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera

11 Feb 2019
Mu basilikare 65, Museveni yazamuye mu ntera,  Kandiho wa CMI ntarimo !

Mu basilikare 65, Museveni yazamuye mu ntera, Kandiho wa CMI ntarimo !

08 Feb 2019
Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse

Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse

07 Feb 2019
Hahishuwe Inyandiko Z’ubutasi Bw’u Bufaransa Zitunga Agatoki Abasilikare Bakuru [ Ex.FAR ] Batanze Amabwiriza  Y’ihanurwa Ry’indege Ya Habyarimana

Hahishuwe Inyandiko Z’ubutasi Bw’u Bufaransa Zitunga Agatoki Abasilikare Bakuru [ Ex.FAR ] Batanze Amabwiriza Y’ihanurwa Ry’indege Ya Habyarimana

06 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dore Ibyamamare byashyize hanze Amafoto yabo n’Abakunzi babo kuri St Valentine

Dore Ibyamamare byashyize hanze Amafoto yabo n’Abakunzi babo kuri St Valentine

15 Feb 2019
Dusingizimana  yabuze ubufasha  bw’amadolari 1 270$ ngo yitabire umurage Mpuzamahanga wa ba Miss muri Singapul

Dusingizimana  yabuze ubufasha  bw’amadolari 1 270$ ngo yitabire umurage Mpuzamahanga wa ba Miss muri Singapul

14 Feb 2019
Mutesi Jolly ngo ntiyigeze yitukuza; biterwa na camera

Mutesi Jolly ngo ntiyigeze yitukuza; biterwa na camera

13 Feb 2019
Umunyamidelikazi w’umunyarwanda Mimi Mirage uherutse guha imodoka Mwiseneza Josiane yavuze uburyo asa na Tanasha

Umunyamidelikazi w’umunyarwanda Mimi Mirage uherutse guha imodoka Mwiseneza Josiane yavuze uburyo asa na Tanasha

13 Feb 2019
MTN yahembye umwana waririmbye indirimbo ‘God will make a way’ ya Don Moen

MTN yahembye umwana waririmbye indirimbo ‘God will make a way’ ya Don Moen

13 Feb 2019
Nimwiza Meghan ni we Miss Rwanda 2019

Nimwiza Meghan ni we Miss Rwanda 2019

27 Jan 2019
Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo

Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo

25 Jan 2019

SONDAGE

N'ikihe gihugu uha amahirwe yo gutwara igikombe cy'isi?

View Results

Loading ... Loading ...

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Phones: +250 788350655, +250 788501831
Emails: info@rushyashya.net , rushyashya@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2017, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru