• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri Gatete yemeje ko mu mezi abiri muri Kigali hazaba hari amazi ahagije   |   25 Apr 2018

  • Liverpool yanyagiye AS Roma ikandagiza ikirenge ku mukino wa nyuma wa Champions League (Amafoto)   |   25 Apr 2018

  • ‘Rwanda:The Royal Tour’ yerekanwe i New York mu muhango witabiriwe na Kagame, hatahiwe i Kigali   |   25 Apr 2018

  • Dufite ubushobozi n’ubumenyi bihagije kugira ngo duteze imbere EAC yacu- Magufuli   |   24 Apr 2018

  • Amazing Grace yambuwe uburenganzira bwo gukora nka Radio mu Rwanda   |   24 Apr 2018

  • Gikongoro: Umupadiri yahagaritswe imyaka ibiri ashinjwa ubusinzi n’ubusambanyi   |   24 Apr 2018

 
You are at :Home»POLITIKI»Senateri Tito yavuze ku budasa bwagaruriye u Rwanda umucyo nyuma ya Jenoside

Senateri Tito yavuze ku budasa bwagaruriye u Rwanda umucyo nyuma ya Jenoside

Editorial 17 Apr 2018 POLITIKI

Senateri Tito Rutaremara yagaragaje uburyo bwihariye Leta y’u Rwanda yakoresheje mu komora ibikomere by’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yakoranywe ubugome ndengakamere n’ingaruka zayo, mu gihe abantu bibazaga ko u Rwanda rugiye guhora mu icuraburindi iteka ryose.

Senateri Tito yatanze ikiganiro ku mwihariko wa Jenoside yakorewe Abatutsi no guhangana n’ingaruka zayo, ku wa 15 Mata 2018, mu muhango wo gushyingura mu cyubahiro imibiri 157 yatahuwe mu Murenge wa Rusororo, Akarere ka Gasabo no kwibuka Abatutsi bahiciwe.

Yabwiye abitabiriye uwo muhango ko Jenoside yakorewe Abatutsi itandukanye n’izindi zirimo nk’iyakorewe Abayahudi, kuko abantu bishe inshuti magara zabo.

Yagize ati “Jenoside yacu ifite ibyo yihariye, abantu bose muri Jenoside barapfaga baba abayahudi, baba aba-Armenien ariko twe dufite umwihariko wacu. Iyacu, icya mbere wicaga uwo mwasangiraga, ukica n’uwo mwaryamanaga wenda iryo joro mwaryamanye, ukica n’umwana wabyaye ngo kuko afite ishusho y’aba, ugasiga undi ufite iy’aba. Ibyo ntaho biba n’inyamaswa ntizibikora.”

Yakomeje asobanura ko umwihariko wayo ku buryo ndengakamere bwakoreshejwe mu kwica burimo imbunda, impiri, ibisongo, guhonda abana ku nkuta z’inzu, gutaba abantu mu myobo, kuba yarakorewe mu nsengero, kwica abavandimwe, gutwika abantu n’ibindi, mu gihe leta yari yarananiwe na gahunda ziteza imbere igihugu n’abagituye.

Senateri yakomeje asobanura ku budasa bwa Leta y’u Rwanda yakoresheje yivana muri iryo curaburindi, ryahinduwe umucyo n’ingabo zari iza RPA zahagaritse Jenoside; Abanyarwanda bongeye bakisuganya nubwo bari bagifite ibikomere by’umubiri n’iby’umitima n’abari mu gice cy’abatarahigwaga n’abayikoze bari bafite imitima ihagaze.

Tito ati “Kuko baravugaga bati ‘ibi bintu dukoze, aba bantu barangije intambara turabakira amahoro ntibihorera?’ Ariko Leta y’ubumwe ihageze iravuga iti ‘guhora ntabirimo n’ubigerageza arakabona’. Ibyo ni ubudasa bw’abanyarwanda. Uko twagize ubudasa mu kwica, niko tugira n’ubudasa mu kuvura.”

Yavuze ko nyuma yo kuvuga ko guhora ntabirimo, hahise hashyirwaho uburyo bwo kugarura umutekano mu gihugu, ihuza ingabo zari iza leta yatsinzwe n’izayo, abandi basubizwa mu kazi no mu mashuri n’ibindi.

Senateri Tito Rutaremara

Ubudasa mu butabera

Senateri Tito yanakomoje ku budasa bwa Leta y’u Rwanda cyane cyane mu butabera, aho Gacaca yifashishijwe mu guha ubutabera abanyarwanda bishe n’abiciwe kandi bigizwemo uruhare n’abarimo imiryango ifite benewabo bishe bigatwara igihe gito.

Jenoside yahitanye Abatutsi barenga miliyoni bishwe mu minsi 100 bishwe n’abandi benshi, biba ingorane kuri Leta mu mutabera.

Igeragezwa ryakozwe nyuma yo gushyiraho itegeko rihana abakoze Jenoside, hatangijwe ingereko ku nkiko z’ibanze zireba iby’abakoze Jenoside icyo gihe bari bafunze barenga ibihumbi 130 gereza zuzuye ntaho gushyira abandi, hacibwa imanza 3000 ariko ubusesenguzi bukerekana ko bizatwara imyaka isaga imyaka 150 kugira ngo abafunze gusa baburanishwe.

Senateri Tito yakomeje avuga ko inkiko Gacaca nazo abantu batiyumvisha uko zizatanga ubutabera kuko abacitse ku icumu bavugaga ko nta butabera zizatanga kuko zizaba zikorwamo na bamwe mu batarahigwaga, ko ari ukugira ngo barekure benewabo, abatarahigwaga n’abishe nabo bakavuga ko zigamije kubamarima muri gereza.

Izi nkiko zaje gutanga umusaruro ushimishije nyuma yo kumvisha abanyarwanda bose ko abantu bose ari bamwe.

Tito ati “Gacaca rero ijyaho, yadukoreye umurimo mwiza murabizi, nicyo kinini dufite mu butabera, ababyangaga ubu niyo bakunze cyane.”

Leta mu komora ibikome no gufasha abacitse ku icumu, hashyizweho ikigega kibafasha ‘ FARG’, abavuye mu ishuri kiyabasubizamo, kivuza abakomeretse, bashakirwa amacumbi abatayagira; hashyirwaho gahunda yo kwibuka n’ibindi bigamije kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge by’abanyarwanda.

2018-04-17
Editorial

IZINDI NKURU

Amb. Rugira yagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Papa Francis mu Bubiligi

Amb. Rugira yagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Papa Francis mu Bubiligi

Editorial 04 Jan 2018
Hillary Clinton aracyarusha amajwi Donald Trump

Hillary Clinton aracyarusha amajwi Donald Trump

Editorial 31 Aug 2016
Sudani y’Epfo yanze kwitabira ibiganiro byo kugarura amahoro

Sudani y’Epfo yanze kwitabira ibiganiro byo kugarura amahoro

Editorial 07 Feb 2018
Ikiganiro kirambuye Perezida Kagame yagiranye na New African Magazine

Ikiganiro kirambuye Perezida Kagame yagiranye na New African Magazine

Editorial 09 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Giramata, umunyamideli ukomeye ku Isi yavuze ku muryango we wishwe muri Jenoside

Giramata, umunyamideli ukomeye ku Isi yavuze ku muryango we wishwe muri Jenoside

20 Apr 2018
U Rwanda na Uganda biri kuganira uko abagize uruhare muri jenoside bagarurwa

U Rwanda na Uganda biri kuganira uko abagize uruhare muri jenoside bagarurwa

16 Apr 2018
Pascal Nyamurinda wayoboraga Umujyi wa Kigali yeguye ku mirimo ye

Pascal Nyamurinda wayoboraga Umujyi wa Kigali yeguye ku mirimo ye

11 Apr 2018
Umuyobozi Muri RSSB Arahamya Ko Yibwe N’abana B’abakobwa Nyuma Yo Gushaka Kubafasha

Umuyobozi Muri RSSB Arahamya Ko Yibwe N’abana B’abakobwa Nyuma Yo Gushaka Kubafasha

10 Apr 2018
Umufaransa Yavuze Ku Buryo Inkotanyi Zafashe Mpiri Abasirikare B’Abafaransa Muri Opération Turquoise

Umufaransa Yavuze Ku Buryo Inkotanyi Zafashe Mpiri Abasirikare B’Abafaransa Muri Opération Turquoise

10 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Umugaba mukuru w’ingabo za Sudani y’Epfo, Gen Mawut Ajongo, yitabye Imana

Umugaba mukuru w’ingabo za Sudani y’Epfo, Gen Mawut Ajongo, yitabye Imana

20 Apr 2018
Ubukwe bwa Ali Kiba bwitezwemo abaherwe bo muri Kenya

Ubukwe bwa Ali Kiba bwitezwemo abaherwe bo muri Kenya

18 Apr 2018
Diamond ushinjwa gusakaza amashusho y’ubusambanyi yarekuwe by’agateganyo

Diamond ushinjwa gusakaza amashusho y’ubusambanyi yarekuwe by’agateganyo

18 Apr 2018
Diamond yatawe muri yombi aryozwa amashusho yasakaje asomana n’inkumi

Diamond yatawe muri yombi aryozwa amashusho yasakaje asomana n’inkumi

17 Apr 2018
Winnie Madikizela wahoze ari umugore wa Nelson Mandela yashyinguwe

Winnie Madikizela wahoze ari umugore wa Nelson Mandela yashyinguwe

15 Apr 2018
Umukobwa wa Perezida Museveni avuga ko yabonye Imana n’amaso ye bagirana ibiganiro

Umukobwa wa Perezida Museveni avuga ko yabonye Imana n’amaso ye bagirana ibiganiro

10 Apr 2018
Kwibuka24: Kwetu Film Institute izerekana filime zivuga amateka ya Jenoside

Kwibuka24: Kwetu Film Institute izerekana filime zivuga amateka ya Jenoside

09 Apr 2018

SONDAGE

Ni iyihe kipe mu Rwanda ubona izatwara shampiyona?

View Results

Loading ... Loading ...

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Phones: +250 788350655, +250 788501831
Emails: info@rushyashya.net , rushyashya@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2017, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru