• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
Inkuru zigezweho
  • David Himbara ari gukwirakwiza inyandiko z’ibinyoma k’u Rwanda, abifashijwemo na Museveni kuri ubu babanye nk’Amazi n’Ifu   |   20 Feb 2019

  • Afrika y’epfo habaye umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya cyangwa Osama Bin Laden w’u Rwanda   |   20 Feb 2019

  • Perezida Paul Kagame yavuze ko nyuma y’ibihe bikomeye u Rwanda rwaciyemo, rwahisemo kubakira ku mahitamo y’aho rwifuza kugana   |   19 Feb 2019

  • Umwaka udasanzwe ku ihakana rya Jenoside   |   18 Feb 2019

  • Perezida Kagame yagaragaje aho ibibazo by’umubano w’u Rwanda na Uganda bituruka   |   18 Feb 2019

  • Dore Ibyamamare byashyize hanze Amafoto yabo n’Abakunzi babo kuri St Valentine   |   15 Feb 2019

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kirehe: Abayobozi b’ibigo by’amashuri bitatu bari mu mazi abira

Kirehe: Abayobozi b’ibigo by’amashuri bitatu bari mu mazi abira

Editorial 16 May 2018 Mu Rwanda

Itsinda rya Minisiteri y’uburezi ryari rimaze iminsi 10 rikora ubukangurambaga ku ireme ry’uburezi mu karere ka Kirehe ryasabye ko hagira igikorwa ku bayobozi b’ibigo bitatu ryasanze mo ibibazo bikomeye, akarere gahita kavuga ko kazabirukana.

Umuyobozi w’iki kigo cya GS Rugoma Emile Mukunzi.

Umuyobozi w’iki kigo cya GS Rugoma Emile Mukunzi uri mu bashobora kwirukanwa.

Ku mugoroba wo kuwa kabiri, ririya tsinda ryamurikiye akarere ka Kirehe ibyo ryasanze mu bigo 21 ryasuye, bingana na 30.8% y’ibigo byose biri mu karere ka Kirehe.

Umuyobozi wa IPRC Ngoma Ing. Ephrem Musonera wari uyoboye iri tsinda yagaragaje ko muri ibi bigo hari ibyiza bihakorerwa ariko hakiri n’ibibazo birimo iby’isuku, imikorere n’imyigishirize itanoze y’abarimu, ikoreshwa ry’ururimi rw’icyongereza riri hasi, ubucucike bushingiye ku bikorwaremezo bike, gufata nabi no kudakoresha uko bikwiye mudasobwa Leta yahaye ibigo by’amashuri n’ibindi.

Ing. Musonera muri raporo yahaye akarere yagaragaje ko byinshi muri ibi bibazo bishingiye ku bushobozi buke bwa bamwe mu bayobozi b’ibigo no kudakora akazi kabo neza.

Ndetse anasaba ko ubuyobozi bw’akarere bugira icyo bukora ku bibazo by’imiyoborere biri mu bigo bitandukanye.

Ati “Hari aho twasanze abana barya saa kumi wabaza umuyobozi w’ikigo ati: izo ni inshingano za Accountant ntabwo bindeba iyo ntabwo ari imikoranire.

Hari abarimu birukana abanyeshuri babatumye amafaranga atazwi, abarimu baza kwigisha banyoye inzoga, ariko ugasanga umuyobozi w’ikigo ntabizi, ibyo ni ibibazo bibangamiye ireme ry’uburezi bishingiye ku buyobozi.”

Ing. Ephrem Musonera, umuyobozi wa IPRC Ngoma wari uyoboye iri tsinda rya MINEDUC.

Ing. Ephrem Musonera, umuyobozi wa IPRC Ngoma wari uyoboye iri tsinda rya MINEDUC.

Iri tsinda rya MINEDUC ryasabye by’umwihariko ko habaho impinduka mu buyobozi bwa GS Rugarama II, GS Rugoma, na GS Kigina kubera amakosa akomeye ryahasanze.

Umuyobozi w’akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage MUKANDARIKANGUYE Gérardine.

MUKANDARIKANGUYE Gérardine

Umuyobozi w’akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage MUKANDARIKANGUYE Gérardine, yabwiye Umuseke dukesha iyi nkuru  ko aba bayobozi impinduka zasabwe mu buyobozi bw’ibigo zigiye gukorwa.

Ati “Ibigo twagaragarijwe by’abayobozi bakwiye guhinduka ntabwo ari ugukurwa ahantu ujyanwa ahandi kandi aho yari ari afite ibyo yahishe, turakurikiza amategeko babihanirwe, bamenye ko izo nshingano zabananiye bave muri izo nshingano bajye mubyo bashobora gukora hashyirweho ubundi buyobozi bw’ibigo by’amashuri.”

MUKANDARIKANGUYE avuga ko akarere kagiye gutangira nako icyumweru cy’uburezi kizaba kigamije kugera mu bigo byose kugira ngo baganire n’abarezi ndetse n’ubuyobozi.

Ati “Ni ubukangurambaga buzaba nabwo bugamije kongera kugenzura kugira ngo abagaragaraho amakosa bayahanirwe.”

Aba bayobozi bariyongera ku barezi bagera kuri batandatu nabo basabiwe ‘ibihano by’akazi’ mu minsi iri tsinda rya MINEDUC rimaze mu karere ka Kirehe ndetse bamwe baranabihawe.

Itsinda rya MINEDUC ryagiye rigaragaza impamvu risaba impinduka mu buyobozi bwa biriya bigo.

Itsinda rya MINEDUC ryagiye rigaragaza impamvu risaba impinduka mu buyobozi bwa biriya bigo.

Sr: Umuseke

 

2018-05-16
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida wa Tanzania Magufuli yirukanye abakozi ba Leta ibihumbi 10 bahawe akazi badakwiye gukora

Perezida wa Tanzania Magufuli yirukanye abakozi ba Leta ibihumbi 10 bahawe akazi badakwiye gukora

Editorial 29 Apr 2017
Abaturage b’umurenge wa Kagogo basabwe kwirinda ibintu byose byateza impanuka mu kiyaga cya Burera

Abaturage b’umurenge wa Kagogo basabwe kwirinda ibintu byose byateza impanuka mu kiyaga cya Burera

Editorial 22 Aug 2017
Polisi yasabye Abanyarwanda kuzagaragaza umutuzo mu gihe cy’irahira rya Perezida Kagame

Polisi yasabye Abanyarwanda kuzagaragaza umutuzo mu gihe cy’irahira rya Perezida Kagame

Editorial 17 Aug 2017
Prophet Bosco yahakanye yivuye imyuma ibyamuvuzweho  ko yavuze kuri Apôtre Gitwaza

Prophet Bosco yahakanye yivuye imyuma ibyamuvuzweho ko yavuze kuri Apôtre Gitwaza

Editorial 29 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Gukabya kw’Akazu ka Museveni biragaragaza itutumba rigamije guhirika ingoma ye

Gukabya kw’Akazu ka Museveni biragaragaza itutumba rigamije guhirika ingoma ye

13 Feb 2019
Uko Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda wapfubye

Uko Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda wapfubye

13 Feb 2019
Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu,  Abanyamahanga  bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera

Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu, Abanyamahanga bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera

11 Feb 2019
Mu basilikare 65, Museveni yazamuye mu ntera,  Kandiho wa CMI ntarimo !

Mu basilikare 65, Museveni yazamuye mu ntera, Kandiho wa CMI ntarimo !

08 Feb 2019
Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse

Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse

07 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dore Ibyamamare byashyize hanze Amafoto yabo n’Abakunzi babo kuri St Valentine

Dore Ibyamamare byashyize hanze Amafoto yabo n’Abakunzi babo kuri St Valentine

15 Feb 2019
Dusingizimana  yabuze ubufasha  bw’amadolari 1 270$ ngo yitabire umurage Mpuzamahanga wa ba Miss muri Singapul

Dusingizimana  yabuze ubufasha  bw’amadolari 1 270$ ngo yitabire umurage Mpuzamahanga wa ba Miss muri Singapul

14 Feb 2019
Mutesi Jolly ngo ntiyigeze yitukuza; biterwa na camera

Mutesi Jolly ngo ntiyigeze yitukuza; biterwa na camera

13 Feb 2019
Umunyamidelikazi w’umunyarwanda Mimi Mirage uherutse guha imodoka Mwiseneza Josiane yavuze uburyo asa na Tanasha

Umunyamidelikazi w’umunyarwanda Mimi Mirage uherutse guha imodoka Mwiseneza Josiane yavuze uburyo asa na Tanasha

13 Feb 2019
MTN yahembye umwana waririmbye indirimbo ‘God will make a way’ ya Don Moen

MTN yahembye umwana waririmbye indirimbo ‘God will make a way’ ya Don Moen

13 Feb 2019
Nimwiza Meghan ni we Miss Rwanda 2019

Nimwiza Meghan ni we Miss Rwanda 2019

27 Jan 2019
Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo

Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo

25 Jan 2019

SONDAGE

N'ikihe gihugu uha amahirwe yo gutwara igikombe cy'isi?

View Results

Loading ... Loading ...

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Phones: +250 788350655, +250 788501831
Emails: info@rushyashya.net , rushyashya@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2017, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru