• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwemeje ko Bazeye na Abega bayoboraga FDLR barimo gutanga ‘amakuru akomeye’   |   21 Feb 2019

  • David Himbara ari gukwirakwiza inyandiko z’ibinyoma k’u Rwanda, abifashijwemo na Museveni kuri ubu babanye nk’Amazi n’Ifu   |   20 Feb 2019

  • Afrika y’epfo habaye umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya cyangwa Osama Bin Laden w’u Rwanda   |   20 Feb 2019

  • Perezida Paul Kagame yavuze ko nyuma y’ibihe bikomeye u Rwanda rwaciyemo, rwahisemo kubakira ku mahitamo y’aho rwifuza kugana   |   19 Feb 2019

  • Umwaka udasanzwe ku ihakana rya Jenoside   |   18 Feb 2019

  • Perezida Kagame yagaragaje aho ibibazo by’umubano w’u Rwanda na Uganda bituruka   |   18 Feb 2019

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Ibigo by’itumanaho byongereye imbaraga mu gukwirakwiza internet ya 4G muri Afurika

Ibigo by’itumanaho byongereye imbaraga mu gukwirakwiza internet ya 4G muri Afurika

Editorial 26 Sep 2018 IKORANABUHANGA

Ibigo bicuruza serivisi z’itumanaho muri Afurika bikomeje kwaguka ari nako bikangukira gushora imari mu gukwirakwiza internet ya 4G ku bakiliya bayo.

Imishinga yo gukwirakwiza 4G-LTE muri Afurika imaze gutangizwa n’ibigo 103 mu bihugu 35; ibindi 11 na byo bikomeza gutanga serivisi zo kuyagura.

U Burayi bumaze imyaka 10 butangije internet ya 3G na 4G mu gihe muri Afurika ihamaze imyaka igera kuri itanu.

Niger iri mu bihugu byatangiye gukoresha internet ya 4G ku wa 23 Mata, ibifashijwemo n’Ikigo cy’Itumanaho cya Airtel. Aya masezerano bafitanye angana na miliyoni 18,3 z’amayero.

Mu mwaka wa mbere Airtel Niger izahaza Umujyi wa Niamey. Internet ya 4G izaba ikoreshwa n’abaturage ba Niger bagera kuri 90% izabageraho mu myaka itanu.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Ubushakashatsi muri Afurika no mu Burasirazuba bwo Hagati cya Xalam Analytics, Guy Zibi, yavuze ibigo byinshi byahaye imbaraga kwagura internet ya 4G kurusha serivisi zo guhamagarana.

Jeune Afrique yanditse ko Ikigo cy’Itumanaho cya Orange giteganya gushora 20% muri miliyari y’amayero gikoresha buri mwaka muri Afurika.

Mu 2016 cyashoye miliyoni 75 z’amayero muri Jumia (Africa Internet Group) iyoboye ubucuruzi bwo kuri internet muri Afurika. Kuva mu mwaka ushize, Orange yashyize miliyoni 50 z’amayero mu iterambere ry’imishinga mito yo kuri uyu mugabane.

Orange imaze gutangiza 4G mu bihugu 12 bya Afurika birimo Ibirwa bya Maurice (2013), Maroc (2015), Côte d’Ivoire na Misiri (2017). Iri kuganira na Burkina Faso.

Perezida wa Orange, Bruno Mettling yatangaje ko yanyuzwe n’iterambere rimaze kugerwaho.

Ati “Afurika yose ikeneye internet yihuta. Ni ingenzi ku iterambere ry’ikoranabuhanga n’irya serivisi. »

Ingo 75% muri Afurika zigerwaho na internet hifashishijwe telefoni zigezweho.

Xalam Analytics yagaragaje ko umubare wa telefoni zikoresha 4G wikubye kabiri hagati ya 2016 na 2017, ugera kuri simcard zikora miliyoni 73.

Urebye uko ibihugu bikoresha internet ya 4G, umuyoboro wayo uri ku kigero cya 95% mu Rwanda; Afurika y’Epfo kuri 80 %; Cameroun 40 % na Nigeria ifite 13 %.

Ibihugu bimwe bigorwa no guhuza imijyi n’ibyaro cyangwa gukoresha uburyo bwo munsi y’amazi mu bihugu bidakora ku nyanja ahakoreshwa fibre optique nka Madagascar.

Xalam yatangaje ko abagera kuri 5% batunze telefoni bakoreshaga 4G mu 2017. Mu Buhinde iyi mibare yageraga kuri 20%. Abakoresha internet ya 2G bagera kuri ½ cy’abatuye mu Burengerazuba bwa Afurika.

Ihuriro mpuzamahanga ry’Ibigo by’Itumanaho (GSMA) ryatangaje ko 3G ariryo koranabuhanga rikoreshwa cyane n’abatunze telefoni (42 %).

GSMA yagaragaje ko hari ibigo by’imishinga y’ikoranabuhanga 142 mu Burengerazuba bwa Afurika, irimo 5K Startups Hub (Côte d’Ivoire), MEST (Ghana), CC Hub (Nigeria) na CTIC Dakar (Sénégal).

Raporo y’Ikigo cya Ericsson gicuruza internet yagaragaje ko abagera kuri miliyoni 310 bo mu bihugu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara bazaba bakoresha internet ya 4G mu 2023 bavuye kuri miliyoni 30.

Abazaba bakoresha telefoni bazava kuri miliyoni 700 bakagera kuri miliyoni 990, muri bo abagera kuri miliyoni ebyiri bazaba bakoresha internet ya 5G mu 2023. Smartphone zikoreshwa zizava kuri miliyoni 340 zigere kuri miliyoni 850.

2018-09-26
Editorial

IZINDI NKURU

Kampala: Uruganda rutunganya amazi ya “Jibu” rwafunzwe

Kampala: Uruganda rutunganya amazi ya “Jibu” rwafunzwe

Editorial 20 Aug 2018
Ntibisanzwe muri Konka Group bazanye uburyo bwo gutanga inguzanyo kubikoresho byo murugo na Telefone [ VIDEO ]

Ntibisanzwe muri Konka Group bazanye uburyo bwo gutanga inguzanyo kubikoresho byo murugo na Telefone [ VIDEO ]

Editorial 08 May 2018
Hagiye kuzajya hakoreshwa ikoranabuhanga mu gutunganya impu

Hagiye kuzajya hakoreshwa ikoranabuhanga mu gutunganya impu

Editorial 06 Feb 2018
MTN yagabanyije ibiciro byo kohererezanya amafaranga kuri Mobile Money

MTN yagabanyije ibiciro byo kohererezanya amafaranga kuri Mobile Money

Editorial 22 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Gukabya kw’Akazu ka Museveni biragaragaza itutumba rigamije guhirika ingoma ye

Gukabya kw’Akazu ka Museveni biragaragaza itutumba rigamije guhirika ingoma ye

13 Feb 2019
Uko Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda wapfubye

Uko Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda wapfubye

13 Feb 2019
Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu,  Abanyamahanga  bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera

Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu, Abanyamahanga bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera

11 Feb 2019
Mu basilikare 65, Museveni yazamuye mu ntera,  Kandiho wa CMI ntarimo !

Mu basilikare 65, Museveni yazamuye mu ntera, Kandiho wa CMI ntarimo !

08 Feb 2019
Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse

Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse

07 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dore Ibyamamare byashyize hanze Amafoto yabo n’Abakunzi babo kuri St Valentine

Dore Ibyamamare byashyize hanze Amafoto yabo n’Abakunzi babo kuri St Valentine

15 Feb 2019
Dusingizimana  yabuze ubufasha  bw’amadolari 1 270$ ngo yitabire umurage Mpuzamahanga wa ba Miss muri Singapul

Dusingizimana  yabuze ubufasha  bw’amadolari 1 270$ ngo yitabire umurage Mpuzamahanga wa ba Miss muri Singapul

14 Feb 2019
Mutesi Jolly ngo ntiyigeze yitukuza; biterwa na camera

Mutesi Jolly ngo ntiyigeze yitukuza; biterwa na camera

13 Feb 2019
Umunyamidelikazi w’umunyarwanda Mimi Mirage uherutse guha imodoka Mwiseneza Josiane yavuze uburyo asa na Tanasha

Umunyamidelikazi w’umunyarwanda Mimi Mirage uherutse guha imodoka Mwiseneza Josiane yavuze uburyo asa na Tanasha

13 Feb 2019
MTN yahembye umwana waririmbye indirimbo ‘God will make a way’ ya Don Moen

MTN yahembye umwana waririmbye indirimbo ‘God will make a way’ ya Don Moen

13 Feb 2019
Nimwiza Meghan ni we Miss Rwanda 2019

Nimwiza Meghan ni we Miss Rwanda 2019

27 Jan 2019
Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo

Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo

25 Jan 2019

SONDAGE

N'ikihe gihugu uha amahirwe yo gutwara igikombe cy'isi?

View Results

Loading ... Loading ...

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Phones: +250 788350655, +250 788501831
Emails: info@rushyashya.net , rushyashya@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2017, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru