• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
Inkuru zigezweho
  • David Himbara ari gukwirakwiza inyandiko z’ibinyoma k’u Rwanda, abifashijwemo na Museveni kuri ubu babanye nk’Amazi n’Ifu   |   20 Feb 2019

  • Afrika y’epfo habaye umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya cyangwa Osama Bin Laden w’u Rwanda   |   20 Feb 2019

  • Perezida Paul Kagame yavuze ko nyuma y’ibihe bikomeye u Rwanda rwaciyemo, rwahisemo kubakira ku mahitamo y’aho rwifuza kugana   |   19 Feb 2019

  • Umwaka udasanzwe ku ihakana rya Jenoside   |   18 Feb 2019

  • Perezida Kagame yagaragaje aho ibibazo by’umubano w’u Rwanda na Uganda bituruka   |   18 Feb 2019

  • Dore Ibyamamare byashyize hanze Amafoto yabo n’Abakunzi babo kuri St Valentine   |   15 Feb 2019

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yasobanuye impamvu Kabila atitabiriye inama ku bibazo by’igihugu cye

Perezida Kagame yasobanuye impamvu Kabila atitabiriye inama ku bibazo by’igihugu cye

Editorial 18 Jan 2019 POLITIKI

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila yabwiye mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame unayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, ko adashobora kuva mu gihugu kubera ibibazo bihari.

Perezida Kagame yagarutse ku kiganiro bagiranye ubwo yari ayoboye inama nyunguranabitekerezo yabaye kuri uyu wa Kane i Addis Abeba muri Ethiopia, yiga ku bibazo biri muri Repubulika Iharanira ya Demokarasi ya Congo nyuma y’amatora ya Perezida aheruka.

Iyo nama yabereye ku cyicaro cya AU ihuza abakuru b’ibihugu na za Guverinoma 16.

Ubwo Kagame yafunguraga iyo nama, yavuze ko Kabila atabashije kuyitabira kubera ko umwuka uri mu gihugu.

Yagize ati “Ubwo nateguraga iyi nama, navuganye na Perezida Joseph Kabila na we mugezaho ubutumire. Yambwiye ko na we yifuzaga kuza ariko kubera umwuka uri mu gihugu bitamushobokera kuza.”

Ngo Kabila yamwijeje “kohereza intumwa zikitabira ibi biganiro, byanashoboka zikatugezaho ishusho y’uko ibintu byifashe n’icyo bifuza ko twabafasha mu byo bashaka kugeraho.”

Perezida Kagame yavuze ko ajya gutumiza iyo nama, yabanje kugisha inama abandi bakuru b’ibihugu bya Afurika by’umwihariko abo mu bihugu bituranye na Congo ndetse n’Umuyobozi wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat.

Yavuze ko abaturage n’abayobozi ba Congo bemera ko ibibazo biri muri icyo gihugu batabyishiboza badahawe ubufasha n’abaturanyi.

Ati “Twatekereje ko byaba byiza kugira iyi nama nyunguranabitekerezo kugira ngo duhe agaciro ibiri kubera muri icyo gihugu kigize umugabane wacu. Abaturage n’abayobozi b’icyo gihugu biteze ko abaturanyi n’ibindi bihugu kuri uyu mugabane bazifatanya nabo mu gushakira igisubizo ibibazo Congo ifite ubu.”

Perezida Kagame yavuze ko abanyafurika igihe badashyize hamwe ngo bashakire hamwe ibisubizo by’ibibazo bafite, baba bari guha urwaho abanyamahanga.

Ati “Iyo tudashakiye hamwe ibisubizo by’ibibao byacu nka gutya, biba ari uburyo bwo guha ikaze abanyamahanga ngo baze kwivanga abe ari bo badushakira ibisubizo. Uburyo bumwe bwo kubyirinda, natekereje ko ari ugukora iyi nama.”

Yashimiye abayobozi b’Umuryango w’Ubukungu bw’Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika (SADC) byatangiye gushakira ibisubizo imvururu ziri muri Congo, ashimangira ko nibafatanya bazabona umuti urambye.

Mu matora yabaye ku wa 30 Ukuboza 2018, mu majwi y’agateganyo yatangajwe na Komisiyo y’amatora ku wa 10 Mutarama 2019, umukandida utavuga rumwe n’ubutegetsi, Félix Tshisekedi ni we watsinze n’amajwi 38.57%.

Icyakora intsinzi ye ntiyishimiwe na Martin Fayulu na we wari umukandida w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi wamuguye mu ntege n’amajwi 34.83%, wahise anitabaza Urukiko rurengera Itegeko Nshinga.

Mu iburanisha ryabaye ku wa Kabiri, Ubushinjacyaha bwasabye urukiko kutakira ikirego cya Fayulu usaba ko amajwi yongera kubarurwa, kuko nta bimenyetso bifatika afite byerekana ko bitakozwe mu mucyo, bunasaba ko intsinzi ya Tshisekedi yemezwa burundu.

Ibintu byarushijeho gukomera ubwo Inama y’abepiskopi gatolika muri icyo gihugu yatangazaga ko ibyabonywe n’indorerezi zayo mu matora bihabanye n’ibyatangajwe na Komisiyo y’amatora.

Mu gihe abaturage bategereje umwanzuro w’urukiko, hari ubwoba bwinshi ko havuka ubugizi bwa nabi butewe n’abatishimiye ibyavuye mu matora ndetse n’imikirize y’urubanza.

Perezida Kagame ubwo yagiranaga ikiganiro na Joseph Kabila i Rubavu muri Kanama 2016

2019-01-18
Editorial

IZINDI NKURU

BREAKING: Perezida ‪ Kagame‬ yambitswe umudari w’Ikirenga mu gihugu cya Guinea Konakry aho yageze mu ruzinduko

BREAKING: Perezida ‪ Kagame‬ yambitswe umudari w’Ikirenga mu gihugu cya Guinea Konakry aho yageze mu ruzinduko

Editorial 12 Mar 2016
Amerika: Perezida Kagame yasubije uburyo yatsinze amatora ku kigero cyo hejuru mu matora aheruka namajwi, 98,7%  [ VIDEO ]

Amerika: Perezida Kagame yasubije uburyo yatsinze amatora ku kigero cyo hejuru mu matora aheruka namajwi, 98,7% [ VIDEO ]

Editorial 21 Sep 2017
New York: Perezida Kabila yamaganye kwivanga kw’amahanga anasaba ko ingabo za Monusco ziva muri Congo

New York: Perezida Kabila yamaganye kwivanga kw’amahanga anasaba ko ingabo za Monusco ziva muri Congo

Editorial 26 Sep 2018
AU yemeje gukosora inyito yakoreshaga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

AU yemeje gukosora inyito yakoreshaga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 03 Jul 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Emmy
    January 18, 201910:06 am -

    Nukuri abavandimwe bacu ba Congo bakwiye gushyira mu gaciro bakirinda ibyabateza amacakubiri ayariyo yose bakubaka igihugu cyabo cyiza.Intambara irasenya ntiyubaka.Twizere ko abakuru bibihugu byacu bazabafasha kubyitwaramo neza. izaba ari intsinzi ya Africa pe

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Gukabya kw’Akazu ka Museveni biragaragaza itutumba rigamije guhirika ingoma ye

Gukabya kw’Akazu ka Museveni biragaragaza itutumba rigamije guhirika ingoma ye

13 Feb 2019
Uko Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda wapfubye

Uko Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda wapfubye

13 Feb 2019
Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu,  Abanyamahanga  bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera

Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu, Abanyamahanga bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera

11 Feb 2019
Mu basilikare 65, Museveni yazamuye mu ntera,  Kandiho wa CMI ntarimo !

Mu basilikare 65, Museveni yazamuye mu ntera, Kandiho wa CMI ntarimo !

08 Feb 2019
Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse

Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse

07 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dore Ibyamamare byashyize hanze Amafoto yabo n’Abakunzi babo kuri St Valentine

Dore Ibyamamare byashyize hanze Amafoto yabo n’Abakunzi babo kuri St Valentine

15 Feb 2019
Dusingizimana  yabuze ubufasha  bw’amadolari 1 270$ ngo yitabire umurage Mpuzamahanga wa ba Miss muri Singapul

Dusingizimana  yabuze ubufasha  bw’amadolari 1 270$ ngo yitabire umurage Mpuzamahanga wa ba Miss muri Singapul

14 Feb 2019
Mutesi Jolly ngo ntiyigeze yitukuza; biterwa na camera

Mutesi Jolly ngo ntiyigeze yitukuza; biterwa na camera

13 Feb 2019
Umunyamidelikazi w’umunyarwanda Mimi Mirage uherutse guha imodoka Mwiseneza Josiane yavuze uburyo asa na Tanasha

Umunyamidelikazi w’umunyarwanda Mimi Mirage uherutse guha imodoka Mwiseneza Josiane yavuze uburyo asa na Tanasha

13 Feb 2019
MTN yahembye umwana waririmbye indirimbo ‘God will make a way’ ya Don Moen

MTN yahembye umwana waririmbye indirimbo ‘God will make a way’ ya Don Moen

13 Feb 2019
Nimwiza Meghan ni we Miss Rwanda 2019

Nimwiza Meghan ni we Miss Rwanda 2019

27 Jan 2019
Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo

Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo

25 Jan 2019

SONDAGE

N'ikihe gihugu uha amahirwe yo gutwara igikombe cy'isi?

View Results

Loading ... Loading ...

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Phones: +250 788350655, +250 788501831
Emails: info@rushyashya.net , rushyashya@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2017, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru