• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ese abacengezi baba bongeye gutera igihugu

Ese abacengezi baba bongeye gutera igihugu

Ubwanditsi 07 Feb 2016 Mu Mahanga

Nyuma y’ubwicanyi bwa bereye i ndera abantu bakomeje kwibaza niba ari abacengezi baba bongoye gutera igihugu nkibyabaye hagati ya 1996- 97 mu ntara y’Amajyaruguru.

Polisi y’u Rwanda iravuga ko ifunze abantu 13 bakurikiranweho kugira uruhare muri ubu bugizi bwanabi bwo gutemagura abaturage bo mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo.

Abagizi ba nabi bateye ingo zitandukanye zo mu midugudu ine yo mu tugali dutatu, bakomeretsa abantu, ndetse n’abandi bahururaga, mu ijoro ryo kuri uyu wa 1 Gashyantare 2015.

Ikigaragara ni uko abo bagizi na nabi batari bagamije kwiba kuko aho bageze hose nta kintu bibye, nk’uko bitangazwa n’abaturage .

Bavuga ko abo bantu batemaga bakoresheje imihoro, abandi bagakoresha za ferabeto n’inyundo zihonda amabuye, bakabikubita abo muri izo ngo cyo kimwe n’abazaga baje gutabara.

Nyuma y’iri sanganya, polisi yahise ikora umukwabo w’abadafite ibyangombwa, ita muri yombi ababarirwa muri 38, ariko abakekwaho uruhare muri ibyo bikorwa ni 13, nk’uko Umuyobozi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, ACP Elias Mwesigye abitangaza.

-1991.jpg

ACP Elias Mwesigye

ACP Mwesigye avuga ko aba bagizi ba nabi bagerageje no gufata ku ngufu umukobwa, ariko bateshwa n’abashinzwe umutekano bataragera ku ngingo.

Akimana Rachel watemaguwe amaboko n’itako utuye mu Kagari ka Kibenga avuga ko mu masaha ya saa yine z’ijoro yari yicaye mu ruganiriro yumva abantu bakubise urugi barinjira bahita bamutemagura

“Uko nabibonye nabonye atari abajura, kuko abajura baba bagenzwa ahanini no kwiba ariko aba bo batemanaga gusa.”

Hagumakubaho Jean de Dieu utuye mu Mudugudu wa Buhoro we avuga ko yari agiye gutabara umuturanyi we wari watewe, ahageze bahita bamutemagura mu mutwe.

Uku ni ko yabibwiye ikinyamakuru Izuba Rirashe, aho yari ari mu kigo nderabuzima cya Rubungo, ati “Twumvise induru turahurura, tugeze hanze tuhasanga abantu tugira ngo ni abo duhururanye, dusanga ahubwo tuguye mu gico cy’abo bagizi ba nabi, bahita bantemagura mu mutwe no ku maboko.”

Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Rubungo, Mukamana Josiane, avuga ko bakiriye inkomere 9.

Babiri muri abo icyenda bidatinze boherejwe ku bitaro bya Kibagabaga kuko bari barembye, umwe baramuvura arataha, nk’uko Mukamana akomeza abitangaza.

Inzego zitandukanye zirimo ubuyobozi bw’ibanze, igipolisi n’igisirikari, babyutse bakoresha inama abaturage ku biro by’Umurenge wa Ndera ndetse no ku Mulindi, baganira kuri iki kibazo.

Ubuyobozi bushimangira ko usibye abakomerekejwe, nta muntu n’umwe wasize ubuzima muri icyo gitero.

Umuyobozi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, ACP Elias Mwesigye, yijeje abaturage ko Polisi igiye guhiga bukware abo bajura, aho yemeza ko intambara y’ibisambo atari yo yabananira.

Ntiyumva impamvu ibi biba kandi hari inzego zitandukanye zicunga umutekano zirimo abapolisi bakorera ku murenge, DASSO, inkeragutabara ndetse n’abandi bashinzwe amarondo, ati “twakozwe n’isoni.”

Hari abavuga ko abagabye icyo gitero ari ibisambo, ariko umuyobozi w’Ingabo mu Mujyi wa Kigali, Brig. Gen. Denis Rutaha, ntabyumva kimwe na bo.

-1992.jpg

Brig. Gen. Denis Rutaha Umuyobozi w’Ingabo mu Mujyi wa Kigali na Minisitiri James Kabarebe

Yagize ati “Ibisambo ni ibitwara imitungo ariko aba bantu ukuntu nababonye, ntabwo ari imitungo bashaka gusa barashaka n’amaraso y’Abanyarwanda. Abantu badatinya kuvusha amaraso, n’uko mutabonye abantu batemwe, uretse ko ari Imana yatumye bariho bari kuba batakiriho. Mubite ibisambo mubite iki twe hari uko twababonye.”

Ni mu gihe abayobozi batandukanye bagaragaje ko insoresore zirirwa zinywa urumogi zinakina urusimbi muri uyu Murenge wa Ndera ari zo ziri inyuma y’iki kibazo.

-1989.jpg

-1988.jpg

-1987.jpg

Abaturage batemwe n’abagizi banabi

-1990.jpg

Abaturage bakoreshwa inama y’umutekano

2016-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iby’abapfu biribwa n’abapfumu koko: Nahimana Thomas yongeye gukusanya imisanzu y’ibigarasha n’interahamwe ngo aje kuba Perezida w’u Rwanda!

Iby’abapfu biribwa n’abapfumu koko: Nahimana Thomas yongeye gukusanya imisanzu y’ibigarasha n’interahamwe ngo aje kuba Perezida w’u Rwanda!

Ubwanditsi 09 Nov 2023
“U Rwanda ni igihugu cy’Agaciro gikwiye kuyoborwa n’umugabo, inzererezi zizagume kuri Internet” – Umusomyi wa Rushyashya

“U Rwanda ni igihugu cy’Agaciro gikwiye kuyoborwa n’umugabo, inzererezi zizagume kuri Internet” – Umusomyi wa Rushyashya

Ubwanditsi 05 Jul 2021
Umwiherero wa 13 uzibande cyane kureba niba imyanzuro y’uw’ubushize yarashyizwe mu bikorwa

Umwiherero wa 13 uzibande cyane kureba niba imyanzuro y’uw’ubushize yarashyizwe mu bikorwa

Ubwanditsi 12 Mar 2016
Ni gute ikoranabuhanga rifasha Polisi y’u Rwanda gutunganya neza imirimo yayo

Ni gute ikoranabuhanga rifasha Polisi y’u Rwanda gutunganya neza imirimo yayo

Ubwanditsi 12 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Prof. Nshuti Manasseh Asesengura Umubano W’u Rwanda Na Uganda Ashingiye Ku Makuru Y’imvaho
ITOHOZA

Uko Prof. Nshuti Manasseh Asesengura Umubano W’u Rwanda Na Uganda Ashingiye Ku Makuru Y’imvaho

Ubwanditsi 13 Apr 2019
Perezida Kagame yasuye icyambu cya Doraleh muri Djibouti, kimwe mu bikomeye muri Afurika
POLITIKI

Perezida Kagame yasuye icyambu cya Doraleh muri Djibouti, kimwe mu bikomeye muri Afurika

Ubwanditsi 19 Apr 2017
Mu mikino ine ya shampiyona yakinwe yabonetsemo ibitego 17, Manizabayo Eric uzwi nka Karadio yegukanye Gisaka Race
Amakuru

Mu mikino ine ya shampiyona yakinwe yabonetsemo ibitego 17, Manizabayo Eric uzwi nka Karadio yegukanye Gisaka Race

Ubwanditsi 02 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru