• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame yegukanye igihembo mu guharanira iterambere k’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga

Perezida Kagame yegukanye igihembo mu guharanira iterambere k’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga

Ubwanditsi 14 Nov 2016 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame yashyikirijwe igihembo kubera guharanira iterambere rishingiye ku bumenyi n’ikoranabuhanga mu Rwanda no muri Afurika.

Iki gihembo Umukuru w’Igihugu yagishyikirijwe kuri uyu wa Mbere tariki 14 Uguhshyingo 2016 ubwo yafunguraga ku mugaragaro inama ya 27 y’ikigo Mpuzamahanga giteza imbere Ubumenyi (TWAS) ibera muri Kigali Convention Centre.

TWAS ifite intego yo guteza imbere ubumenyi n’ubushakashatsi hagamijwe iterambere rirambye mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere.

Yakira iki gihembo, Perezida Kagame yagize ati “Igihembo duhawe ni icy’Abanyarwanda bose bakoze cyane kugira ngo igihugu kigere aho kigeze ubu. Kuva kera, abantu bagiye bifashisha ubumenyi kugira ngo bagere ku bisubizo by’ibibazo babaga bafite.”

Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko ubumenyi bugira uruhare rukomeye mu iterambere, bukanafasha mu kugabanya itandukaniro hagati y’ibihugu bikize n’ibikennye, yongeraho ko TWAS ari ikimenyetso cy’imbaraga ndetse n’umumaro w’ubufatanye hagati y’ibihugu biri mu nzira y’amajyambere.

Perezida Kagame kandi yagaruka ku cyerekezo cy’u Rwanda aho yagize ati “Gufungura amarembo yacu, kugena ibyadufasha no gukoresha ubumenyi mu kugera ku byo twifuza kugira ngo icyerekezo cy’igihugu kigerweho, bisaba ishoramari mu nzego n’ibikorwaremezo by’uburezi, ubufatanye n’ubushakashatsi.”

Yemereye abitabiriye iyi nama ko u Rwanda ruzakomeza gutanga ubufasha bukenewe kugira ngo ubufatanye nk’ubu bugere ku ntego zifuzwa.

Yunzemo ati “Umugabane wacu ukeneye byihutirwa kongera umubare w’abahanga mu by’ubumenyi. Za Guverinoma zigomba gukora ibyo zisabwa kandi zigafasha n’inzego z’abikorera kubigiramo uruhare. Tugomba gushyira imbaraga mu mpinduka zigamije kutugeza ku ntego z’ubukungu n’iterambere rirambye.

Umukuru w’Igihugu avuga ko imitekerereze ya gihanga ituma abantu baba beza, ati “Imikorere ya gihanga ntiyita ku macakubiri no kurebera abandi mu ndererwamo zinyuranye ari byo bidindiza iterambere. Agaciro dusangiye nk’abantu gakwiye kwitabwaho. Ntawe ukwiye guhezwa mu rwego rw’ubumenyi n’ubushakashatsi.”

Yasoje ashimira ashimira Ikigo Mpuzamahanga giteza imbere Ubumenyi (TWAS) kuba cyarahisemo inama ngarukamwaka ya 27 mu Rwanda.

-4659.jpg

-4658.jpg

-4660.jpg

-4653.jpg

Perezida Kagame ageza ijambo ku bitabiriye inama ya 27 y’ikigo Mpuzamahanga giteza imbere Ubumenyi (TWAS)

2016-11-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Cristiano yongeye kwandika amateka mu mikino ya Euro ubwo yafashaga Portugal kugera muri 1/8, uko amakipe azahura.

Cristiano yongeye kwandika amateka mu mikino ya Euro ubwo yafashaga Portugal kugera muri 1/8, uko amakipe azahura.

Ubwanditsi 24 Jun 2021
Abatavuga Rumwe Na Leta Ya Nkurunziza Babwiwe Ko Bazakurwa Amajigo

Abatavuga Rumwe Na Leta Ya Nkurunziza Babwiwe Ko Bazakurwa Amajigo

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Kayumba Nyamwasa Yivuyemo nk’inopfu, ahishura ko Abanyarwanda batazi icyo ikiryabarezi cye RNC giharanira.

Kayumba Nyamwasa Yivuyemo nk’inopfu, ahishura ko Abanyarwanda batazi icyo ikiryabarezi cye RNC giharanira.

Ubwanditsi 26 Dec 2021
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasabye abakinnyi ba Police FC  intsinzi mu irushanwa nyafurika

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasabye abakinnyi ba Police FC intsinzi mu irushanwa nyafurika

Ubwanditsi 19 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije
Amakuru

Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije

RUSHYASHYA 11 Mar 2026
MARASA Umubano Hotel Kigali wishes a Happy Birthday H.E. Paul Kagame
Mu Rwanda

MARASA Umubano Hotel Kigali wishes a Happy Birthday H.E. Paul Kagame

Ubwanditsi 23 Oct 2017
# Umwiherero :  ‘Niba ushobora guhaguruka ukavuga ko ari wowe kamara ‘, uri gusenya ikiduhuriza hamwe- Kagame [ VIDEO ]
Mu Mahanga

# Umwiherero : ‘Niba ushobora guhaguruka ukavuga ko ari wowe kamara ‘, uri gusenya ikiduhuriza hamwe- Kagame [ VIDEO ]

Ubwanditsi 01 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru