• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Imyambarire y’Abakobwa biki gihe : ‘Kwica umuco, gucumuza abagabo babareba ,Abakobwa babivugaho iki?

Imyambarire y’Abakobwa biki gihe : ‘Kwica umuco, gucumuza abagabo babareba ,Abakobwa babivugaho iki?

Ubwanditsi 11 May 2017 Mu Rwanda

Amajipo (jupe) magufi bakunze kwita ‘impenure’; amapantalo abahambiriye rimwe na rimwe kola (Colant) zigaragaza imiterere y’igice cyo hasi. Ni imwe mu myambarire igezweho mu rubyiruko rw’abakobwa. Abo hambere babibona ntibabura kubashinja kwangiza umuco wo kwambara bakikwiza, abandi bakabashinja gucumuza igitsinagabo kubera iyi myambaro izamura inyumvanshaka z’abasore/abagabo.

-6535.jpg

Umuhanzi Sacha akunze gusohoka yambaye atya. Photo/Internet

Bamwe mu bakobwa bakunze kwambara iyi myambaro barimo abazwi nk’abahanzi na bo ubwabo ntibabivugaho rumwe gusa benshi muri bo bemeza ko ari uburenganzira bwabo.

Umuhanzi mu njyana ya Dancehall Mukasine Asinah akunze kugarukwaho cyane kubera imyambarire ye yiganjemo cyane iyambarwa n’ibyamamare bikomeye ku isi.

Mu birori byiswe ‘Entertainment Industry Night’ Asinah yinjiye ahari habereye ibirori bamwe bahita bamurangarira kubera ikanzu y’umukara ndende ibonerana cyane ku buryo yagaragazaga imyenda y’imbere yari yambariyeho.

-6536.jpg

Aganira na kimwe mu binyamakuru bikorera mu Rwanda, uyu muhanzikazi yavuze ko yahisemo kwitabira ibirori yambaye muri ubwo buryo kuko yabonye ari umudeli ujyanye n’ahantu igikorwa cyabereye ku mazi.

Bamwe mu bakobwa bagenzi be na bo batangaje ko iyi myenda idakwiye Umunyarwandakazi.

Kutavuga rumwe ku myambarire y’abakobwa si ibya none, bamwe bavuga ko ari uburenganzira bwabo guhitamo icyo Bambara.

Gusa bamwe mu bakuze bavuga ko imyambarire igaragaza bimwe mu bice by’umubiri by’ibanga by’umukobwa idakwiye umwari w’umunyarwandakazi.

Abagabo na bo bakavuga ko iyi myambarire ibacumuza kuko izamura ubushake bwo bwo kwifuza kuryamana n’abayambaye.

-6537.jpg

Abakobwa bo bisobanura bate?

Giramata Christelle utuye mu mujyi wa Kigali avuga ko imyenda myinshi bambara ari iyo baba babonanye ibyamamare ku mbuga nkoranyambaga .

Ati ” Imbuga nkoranyambaga zoroheje ibintu, zitanga amakuru uko tubyifuza, ku giti cyanjye mbere yo kujya mu isoko mbanza guca kuri instagram nkareba uko abandi bambaye nanjye nkabona kujya guhaha, birashoboka ko ntabona imyenda ihuye neza niyo nabonanye umuntu ariko ndagerageza nkashaka ijya kumera kimwe.”

Uyu munyarwandakazi we yemeza ko imyambarire ari yo igena icyubahiro cy’umukobwa.

Ati ” Burya umukobwa wiyubashye umumenyera ku bintu bitandukanye ariko cyane n’imyenda igarukamo, ni ingenzi cyane guhitamo imyenda ijyanye n’ibihe turimo, burya uzanarebe umukobwa wambaye neza akunze guhabwa service ahantu henshi kuko baba babona asobanutse bityo bigatuma bamwitaho.”

Uwineza Belise avuga ko n’ubwo ari byiza kwambara ibigezweho ariko na none ngo ni ingenzi cyane gushishoza.

Ati ” Nemera ko buri muntu agira ibyo akunda, si ngombwa ko umuntu yambara umwenda mugufi mu ruhame cyane cyane iyo uwo mwenda mubo ubangamiye nawe arimo.

-6538.jpg

Urugero nk’uwambara umwenda mugufi ukabona ntabasha gutambuka cyangwa se kwicara akaba adashobora gutakaza ikintu mu ntoki ngo yuname agitore cyangwa se akagenda amanura ngo byiyongere uburebure.”

Uyu munyarwandakazi avuga ko hari imyenda nk’iyi igezweho kandi idashobora kugira uwo ibangamira yaba uyambaye cyangwa abamubona.

Uwimana Chantal ni umubyeyi utuye mu mujyi wa Kigali avuga ko hari abakobwa batajya bemera kugirwa inama n’ababyeyi babo.

Avuga ko hari igihe habaho ubushyamirane hagati y’ababyeyi n’abakobwa buzamuwe n’imyenda baba bifuza kwambara, akagira inama abakobwa kumvira iby’ababyeyi babo.

Mugenzi we Umuhoza Natalie nawe yemeza ko abakobwa b’ubu bakwiye kumva inama z’abo bakomokaho kugira ngo bakomeze gusigasira umuco.

Gusa avuga ko hakwiye ubwumvikanye ku buryo ababyeyi na bo bakwiye kumva abakobwa babo kuko baba bagomba kugendana n’ibigezweho.

Ati ” Ndabizi neza ko igihe abyeyi bacu bari mu myaka nk’iyacu nabo barwanaga intambara nk’iyo turwana ubu, biranashoboka ko icyo gihe bumvaga bameze nk’uko ubu natwe tumeze ariko ubu noneho babaye ababyeyi. niyo mpamvu mbasaba kujya babumva rimwe na rimwe.”

Source : RwandaPaparazzi

2017-05-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imodoka zisaga 1,000 zakorewe isuzuma ry’ubuziranenge mu Ntara y’Amajyaruguru

Imodoka zisaga 1,000 zakorewe isuzuma ry’ubuziranenge mu Ntara y’Amajyaruguru

Ubwanditsi 08 May 2018
Umugambi wa Nkurunziza wo gutsemba abatutsi ushobora kuba ugiye gushyirwa mu bikorwa

Umugambi wa Nkurunziza wo gutsemba abatutsi ushobora kuba ugiye gushyirwa mu bikorwa

Ubwanditsi 04 Jun 2016
REG ifite umuyobozi mushya. Mugiraneza yasimbuwe na Weiss

REG ifite umuyobozi mushya. Mugiraneza yasimbuwe na Weiss

Ubwanditsi 17 May 2017
Guha Ijambo mu bitangazamakuru Barafinda Sekikubo ni ugushinyagura,RIB yasabye abanyamakuru kugira ubumuntu

Guha Ijambo mu bitangazamakuru Barafinda Sekikubo ni ugushinyagura,RIB yasabye abanyamakuru kugira ubumuntu

Ubwanditsi 29 Jul 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwanze kugira icyo ruvugana n’abadepite baturutse muri Israel
Mu Rwanda

U Rwanda rwanze kugira icyo ruvugana n’abadepite baturutse muri Israel

Ubwanditsi 11 Feb 2018
Ruhango: Gucunga nabi imali y’Akarere byirukanishije ku kazi Meya n’abamwungirije
Mu Rwanda

Ruhango: Gucunga nabi imali y’Akarere byirukanishije ku kazi Meya n’abamwungirije

Ubwanditsi 07 Mar 2018
Abasirikare bakekwaho kwica umuturage basabiwe gufungwa iminsi basigaje ku Isi
Mu Rwanda

Abasirikare bakekwaho kwica umuturage basabiwe gufungwa iminsi basigaje ku Isi

Ubwanditsi 08 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru