• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abapolisi bakuru biga mu ishuri rya Polisi y’u Rwanda (NPC) bari mu rugendoshuri muri Tanzaniya

Abapolisi bakuru biga mu ishuri rya Polisi y’u Rwanda (NPC) bari mu rugendoshuri muri Tanzaniya

Ubwanditsi 21 Jun 2017 Mu Rwanda

Abapolisi bakuru baturuka mu bihugu icyenda bya Afurika biga mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC) riri mu karere ka Musanze, batangiye urugendo shuri ruzamara icyumweru mu gihugu cya Tanzaniya, aho bateganya gusura ibigo bitandukanye birimo ibya Leta, ibyigenga n’inzego z’umutekano.

Uru rugendo shuri barutangiye kuwa mbere tariki ya 19 Kamena, aho basuye icyicaro gikuru cya Polisi ya Tanzaniya (Tanzania Police Force -TPF), bakaba barakiriwe n’umuyobozi mukuru wa Polisi ya Tanzaniya (Inspector General) Simon Sirro.

Mu ijambo yabagejejeho, yagarutse ku ruhare rw’imikoranire myiza y’ibihugu mu gukumira no kurwanya ibyaha no guhanahana ubumenyi.

Yagarutse kandi k’Ubumwe bwa Afurika, avuga ko abatuye ibihugu bya Afurika nabo bakwiye kugira ubumwe kugirango umugabane wacu urusheho kugira ubumwe no gutera imbere.

Aba banyeshuri banasobanuriwe uko umutekano wifashe muri Tanzaniya muri rusange, banasobanurirwa ibikunze kuwuhungabanya birimo ibyaha bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga, ubuhezanguni, ibyaha bishingiye ku kwangiza ibidukikije, n’ibiterwa n’amakimbirane ashingiye ku butaka.

Banasuye kandi ishuri rikuru rya Polisi ya Tanzaniya riri i Dar es Salaam, basura umutwe wa Polisi ya Tanzaniya ushinzwe guhosha imvururu, n’agashami kayo gashinzwe gukoresha imbwa n’indogobe mu kurwanya ibyaha bitandukanye.

Ku Ishuri rikuru rya Polisi ya Tanzaniya, basobanuriwe amasomo aritangirwamo, n’uko abaryigamo bagira uruhare mu bikorwa by’amahoro n’umutekano muri Tanzaniya muri rusange.

Ubwo basuraga umutwe wa Polisi ya Tanzaniya ushinzwe guhosha imvururu, beretswe uko abawugize bazihosha iyo hari aho zibaye.

Umuyobozi w’Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC) Commissioner of Police (CP) Félix Namuhoranye, yavuze ko gukora urugendo shuri nk’uru mu gihugu cya Tanzaniya ari umwanya mwiza wo kunguka ubumenyi n’ubunararibonye kuri aba banyeshuri.

Yavuze ati:”Turashimira byimazeyo umuyobozi mukuru wa Polisi ya Tanzaniya kuba yarasubije atazuyaje ubusabe bwacu, kandi tukanamushimira uko yakiriye abanyeshuri baje muri uru rugendo shuri.”

Yakomeje asobanura akamaro ko guhanahana ubumenyi n’ubunararibonye, kuko aribyo bituma ibihugu bya Afurika bigirana ubumwe kandi bigatuma Afurika ikomeza kurangwa n’amahoro n’umutekano, anasaba ko ubufatanye nk’ubu bwakomeza.

CP Namuhoranye yavuze ko uru rugendo shuri rufite insanganyamatsiko igira iti:”Iterambere, Imiyoborere myiza n’ubutabera, inkingi y’Amahoro n’Umutekano”, rutuma abanyeshuri bagirana ibiganiro, bakanahanahana ubunararibonye n’ impuguke n’abashakashatsi ndetse n’abayobozi bafata ibyemezo ku nzego zitandukanye, bigatuma bamenya uko ibyo bigiye mu ishuri bishyirwa mu bikorwa.

Biteganyijwe ko aba banyeshuri bazanasura ibindi bigo bitandukanye birimo, Minisiteri y’Imari n’igenamigambi, Ikigo gitunganyirizwamo bimwe mu bitumizwa mu mahanga (Export Processing Zone -EPZ), Uongozi Institute, Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga n’ibikorwa by’umuryango uhuza ibihugu bya Afurika y’uburasirazuba, Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibyambu (Tanzania Harbor Port Authority), Minisiteri y’ingabo, n’ibindi.

-7026.jpg

Uru rugendo shuri aba banyeshuri bakorera muri Tanzaniya, ruje rukurikira izindi bakoreye mu bigo bya Leta n’ibyigenga hano mu Rwanda.

2017-06-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hakuzimana Rashid yahamwe n’ibyaha byose aregwa, akatirwa gufungwa imyaka irindwi.

Hakuzimana Rashid yahamwe n’ibyaha byose aregwa, akatirwa gufungwa imyaka irindwi.

Ubwanditsi 08 Oct 2024
Guhera kuri RDR kugera kuri DALFA-Umurinzi: Impamvu Victoire Ingabire atigeze ahinduka

Guhera kuri RDR kugera kuri DALFA-Umurinzi: Impamvu Victoire Ingabire atigeze ahinduka

Ubwanditsi 26 Jul 2025
Umuhanzi Diamond arashinjwa ubusambanyi imihanda yose, Miss Burundi 2012 nawe yavuze ko yamuteye  inda y’Impanga aramutererana

Umuhanzi Diamond arashinjwa ubusambanyi imihanda yose, Miss Burundi 2012 nawe yavuze ko yamuteye inda y’Impanga aramutererana

Ubwanditsi 24 Sep 2017
Ikipe ya Zamalek yo mu Misiri yegukanye BAL yakinwaga bwa mbere, Patriots BBC yo mu Rwanda yasoje ku mwanya wa kane.

Ikipe ya Zamalek yo mu Misiri yegukanye BAL yakinwaga bwa mbere, Patriots BBC yo mu Rwanda yasoje ku mwanya wa kane.

Ubwanditsi 31 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame yaganiriye na Magufuli ku bucuruzi, ubuhahirane na politiki
POLITIKI

Kagame yaganiriye na Magufuli ku bucuruzi, ubuhahirane na politiki

Ubwanditsi 08 Mar 2019
Senegal yatangaje  abakinnyi 31 batarimo Sadio Mane bazavamo abazakina n’u Rwanda
Amakuru

Senegal yatangaje abakinnyi 31 batarimo Sadio Mane bazavamo abazakina n’u Rwanda

Ubwanditsi 31 Aug 2023
Umurambo wa Hubert Gashagaza wari umupolisi mukuru wasanzwe mu modoka, bikekwa ko yishwe
INKURU NYAMUKURU

Umurambo wa Hubert Gashagaza wari umupolisi mukuru wasanzwe mu modoka, bikekwa ko yishwe

Ubwanditsi 18 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru