• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abantu 10 bamaze kugwa mu myigaragambyo yamagana kwimurira Ambasade ya Amerika i Yeruzalemu

Abantu 10 bamaze kugwa mu myigaragambyo yamagana kwimurira Ambasade ya Amerika i Yeruzalemu

Editorial 14 May 2018 HIRYA NO HINO

Minisiteri y’Ubuzima muri Palestine yatangaje ko ingabo za Israel zimaze kwica Abanya-Palestine barenga icumi mu myigaragambyo yabimburiye umuhango wo kwimura Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Israel, ikava i Tel Aviv ikajyanwa i Yeruzalemu.

Kuri uyu wa Mbere nibwo Amerika ifungura Ambasade yayo i Yeruzalemu ariko Abanya-Palestine bamaganye icyo gikorwa binyuze mu myigaragambyo ikomeye.

Abategetsi bakuru bo muri Amerika bageze muri Israel kuri iki Cyumweru, barimo Minisitiri w’Imari Steven Mnuchin n’umukobwa wa Perezida wa Amerika Donald Trump, Ivanka n’umugabo we Jared Kushner.

Umwanzuro wa Trump wo kwimura Ambasade ya Amerika warakaje Abanya-Palestine bavuga ko Uburasirazuba bwa Yeruzalemu ari wo murwa mukuru wabo. Israel yahigaruriye mu 1948, mu ntambara yagejeje ku ishingwa rya Leta ya Israel.

Uyu mwanzuro Trump yafashe umwaka ushize wo kwemeza Yeruzalemu nk’umurwa mukuru wa Israel, wahise ugaragaza byeruye aho icyo gihugu gihagaze muri icyo kibazo, bitandukanye n’uko abamubanjirije babyitwayemo.

CNN yatangaje ko igisirikare cya Israel cyanyanyagije muri Gaza gikoresheje indege, inyandiko ziburira baturage kutegera urukuta rutandukanya Gaza na Israel. Kuva muri Werurwe, ingabo za Israel zimaze kuharasira abantu basaga 50 bagapfa, gusa nta munya-Israel uragwa muri icyo kibazo.

Aba bigaragambya bavuga ko bakeneye gusubira ku butaka bw’abasekuruza babo, Israel yo ikavuga ko iyo myigaragambyo yashowe n’umutwe wa Hamas uyobora Gaza kugeza ubwo Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Avigdor Lieberman, yavuze ko biteguye guhangana n’ibikorwa by’uwo mutwe “bigamije kudobya ibirori”.

Yagize ati “Icyo nisabira abaturage ba Gaza; ntimuhumwe amaso na Sinwar (Umuyobozi wa Hamas muri Gaza) uri kohereza abana banyu ngo batange ubuzima bwanyu mu bidafite akamaro. Turaza kurwana ku baturage bacu mu buryo bwose bushoboka kandi ntituratuma hari urenga uruzitiro.”

Hamas ihakana ibyo birego.

Umwe mu bigaragambya witwa Ali wanze gutangaza izina rya kabiri, yabwiye Reuters ati “Uyu munsi ni wo tugomba kurenga uruzitiro ngo tubwire Israel n’Isi yose ko tutazemera gutwarirwa ubutaka ubuziraherezo.”

“Uyu munsi abenshi bashobora guhorwa Imana, benshi cyane, ariko Isi iraza kumva ubutumwa bwacu. Kwigarurirwa bigomba kurangira.”

Palestine ivuga ko hakomeretse 500, naho mu bishwe harimo umwana w‘imyaka 14, abazize amasasu barashwe arenga 200.

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yavuze ko uyu ari “Umunsi ukomeye ku baturage ba Israel na Leta ya Israel.”

Minisitiri w’Intebe wa Palestine, Rami Hamdallah, we avuga ko kuba Trump yaremeje Yeruzalemu nk’umurwa mukuru wa Israel, akanimurirayo Ambasade ari “ukurenga bikomeye ku mategeko mpuzamahanga.”

Ibihugu byinshi bivuga ko Yeruzalemu nk’umujyi mutagatifu w’Abayahudi, Abayisilamu n’Abakirisitu ukwiye gufatwaho umwanzuro binyuze mu masezerano y’amahoro, ku buryo kwimurirayo ambasade byahita biyabangamira.

Uretse USA, na Guatemala iteganya kuhafungura Ambasade kuri uyu wa Gatatu, hakazakurikiraho Paraguay mbere y’uko uku kwezi kurangira.

 

Imyuka iryana mu maso yatewe muri Palestine ku bwinshi

 

Uyu mugore yirukaga mu myotsi ituruka ku mapine yacanwe n’abigaragambya

 

2018-05-14
Editorial

IZINDI NKURU

Urusaku rw’abafana ba Mwiseneza Josiane rwajegeje ahaberaga Miss Rwanda 2019 (Video)

Urusaku rw’abafana ba Mwiseneza Josiane rwajegeje ahaberaga Miss Rwanda 2019 (Video)

Editorial 06 Jan 2019
Ukurusha umugore akurusha urugo ; Mugabo menya ibiranga umugore mwiza

Ukurusha umugore akurusha urugo ; Mugabo menya ibiranga umugore mwiza

Editorial 19 Jan 2017
Guhura kwa Perezida Trump na Perezida Kim Jong-Un biraca amarenga yo kurangira kw’isi -Apôtre Dr Gitwaza

Guhura kwa Perezida Trump na Perezida Kim Jong-Un biraca amarenga yo kurangira kw’isi -Apôtre Dr Gitwaza

Editorial 28 Jun 2018
Abanyarwanda 13 bashimutiwe muri Uganda bajyanwa ahatazwi

Abanyarwanda 13 bashimutiwe muri Uganda bajyanwa ahatazwi

Editorial 02 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bufaransa bwageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi 2022, nyuma yo gusezerera Morocco ikazahura na Argentina ku mukino wa nyuma
Amakuru

U Bufaransa bwageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi 2022, nyuma yo gusezerera Morocco ikazahura na Argentina ku mukino wa nyuma

Editorial 15 Dec 2022
Samputu yitabiriye iserukiramuco rya “World Culture Open 2017 “ ahagarariye umugabane wa Afurika
SHOWBIZ

Samputu yitabiriye iserukiramuco rya “World Culture Open 2017 “ ahagarariye umugabane wa Afurika

Editorial 09 Nov 2017
Igisilikare cy’u Rwanda ‘RDF ‘ cyasobanuye iby’Umurundi bivugwa ko yarasiwe muri Rweru
Mu Rwanda

Igisilikare cy’u Rwanda ‘RDF ‘ cyasobanuye iby’Umurundi bivugwa ko yarasiwe muri Rweru

Editorial 31 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru