• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Afhamia Lotfi wahoze atoza Rayon Sports na Mukura yasinye muri Gicumbi FC, ahabwa inshingano zo kugeza iyi kipe mu myana 6 ya mbere   |   25 Jun 2026

  • AMAFOTO – APR FC yatangaje Uwiyaremye Fidali wakiniraga Intare FC nk’umukinnyi wayo mushya wiyongera kuri Rubuguza Jean Pierre wakiniraga Gicumbi FC   |   24 Jun 2026

  • Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka   |   24 Jun 2026

  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe   |   20 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Leta iraburira abanyarwanda ku bushukanyi bw’abiyita abahanuzi mu madini n’amatorero

Leta iraburira abanyarwanda ku bushukanyi bw’abiyita abahanuzi mu madini n’amatorero

Ubwanditsi 26 Sep 2018 HIRYA NO HINO

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), rwasabye abanyarwanda, cyane cyane abayoboke b’amatorero n’amadini kuba maso ku nyigisho zitangwa n’abiyita abahanuzi b’akataraboneka, nyamara bagamije kubayobya no kubacuza utwabo.

RGB ivuga ko hashize iminsi mu matorero n’amadini mu Rwanda humvikana bamwe mu bayobozi bayo biyita abahanuzi b’akataraboneka, bakabyifashisha baka abayoboke amaturo cyangwa bakabaha inyigisho zishobora kubayobya.

Abakurikiranira hafi iby’imyemerere n’amadini bavuga ko hari ubuhanuzi bw’abo babyiyitirira bubatera ubwoba kuko buba bugamije indoke z’amaturo cyangwa bukaba bwayobya abayoboke.

Umuvugizi wa Kiliziya Gatolika akaba n’umwepiskopi wa Diyosezi ya Butare, Philippe Rukamba, yabwiye IGIHE ngo “Hari ubuhanuzi buntera n’ubwoba busigaye buriho. Barakubwira bati ‘turahanura wowe Imana iragukiza ntuzongere no kunywa imiti, ntuzongere kureba muganga, emera gusa usenge.”

Rukamba yakomeje avuga ko ibyo ari ibinyoma.

Itangazo RGB yasohoye kuri uyu wa 25 Nzeri 2018, rimenyesha abanyarwanda n’abayoboke b’amadini n’amatorero ko bakwiye kuba maso kuri abo biyita abahanuzi, akenshi babyifashisha bagatwara abantu imitungo cyangwa bakayobya.

Hari aho rigira riti “Abantu basabwa amafaranga (amaturo) cyangwa imitungo yabo babwirwa ko uzatanga iby’umurengera ari we uzahabwa umwanya ukomeye mu ijuru.”

Risobanura ko hari n’ababuza abarwayi kwivuza, bakabishyuza, bababwira ko bazabasengera bagakira, abandi bagacuzwa utwabo babeshwa ko Imana izabishyurira imyenda bafite muri banki, cyangwa ikabatuza mu mahanga.

Si ibyo gusa kuko hari n’ababeshya abayoboke ko nibatanga amaturo runaka, bazazamurwa mu ntera mu mirimo yabo n’ibindi.

Iri tangazo ryashyizweho umukomo n’Umuyobozi Mukuru wa RGB, Prof. Shyaka Anastase, rinavuga ko hanagaragaye inyigisho zihabwa abayoboke zikabashyira mu bikorwa bibangamiye uburenganzira bw’ibanze bwa muntu.

Muri ibyo bikorwa harimo nko kwiyicisha inzara igihe kirekire basenga, bikabagiraho ingaruka zikomeye.

Urugero ni nk’Umukirisitu yafatiwe n’uburwayi mu cyumba cy’amasengesho cy’itorero rya Restoration Church riherereye i Masoro muri Mutarama uyu mwaka, bimuviramo urupfu.

RGB ivuga kandi ko hari ibindi bikorwa by’abo biyita abahanuzi, bishora abayoboke mu bibabaza umubiri nko kwitwika ngo bababare nkuko umwana w’Imana yababaye.

Ngo hari n’abandi bashuka abagore babuze urubyaro bakemera gusambana nabo, babizeza ko bazahita babyara n’ibindi.

Rikomeza rigira riti “Abayoboke b’amadini n’amatorero barasabwa kugira ubushishozi, bakirinda kwemera ibyo bizezwa n’abiyita abahanuzi b’ibitangaza bakamunga umutungo w’ingo zabo cyangwa bikagira ingaruka mbi ku buzima bwabo.”

RGB ikomeza isaba n’abayobozi b’amadini n’amatorero n’abakora umurimo wo kwigisha iyobokamana, gutanga inyigisho ziboneye kandi zifasha abanyarwanda kwirinda inyigisho zibangamira amahame y’uburenganzira bwa muntu cyangwa zinyuranya n’amategeko y’igihugu.

2018-09-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda:  Hamenyekanye ko Gen Tumukunde yajyanywe mu bitaro igitaraganya nyuma yo kwitura hasi muri kasho

Uganda: Hamenyekanye ko Gen Tumukunde yajyanywe mu bitaro igitaraganya nyuma yo kwitura hasi muri kasho

Ubwanditsi 17 Mar 2020
Museveni akomeje kubeshya ku mvano y’ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda

Museveni akomeje kubeshya ku mvano y’ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 24 Feb 2020
Miss Mutesi Jolly mu nama yitabiriwe na Moussa Fakki Mahamat na Perezida wa Angola

Miss Mutesi Jolly mu nama yitabiriwe na Moussa Fakki Mahamat na Perezida wa Angola

Ubwanditsi 18 Sep 2019
Miss Rwanda: Reba ubwiza bw’abakobwa 54 batowe mu Ntara n’Umujyi wa Kigali

Miss Rwanda: Reba ubwiza bw’abakobwa 54 batowe mu Ntara n’Umujyi wa Kigali

Ubwanditsi 20 Jan 2020

Igitekerezo kimwe

  1. niyogihozo
    September 27, 20187:25 am -

    Ni byo rwose abatekamutwe biyambika uruhu rw’intama biyita abakozi b’Imana baragwiriye mu matorero akenshi mu byumba by’amasengesho niho bategera abapfu bakirira ibyabo . Bashenye ingo z’abandi barazimaze babahanurira ngo uriya si Imana yamuguhaye….abantu bareke ubwo bujiji bwo kwakira ibyo babwiwe n’ibyo birura byose nk’ukuri.
    izo ngirwa bahanuzi rero, nta n’Imana baba bemera kuko bayizi ntibakinisha izina ryayo kariya kageni.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Biratangaje, biranababaje kubona hari abahisemo kugereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda, nyamara ntibagire icyo bavuga ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda” -Perezida Kagame
Amakuru

Biratangaje, biranababaje kubona hari abahisemo kugereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda, nyamara ntibagire icyo bavuga ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda” -Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Jul 2022
Habonetse umwana uvuga ko ari uwa Fred Rwigema usaba Museveni imitungo ya Se
INKURU NYAMUKURU

Habonetse umwana uvuga ko ari uwa Fred Rwigema usaba Museveni imitungo ya Se

Ubwanditsi 19 Oct 2018
AS Kigali yatsinze Gorilla FC naho Bugesera FC inganya na Police FC mu kino ya gicuti yatangiye gukinwa hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda .
Amakuru

AS Kigali yatsinze Gorilla FC naho Bugesera FC inganya na Police FC mu kino ya gicuti yatangiye gukinwa hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda .

Ubwanditsi 19 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru