• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Minisitiri Hakuziyaremye yahize kugabanya icyuho mu byo u Rwanda rutumiza n’ibyo rwohereza mu mahanga

Minisitiri Hakuziyaremye yahize kugabanya icyuho mu byo u Rwanda rutumiza n’ibyo rwohereza mu mahanga

Ubwanditsi 23 Oct 2018 UBUKUNGU

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Hakuziyaremye Soraya, yatangaje ko agiye guhangana n’ikibazo u Rwanda rufite cy’ibyo rutumiza hanze bikiri byinshi ugereranyije n’ibyo rwoherezayo.

Imibare ya Banki Nkuru y’u Rwanda igaragaza ko ikinyuranyo mu byo igihugu cyohereza n’ibyo gitumiza mu mahanga, mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka cyageraga kuri miliyoni $352.3.

Kuri uyu wa Kabiri nibwo Minisitiri Hakuziyaremye yahererekanyije ububasha na Munyeshyaka Vincent yasimbuye muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda, avuga ko agiye guharanira kongera ingano y’ibyoherezwa mu mahanga.

Ati “Icyo tuzashaka cyane ni ugufatanya n’abafatanyabikorwa bo hanze, baba abashoramari b’abanyamahanga, kugira ngo bafashe inganda zacu gushobora gukora ibintu bifite ubuziranenge dushobora kohereza mu mahanga.”

Ikindi yahize ni ukureba inganda u Rwanda rushobora kugira umwihariko, bitewe n’ubunararibonye zifite mu byo zikora.

Yashimangiye ko agiye kuganira n’abanyenganda n’izindi nzego kugira ngo yumve uko hanavugururwa zimwe muri politiki z’ubucuruzi zisanzwe.

Uretse kurangamira isoko mpuzamahanga, minisitiri mushya yavuze ko uwo asimbuye amusigiye n’umukoro ku bibazo by’ubucuruzi bw’imbere mu gihugu, by’umwihariko ku musaruro w’abaturage.

Ati “Ikintu tugomba kwibandaho cyane ni ukubonera amasoko abaturage, ibyo ni ibintu tuzaganiraho nko mu bintu by’ubuhinzi na Minisiteri y’Ubuhinzi.”

Munyeshyaka we yavuze ko u Rwanda rumaze kubona ko inganda zirimo kuzamuka neza, ariko ngo ntabwo byari byagera aho igihugu cyifuza.

Ati “Muri 2014 ikinyuranyo cy’ibitumizwa hanze n’ibyoherezwayo cyanganaga na miliyari 2.4 z’Amadolari, biramanuka muri 2017 byari bimaze kugera kuri miliyari 1.2, ikinyuranyo cyari kimaze kugabanukaho 50 %.”

Yavuze ko yakoresheje neza igihe amaze muri iyi minisiteri, ariko ngo kugabanya icyuho kiri hagati y’ibitumizwa n’ibyoherezwa mu mahanga ni ikintu gisaba igihe.

Minisitiri Hakuziraremye afite ubunararibonye mu bucuruzi kuko yabyize mu ishuri rya Thunderbird muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aniga mu ishuri ry’ubucuruzi rya Solvay mu Bubiligi.

Yakoze imirimo ikomeye mu by’ubucuruzi; asanzwe ari umuyobozi ukomeye mu kigo Global Banking gikorera i Londres mu Bwongereza.

Yari na Visi Perezida w’ikigo gishinzwe gukurikirana imikorere y’ibigo by’imari, muri ING Bank i Londres kandi mbere yaho, yabaye umugenzuzi mukuru muri BNP Paribas i Paris, anaba umuyobozi muri Fortis Bank i Bruxelles.

Mu 2012, yanagizwe Umujyanama Mukuru wa Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga.

2018-10-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Zigama CSS yungutse miliyari 3Frw zirenga ku yari ateganyijwe

Zigama CSS yungutse miliyari 3Frw zirenga ku yari ateganyijwe

Ubwanditsi 29 Mar 2018
Perezida Kagame yatabarije umutungo wa Afurika utikirira mu nzira zitemewe

Perezida Kagame yatabarije umutungo wa Afurika utikirira mu nzira zitemewe

Ubwanditsi 02 Aug 2018
Perezida Kagame yaganiriye na Justin Trudeau ku ishoramari n’ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Canada

Perezida Kagame yaganiriye na Justin Trudeau ku ishoramari n’ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Canada

Ubwanditsi 10 Feb 2020
Icyo Minisitiri w’Intebe yaganiriye n’Umuyobozi wa IMF muri Afurika ku izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda

Icyo Minisitiri w’Intebe yaganiriye n’Umuyobozi wa IMF muri Afurika ku izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda

Ubwanditsi 23 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umubare w’abamaze kwicwa mu Burundi ugomba kuba koko usaga 1000
Mu Rwanda

Umubare w’abamaze kwicwa mu Burundi ugomba kuba koko usaga 1000

Ubwanditsi 05 May 2016
Canada : Umunyarwanda Robert Kayinamura  ufite abavandimwe muri FDLR yitabye Imana ( Yavuguruwe )
ITOHOZA

Canada : Umunyarwanda Robert Kayinamura ufite abavandimwe muri FDLR yitabye Imana ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 13 Feb 2017
Umugore wa Trump arashaka ko ikinyamakuru kimuha amadolari miliyoni 150
ITOHOZA

Umugore wa Trump arashaka ko ikinyamakuru kimuha amadolari miliyoni 150

Ubwanditsi 06 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru