• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umusirikare w’u Burundi yafatiwe mpiri muri Congo

Umusirikare w’u Burundi yafatiwe mpiri muri Congo

Ubwanditsi 06 Nov 2018 INKURU NYAMUKURU

Imirwano mu gace ka Uvira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangiye ku wa Kane w’icyumweru gishize hagati y’inyeshyamba za RED-Tabara n’undi mutwe w’inyeshyamba utazwi ucyekwa kuba ari Imbonerakure z’u Burundi cyangwa abasirikare babwo. Mu gihe igisirikare cy’u Burundi gihakana ko atari cyo, umwe yafatiweyo.

Mu gihe imirwano ikomeje kuri uyu wa Mbere tariki ya 5 Ugushyingo 2018, ndetse ikaba ikomeje koreka ubuzima bw’abatari bake mu gace ka Kiryama, Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, igisirikare cy’u Burundi gihakana kuyigiramo uruhare mu gihe hari abavuga ko aricyo cyavogereye igihugu cya Congo.

Mu cyumweru gishize nibwo byatangajwe na VOA, ko hari igihiriri cy’abantu bafite imbunda ndetse banambaye gisirikare n’abandi bari bambaye gisivile baturutse i Burundi bagana muri Congo mu gace ka Uvira, abo bantu ngo bakaba baravugaga Ikirundi.

SOS/Burundi itangaza ko umwe mu basirikare b’u Burundi yafatiwe muri Uvira, afite imbunda ya Kalashnikov, magazine eshatu z’amasasu ndetse na gerenade ebyiri. Yafashwe ku cyumweru tariki ya kane, afatwa n’igisirikare cya Congo (FARDC).

Uyu musirikare w’u Burundi wafashwe mpiri ubwo yari yabuze imbaraga zo gukomeza urugendo hamwe na bagenzi be, yagize ati “nari kumwe n’abandi bari muri operasiyo mu mirwano, abaturage bo muri aka gace nibo bamfashije”.

Uyu musirikare ngo wabuze imbaraga agasigara inyuma kugera aho abaturage bamufasha basanze yenda gushiramo umwuka, ngo yari kumwe na bagenzi be baturutse i Burundi bagiye muri Congo guhanga n’inyeshyamba zikomoka i Burundi zikaba ziri mu mashyamba ya Congo.

FARDC itangaza ko uwo musirikare yajyanwe mu kigo cy’i Kabunambo, aho yajyanwe guhatwa ibibazo, ndetse ko igisirikare cy’u Burundi cyavogereye ubutaka bwa Congo, bityo ngo kikaba gisabwa kubuvaho vuba mu gihe Congo yitegura amatora y’umukuru w’igihugu.

2018-11-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Louise Mushikiwabo: ’’Gukingurira igifaransa ku rubyiruko nyafurika’’-Colette Braeckman

Louise Mushikiwabo: ’’Gukingurira igifaransa ku rubyiruko nyafurika’’-Colette Braeckman

Ubwanditsi 06 May 2019
Hatahuwe  umugambi  wajyanye muri Uganda, La Forge Fils Bazeye  n’ushinzwe ubutasi muri FDLR

Hatahuwe umugambi wajyanye muri Uganda, La Forge Fils Bazeye n’ushinzwe ubutasi muri FDLR

Ubwanditsi 19 Dec 2018
“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe

“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe

Ubwanditsi 20 Feb 2025
Muri 2010, Ingabire Victoire yemeje ko Joseph Ntawangundi yari muri Kenya mu gihe cya Jenoside nyuma Nyirubwite yemera ibyaha byose bya Jenoside aregwa   

Muri 2010, Ingabire Victoire yemeje ko Joseph Ntawangundi yari muri Kenya mu gihe cya Jenoside nyuma Nyirubwite yemera ibyaha byose bya Jenoside aregwa  

Ubwanditsi 25 Jun 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi yakoze ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha mu mashuri
Mu Rwanda

Polisi yakoze ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha mu mashuri

Ubwanditsi 03 Mar 2017
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 01 Jul 2018
David Himbara ari gukwirakwiza inyandiko z’ibinyoma k’u Rwanda, abifashijwemo na Museveni kuri ubu babanye nk’Amazi n’Ifu
ITOHOZA

David Himbara ari gukwirakwiza inyandiko z’ibinyoma k’u Rwanda, abifashijwemo na Museveni kuri ubu babanye nk’Amazi n’Ifu

Ubwanditsi 20 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru