• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
Ndagijimana JMV na Charles Onana bari mu batanze ibiganiro

Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 10 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA, POLITIKI

Ikiganiro cyakorewe muri Sena y’u Bufaransa kuri uyu wa Mbere cyahuje abashinjwa gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyakoranywe ubwiru bukomeye ku buryo abazi neza u Rwanda bakumiriwe muri iyi nama mu buryo bwa burundu.

Kuri uyu wa Mbere nibwo muri Sena y’u Bufaransa habereye ibiganiro byiswe ko kigomba kugaruka ku “myaka 60 y’umutekano muke ukomeye mu Karere k’Ibiyaga bigari.” Ni ikiganiro cyari cyateguwe n’abantu bazwiho gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ku buryo abantu bamwe bari bitezwe mu biganiro bitandukanyije nacyo.

Dr. Denis Mukwege yanze kwitabira iyi nama ku munota wa nyuma, avuga ko ibyo yifuzaga ko bivugirwa muri iyi nama bitashyizwe kuri gahunda, nyamara ari we wari watangije igitekerezo cyayo abinyujije muri Senateri Gérard Longuet.

Umunyamabanga Mukuru w’Ikigo cy’Ubumenyi ku masomo yibanda ku bihugu bigitegekwa n’u Bufaransa (Académie des Sciences d’Outre-Mer), Pierre Gény, na we wateganyaga kuba mu bagombaga gutangiza iyi nama, yavuze ko atazayitabira kuko uwo bashyigikiye kandi basanzwe bakorana, Dr Denis Mukwege, atazayibonekamo.

Bamwe mu bitabiriye ibi biganiro bahishuye uburyo umugambi w’iki kiganiro ukimara kujya hanze, abagiteguye bakoze ibishoboka ku buryo ibiganiro byabo biguma hagati yabo, birinda ko hagira umuntu uzi neza u Rwanda ushobora no guhinyuza ibyo bavuga winjiramo.

Hari hafashwe ibyemezo ko nta muntu ufite camera winjira, abanyamakuru bakumirwa muri iki cyumba kuko byasabaga kubanza kwiyandikisha, kugeza ubwo na Alain Gauthier uyobora umuryango uharanira ko abagize uruhare muri Jenoside bose bagezwa imbere y’ubutabera, yangiwe kwinjira muri ibi biganiro.

Mu bandi bitabiriye ibi biganiro harimo Judi Rever wanditse igitabo gipfobya uruhare rwa FPR Inkotanyi yahagaritse Jenoside, Adolphe Muzito wabaye Minisitiri w’Intebe wa RDC ukomeje gukwirakwiza ibitekerezo by’ubushotoranyi ku Rwanda; Charles Onana upfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, Senateri Gérard Longuet wanabaye Minisitiri w’Ingabo w’u Bufaransa ku bwa Nicolas Sarkozy n’abandi.

Kuva iyi nama yategurwa yamaganiwe kure, kugeza ubwo Ihuriro ry’Abanyarwanda batuye mu Bufaransa (Communauté Rwandaise de France, CRF), ndetse na Ibuka France, basabye Sena y’iki gihugu kwitandukanya n’iyo nama yari igamije guha urubuga abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Amb. Ndagijimana yagaragaje uwo ari we

Mu kiganiro cyabaye kuri uyu wa 9 Werurwe, umwe mu batanze ibiganiro ni Jean Marie Vianney Ndagijimana wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa mbere nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uyu yavuye mu Rwanda atorokanye amafaranga yagombaga gukoreshwa mu kongera gufungura ambasade z’u Rwanda zari zafunzwe muri Jenoside n’ivanwaho rya Guverinoma ya Habyarimana.

Yagize ati “Ni operation Turquoise yahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi mu majyepfo y’uburengerazuba bw’u Rwanda. U Bufaransa bwonyine nicyo gihugu cyarokoye Abanyarwanda mu 1994 !”

Imvugo ye muri iki kiganiro ntitana n’ubundi n’amagambo asanzwe amuranga apfobya Jenoside. Ubushakashatsi buheruka gushyirwa ahagaragara na Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, CNLG, bwahishuye ko Abafaransa bagize uruhare mu byaha bitandukanye birimo gukorana n’Interahamwe, kwica, gufata abagore n’abakobwa ku ngufu no guhisha ibimenyetso bya Jenoside yakorewe Abatutsi binyuze mu gushaka guhisha imirambo y’ababaga bamaze kwicwa n’Interahamwe ariko we akavuga ko aribo bahagaritse Jenoside.

Uruhare rwa Ndagijimana mu gupfobya Jenoside

Ubushakashatsi bwa CNLG buheruka kugaragaza ko Perefegitura ya Cyangugu ifite abantu batandukanye bari mu nzego nkuru za Leta bahunze igihugu, bageze mu mahanga bamamara mu mvugo n’ibikorwa bihakana bikanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ambasaderi Ndagijimana Jean Marie Vianney yavukiye mu yahoze ari Komini Cyimbogo i Mururu, ubu ni mu Karere ka Rusizi. Afite impamyabushobozi ihanitse mu mategeko yakuye muri Kaminiza ya Luvanium i Kinshasa.

Kuva muri Mutarama 1986, Ndagijimana Jean Marie Vianney yagiriwe icyizere na Habyarimana, agirwa Ambasaderi w’u Rwanda i Addis-Abeba, ahagarariye u Rwanda muri Ethiopia na Sudani, anahagarariye u Rwanda muri OUA no muri CEA, ikigo cya Loni gishinzwe ibibazo by’ubukungu muri Afurika.

Urugamba rwo kubohora igihugu rutangiye mu 1990, yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Bufaransa akorera i Paris kugeza muri Mata 1994.

Nyuma yo kubohora igihugu no guhagarika Jenoside, Ndagijimana yagarutse mu Rwanda, aba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Guverinoma yari iyobowe na Twagiramungu Faustin, umuturanyi we bakomokaga muri Perefegitura imwe ya Cyangugu.

Nyuma y’amezi atanu gusa (Nyakanga 1994 – Ugushyingo 1994), yahisemo guhunga, asubira mu Bufaransa.

Amaze guhunga, Ndagijimana yashinze, anayobora ishyirahamwe ryitwa “Ibuka bose” rikorera mu Bubiligi. Ubu ni umwe mu bamamaza ko mu Rwanda habaye Jenoside ebyiri “double Genocide”.

Src: IGIHE

2020-03-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nicolas Sarkozy yafunzwe: Uwari Perezida w’u Bufaransa abaye uwa mbere woherejwe muri gereza kubera ibyaha bya ruswa

Nicolas Sarkozy yafunzwe: Uwari Perezida w’u Bufaransa abaye uwa mbere woherejwe muri gereza kubera ibyaha bya ruswa

RUSHYASHYA 21 Oct 2025
Uko Uganda yahisemo gukemurira ibibazo by’igihugu mu itangazamakuru ry’icengezamatwara

Uko Uganda yahisemo gukemurira ibibazo by’igihugu mu itangazamakuru ry’icengezamatwara

Ubwanditsi 24 Oct 2019
Paul Rusesabagina yasazwe n’Ubusambo bwo gukunda amafaranga bimurindimurira mu bikorwa by’Iterabwoba bimuta mu kagozi

Paul Rusesabagina yasazwe n’Ubusambo bwo gukunda amafaranga bimurindimurira mu bikorwa by’Iterabwoba bimuta mu kagozi

Ubwanditsi 26 Feb 2021
Uganda haravugwa urupfu rwa Mukombozi washimutaga Abanyarwanda, Impungenge kuri RNC

Uganda haravugwa urupfu rwa Mukombozi washimutaga Abanyarwanda, Impungenge kuri RNC

Ubwanditsi 11 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CHAN2016:Zambie itsinze bigoranye umuturanyi zimbabwe
IMIKINO

CHAN2016:Zambie itsinze bigoranye umuturanyi zimbabwe

Ubwanditsi 19 Jan 2016
Abapolisi 384 basezerewe mu kazi ku mpamvu zitandukanye
Mu Rwanda

Abapolisi 384 basezerewe mu kazi ku mpamvu zitandukanye

Ubwanditsi 15 Sep 2018
“Sendashonga yapfuye kubera ko yarenze umurongo”,   Ayo magambo ni nyir’igitabo uyavuga. Si Kagame
ITOHOZA

“Sendashonga yapfuye kubera ko yarenze umurongo”, Ayo magambo ni nyir’igitabo uyavuga. Si Kagame

Ubwanditsi 02 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru