• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Urusha nyina w’umwana imbabazi aba ashaka kumurya: “Inzobere za Loni zirashinja ingabo z’u Rwanda kuvogera ubutaka bwa Kongo, uboshye iki gihugu ubwacyo kitabasha kumenya abakivogereye.

Urusha nyina w’umwana imbabazi aba ashaka kumurya: “Inzobere za Loni zirashinja ingabo z’u Rwanda kuvogera ubutaka bwa Kongo, uboshye iki gihugu ubwacyo kitabasha kumenya abakivogereye.

Ubwanditsi 05 Jan 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Si ubwa mbere abiyita”inzobere” za Loni basohora ibyegeranyo bifafaritse, bigambiriye gusa guharabika isura y’uRwanda, ariko inshuro zose babigerageje ayo mateshwa yafashe ubusa.  Nyamara ntibajya bacika intege, kuko bahora bashakisha icyatuma ibihugu byo mu karere bishyamirana, kugirango abo ba Rusaruriramunduru bitwikire intambara maze bisahurire nk’uko bamaze imyaka n’imyaniko babikora.

Ubu noneho ikigezweho ni raporo y’izo “nzobere” za Loni  ishinja  ingabo z’uRwanda,RDF, kuba ziri mu bikorwa bya gisirikari muri Kivu y’Amajyarugu. Ibikubiye muri iyo raporo ngo ni ibyo babwiwe n’inyeshyamba za FDLR, wa mutwe w’iterabwoba ugizwe ahanini n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Namwe nimwiyumvire abatangabuhamya “inzobere” za Loni zikesha amakuru yizewe! Abandi ngo izo nzobere zabajije ni abantu batavugwa amazina, nibura ngo uwashaka kumenya ukuri kw’ibiri mu cyegeranyo abe yababaza.

Nta gihe uRwanda rutabwiye isi yose ko nta musirikari warwo n’umwe uri muri Kongo, ariko ingumba z’amatwi zirashyashyana mu binyoma bidafite ishingiro. Ubwo ibihuha nk’ibi byakwirakwizwaga muri Mata umwaka ushize, Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame, yasobanuriye isi yose ko nta ngabo uRwanda rwohereje muri Kongo, ko ibikorwa byo guhashya imitwe yitwara gisirikari muri icyo gihugu bikorwa n’ingabo za Kongo ubwazo.  Kuva Perezida  Félix  Tshisekedi yatorerwa kuyobora Kongo , ashimangira ko Leta ye yahagurukiye kurwanya imitwe y’inyeshyamba zagize icyo gihugu indiri yazo.

Nta na rimwe aratunga agatoki ingabo z’uRwanda, ngo avuge ko zaba ziri ku butaka bw’igihugu cye. Abasesenguzi rero basanga ibyo “inzobere’ za Loni zirimo ari nka wa wundi urusha nyina w’umwana imbabazi, ashaka kumurya.Ngabo ba Rusaruriramundunru tuvuga! Hari n’abasanga ariko ikigamijwe ari uguca intege ingabo za Kongo no kuzisuzugura, bagerageza kwerekana ko  zitakwifasha ibikorwa by’indashyikirwa zimaze kugeraho, byo guhashya imitwe y’iterabwoba nka FDLR, FLN, CNRD, RNC n’indi izo ngabo za Kongo zirirwa zicucumira mu mashyamba ya Kivu zombi.

Mu gihe cyashize Ingabo z’uRwanda zagiye muri Kongo  ku bwumvikane n’iz’ icyo gihugu, mu cyiswe”Umoja Wetu, ibikorwa by’ubufatanye birangiye zitaha ku manywa y’ihangu, isi yose ibireba. Kuki rero ubu bwo byakorwa rwihishwa? Mu minsi ishize hari abiyita abanyapolitiki bakwije impuha zigamije guteranya uRwanda na Kongo, bavuga ko uRwanda kwigarurira tumwe mu turere tw’icyo gihugu.

Ibyo bipapirano bise”balkanization” babonye bidafashe, ubu bazanye ibindi nabyo bigamije guhembera umutekano mucye muri aka karere k’ibiyaga bigari. Ibuye ryagaragaye ntiriba rikishe isuka, ayo mateshwa mashya nayo azafata ubusa nk’ayayabanjirije. Birazwi ko hari abatishimiye umubano mwiza uri hagati y’u Rwanda na Kongo-Kinshasa, kuko abazabihomberamo ba mbere  ari abashaka guhungabanya umutekano w’uRwanda n’ababashyigikiye. Abo badashaka ikijya mbere, bamenye ko nta gihe ineza itazatsinda inabi.

2021-01-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Sunrise FC yagarutse mu kiciro cya mbere 2022-2023 ibisikana na Etoile de l’Est na Gicumbi FC, Ikipe y’u Rwanda mu bahungu yabonye itike y’igikombe cya Afurika muri Basketball

Sunrise FC yagarutse mu kiciro cya mbere 2022-2023 ibisikana na Etoile de l’Est na Gicumbi FC, Ikipe y’u Rwanda mu bahungu yabonye itike y’igikombe cya Afurika muri Basketball

Ubwanditsi 19 Jun 2022
FARDC yavumbuye ububiko bw’intwaro za FDLR na RUD Urunana nyuma yo kwivugana abayobozi b’iyo mitwe

FARDC yavumbuye ububiko bw’intwaro za FDLR na RUD Urunana nyuma yo kwivugana abayobozi b’iyo mitwe

Ubwanditsi 13 Nov 2019
Umwete w’ubuyobozi mu gushaka ibisubizo n’icyizere abaturage babufitiye, ni intwaro ifasha uRwanda gutsinda indwara z’ibyorezo” -Dr Craig Spencer

Umwete w’ubuyobozi mu gushaka ibisubizo n’icyizere abaturage babufitiye, ni intwaro ifasha uRwanda gutsinda indwara z’ibyorezo” -Dr Craig Spencer

Ubwanditsi 14 Nov 2024
Abajenosideri ruharwa Sikubwabo Charles na Ryandikayo bashakishwaga kubera uruhare rwabo muri Jenoside baguye ishyanga

Abajenosideri ruharwa Sikubwabo Charles na Ryandikayo bashakishwaga kubera uruhare rwabo muri Jenoside baguye ishyanga

Ubwanditsi 15 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yasabye abacamanza kutavugirwamo no kwihutisha ubutabera
POLITIKI

Perezida Kagame yasabye abacamanza kutavugirwamo no kwihutisha ubutabera

Ubwanditsi 01 Aug 2018
Amafoto – Amavubi yatangiye umwiherero wo kwitegura imikino ibiri yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026
Amakuru

Amafoto – Amavubi yatangiye umwiherero wo kwitegura imikino ibiri yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Ubwanditsi 21 May 2024
Kigali: Perezida W’u Bushinwa, Xi Jinping N’umufasha We Bakiriwe Muri Village Urugwiro
POLITIKI

Kigali: Perezida W’u Bushinwa, Xi Jinping N’umufasha We Bakiriwe Muri Village Urugwiro

Ubwanditsi 23 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru