• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

Ubwanditsi 01 Mar 2024 INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Nk’uko tubikesha ibitangazamakuru bikomeye muri Mozambique, birimo Cabo Ligado na Zitamar News, kuva mu ntangiriro z’ukwezi gushize, ubwo ingabo za SADC zatangiraga guta uduce zagenzuraga mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, ubu utwo duce turagenda twigarurirwa n’ umutwe w’iterabwoba wa Islamic State-Mozambique(ISM), zongeye kwica no gukiza muri utwo duce.

Abasirikari ba SADC bayobowe na Major Patrick Dube ukomoka muri Afrika y’Epfo, bageze muri Mozambique muri Nyakanga 2021, bavuga ko baje gufasha umunyamuryango mugenzi wabo guhashya ibyihebe bya ISM.

Ibyo “gutabara” Cabo Delgado nyuma y’imyaka myinshi yarabaye akarima k’ababicanyi kabuhariwe, nabyo byari nko kwikura mu isoni, nyuma y’aho u Rwanda, rutari no muri SADC, rwoherereje ingabo n’abapolisi kugarura umutekano aho muri Cabo Delgado.

Bidateye kabiri SADC yatangiye gukura ingabo zayo muri Mozambique, nyamara icyugarijwe n’ibyihebe, ihitamo kuzohereza mu ntambara yo burasirazuba bwa Kongo. Amakuru yizewe avuga ko abategetsi b’ibihugu byoherejeyo abasirikari bagororewe ibidolari bitabarika n’ibilombe by’amabuye y’agaciro, maze bemera gutererana abaturage ba Cabo Delgado.

Kuva SADC yatangira kuva muri Mozambique, ibyihebe bya ISM bimaze kugaba ibitero byinshi, byaguyemo abantu binangiza ibikorwa byinshi.

Nko ku itariki 09, iya 10 n’iya 12 Gashyantare 2024,ISM yateye uduce dutandukanye nka Litamanda, Chiure, Mucojo, Nacoja na Mazeze, ihica abantu benshi, inatwika amaduka, ingo z’abaturage n’insengero.

Ibi byose biraba mu gihe abasesenguzi benshi berekanye ko SADC idakwiye gutererana igisirikari cya Mozambique, cyagaragaje ko kitihagije mu kurinda abaturage n’ibyabo

Ubu ahantu hatekanye muri Cabo Delgado, ni ahagenzurwa gusa n’abasirikari n’abapolisi b’Abanyarwanda, ndetse abaturage bakaba bamaze igihe barasubiye mu byabo, banasubukura imirimo yabo ya buri munsi.

Raporo z’ibigo n’imiryango mpuzamahanga zivuga ko ubusabane ari bwose hagati y’abaturage n’Abanyarwanda, mu gihe ngo ibyihebe bidashobora gusunutsa izuru aho zumvise ushinzwe umutekano w’Umunyarwanda.

Muri make rero, kubera inda nini ya bamwe mu bategeka ibihugu bya SADC, yahisemo gusiga Mozambique mu kaga, ijya”gutabara” Kongo, kandi bombi ari abanyamuryango bayo. Ikibazo ni uko nabyo itabishoboye, kuko yirirwa itoragura imirambo y’abahitanywe n’intambara batazi icyo barwanira.

SADC yahisemo gusiga mu kangaratete inzirakarengane zo muri Cabo Delgado zibuzwa amahwemo n’ibyihebe, ijya kurwanya M23 itarahwemye kugaragaza ko irwanira uburenganzira bw’Abanyekongo bahohoterwa na Leta yabo yakabarengeye.

Abanyapolitiki, sosiyete sivile n’impuguke mu bya gisirikari mu bihugu byo muri Afrika y’amajyepfo, ntibasiba gusaba ko ingabo za SADC zava muri Kongo vuba na bwangu, kuko ikibazo gikwiye gukemurwa n’ibiganiro hagati y’Abakongomani ubwabo.

Byongeye ingabo za SADC, cyane cyane iz’Afrika y’Epfo, ngo ntizifite imyitozo, ubushake n’ibikoresho bigezweho, byatuma batsinsura M23 izi neza akarere k’imirwano, inafite icyo irwanira cyumvikana.

2024-03-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda ku mwanya wa kabiri ku Isi mu kugira abasirikare benshi mu butumwa bw’amahoro

U Rwanda ku mwanya wa kabiri ku Isi mu kugira abasirikare benshi mu butumwa bw’amahoro

Ubwanditsi 28 Sep 2018
Menya impamvu umugi wa Rouen mu Bufaransa wabaye indiri y’Interahamwe aho Ingabire Victoire yanyuze agakorera inama ya nyuma mbere yuko aza mu Rwanda muri 2009

Menya impamvu umugi wa Rouen mu Bufaransa wabaye indiri y’Interahamwe aho Ingabire Victoire yanyuze agakorera inama ya nyuma mbere yuko aza mu Rwanda muri 2009

Ubwanditsi 05 Feb 2020
Musanze: Police yaganirije abakora mu rwego rw’ubuvuzi kuri ruswa

Musanze: Police yaganirije abakora mu rwego rw’ubuvuzi kuri ruswa

Ubwanditsi 18 Jan 2017
Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Ubwanditsi 16 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubufatanye bw’u Rwanda n’u Butaliyani mu bya gisirikare buhagaze neza
Mu Rwanda

Ubufatanye bw’u Rwanda n’u Butaliyani mu bya gisirikare buhagaze neza

Ubwanditsi 25 Jul 2017
Bumaya Andre wigeze kuba Minisitiri yagarutse mu Rwanda ndetse arateganya gusura umuhungu we P Fla uri muri Gereza
Mu Mahanga

Bumaya Andre wigeze kuba Minisitiri yagarutse mu Rwanda ndetse arateganya gusura umuhungu we P Fla uri muri Gereza

Ubwanditsi 24 Jan 2017
Abarwanya ubutegetsi bwa Nkurunziza bashyizeho ubuyobozi bushya
Mu Mahanga

Abarwanya ubutegetsi bwa Nkurunziza bashyizeho ubuyobozi bushya

Ubwanditsi 30 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru