• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Minisitiri Alex Gisaro, Umunyamulenge ugambanira benewabo nawe ageze mu mazi abira

Minisitiri Alex Gisaro, Umunyamulenge ugambanira benewabo nawe ageze mu mazi abira

Ubwanditsi 23 Nov 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Alex Gisaro ni Umunyamulenge rukumbi uri muri guverinoma ya Kongo-Kinshasa, akaba ari Minisitiri w’Ibikorwa remezo.

Abakurikiranira hafi politiki yo muri Kongo, bahamya ko uwo mwanya Bwana Gisaro awukesha kugambanira benewabo b’Abanyamulenge, ari naho bakuye kumwita” Bangamwabo”.

Koko kandi, mu gihe nyamara Abanyamulenge batabarizwa n’isi yose kubera ivangura n’ihohoterwa bakorerwa n’ubutegetsi bubita” Abatutsi b’Abanyarwanda”, Alex Gisaro we ntasiba kumviksna mu materaniro akomeye no mu itangazamakuru mpuzamahanga, avuga ko “nta kibazo na kimwe Abanyamulenge bafite muri Kongo, kuko bahabwa uburenganzira nk’ubw’abandi Bakongomani, ibibazo bihari bikaba biterwa n’uRwanda”.

Burya rero ubugambanyi burashyira bukagaruka nyirabwo, cyane cyane iyo bwagize ingaruka nko kumena amaraso y’inzirakarengane, gushwiragiza abantu ku maherere, gusambanya abagore ku ngufu, n’ubundi bugome bukorerwa Abakongomani bo mu bwoko bw’Abanyamulenge.

Ubu rero imwe mu nkuru zigezweho muri Kongo ni umugambi w’abadepite wo kwirukana Alex Gisaro kuri uwo mwanya wa Minisitiri, ndetse Perezida w’umutwe w’abadepite, Vital Kamerhe, akaba yatumije inteko rusange kuri uyu wa mbere tariki 25/11/2024, ngo itorere icyemezo cyo kwambura icyizere(kwirukana) Minisitiri Alex Gisaro.

Icyifuzo cyo kuvana icyizere kuri Minisitiri Gisaro, cyashyizweho umukono n’abadepite 58 biganjemo abo mu ishyaka UDPS rya Perezida Tshisekedi, ari naryo Alex Gisaro akomokamo. Ibi bikaba bisobanuye ko uyu mugambanyi afite ibyago byinshi byo kwerekwa umuryango usohoka muri guverinoma ya Judith Suminwa Tuluka, yanarusimbuka kandi, ibibi birenze ibi bikaba bimutegereje mu gihe kiri imbere.

Mu birego bituma Minisitiri Gisaro asabirwa gukurwaho icyizere, harimo kuba ngo yarananiwe nibura gusana imihanda yo mu murwa mukuru Kinshasa, ku buryo ubuzima busa n’ubwahagaze ku bakoresha ibinyabiziga.

Uretse ko hari abagira bati” Gisaro nawe yajya yabona”, kubera gucinya inkoro no kugambanira abandi Banyamulenge, ubundi abasesenguzi bavuga ko kuba Kongo itagira imihanda mizima n’ibindi bikorwa-remezo bitabazwa gusa Minisitiri Gisaro, kuko ari zimwe mu ngaruka za ruswa no kutita ku nyungu za rubanda bimaze imyaka itabarika byarahawe intebe muri icyo gihugu.

Biravugwa kandi ko amafaranga yo gusana iyo mihanda ndetse no guhanga imishya yasohotse mu isanduku ya Leta akaboneza mu mifuka y’inkoramutima za Perezida Tshisekedi, ariko nyakamwe Alex Gisaro utagira ijambo,(uretse iryo kugambana) akaba adashobora gutinyuka ngo atunge agatoki aho ayo mamiliyari yarengeye.

Nguwo Gisaro uvuga ko Abanyamulenge n’abandi Banyekongo bavuga ikinyarwanda batigeze bimwa uburenganzira bwabo, ko ahubwo uRwanda ari rwo nyirabayazana w’ibibazo byabo.

Uretse kuba”mpemukendamuke”, ibi byose Alex Gisaro abivuga atayobewe ko kuba muri guverinoma ya Kongo ari Umunyamulenge, hari intagondwa z’Abakongomani zibibonamo”igitutsi” ku gihugu cyabo. Baraje babimwereke rero!

2024-11-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Indimi ebyiri za  Perezida Museveni  mugihe cy’urugamba rwa RPF  rwo kubohora igihugu [ VIDEO ]

Indimi ebyiri za Perezida Museveni mugihe cy’urugamba rwa RPF rwo kubohora igihugu [ VIDEO ]

Ubwanditsi 11 Sep 2018
Ikipe ya Bugesera FC yanyagiye AS Muhanga ikatisha itike mu makipe 8 agomba guhatanira igikombe.

Ikipe ya Bugesera FC yanyagiye AS Muhanga ikatisha itike mu makipe 8 agomba guhatanira igikombe.

Ubwanditsi 21 May 2021
Avuga kuri Rugwabiza Perezida Kagame Ati “Ni ukuvuga ngo…mu gihe yaje nka hano aje mu kiruhuko agakubitana na cabinet azajya ayitabira atubwira iby’aho avuye.”

Avuga kuri Rugwabiza Perezida Kagame Ati “Ni ukuvuga ngo…mu gihe yaje nka hano aje mu kiruhuko agakubitana na cabinet azajya ayitabira atubwira iby’aho avuye.”

Ubwanditsi 07 Oct 2016
Selemani Masiya uherutse gupfira muri Mozambike ni Umukongomani, si  Umunyarwanda nk’uko umunyabihuha Judi Rever abibeshya

Selemani Masiya uherutse gupfira muri Mozambike ni Umukongomani, si Umunyarwanda nk’uko umunyabihuha Judi Rever abibeshya

Ubwanditsi 12 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imikorere y’amwe mu madini n’amatorero idakurikiraniwe hafi, yaha umwanzi icyuho.
Amakuru

Imikorere y’amwe mu madini n’amatorero idakurikiraniwe hafi, yaha umwanzi icyuho.

Ubwanditsi 16 Aug 2024
Ubusinzi n’Uburaya nibyo byaranze igitaramo cyo kwishimira Urupfu rwa Col. Karegeya muri Afrika y’epfo [ AMAFOTO ]
INKURU NYAMUKURU

Ubusinzi n’Uburaya nibyo byaranze igitaramo cyo kwishimira Urupfu rwa Col. Karegeya muri Afrika y’epfo [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 19 Apr 2019
Irindi shema ry’u Rwanda: Rwandair ku mwanya wa kabiri muri Afrika ku rutonde rw’ uko amasosiyete atwara abantu n’ibintu mu kirere yarushanyije gutanga serivisi nziza mu mwaka wa 2021
Amakuru

Irindi shema ry’u Rwanda: Rwandair ku mwanya wa kabiri muri Afrika ku rutonde rw’ uko amasosiyete atwara abantu n’ibintu mu kirere yarushanyije gutanga serivisi nziza mu mwaka wa 2021

Ubwanditsi 20 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru