• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abanyarwanda batuye muri Canada baravuga ko batewe ishema no kwakira perezida Kagame

Abanyarwanda batuye muri Canada baravuga ko batewe ishema no kwakira perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda batuye mu gihugu cya Canada baratangaza ko banejejwe no kwakira perezida w’u Rwanda, Paul Kagame uzitabira kuri uyu wa 09 Kamena 2018 inama ku buzima bw’inyanja n’imibereho y’abazituriye izanitabirwa n’abandi bayobozi n’abakuru b’imiryango mpuzamahanga.

Nk’uko bigaragara mu itangazo rigenewe abanyamakuru, Rushyashya ifitiye kopi, ryashyizwe ahagaragara n’Umuryango Nyarwanda muri Canada (La Communauté rwandaise au Canada (RCA-Canada) ngo intego y’uyu muryango wabo ni ukwigisha abawugize kubana mu mahoro n’abandi, kuba abaturage bafite inshingano no kugira uruhare mu mibereho n’ubukungu by’igihugu cya Canada cyabakiranye yombi.

Bavuga ko bakurikiranira hafi impinduka nziza zigenda ziba mu Rwanda kuva mu 1994, kandi bakaba bateganya gutanga umusanzu wabo mu guteza imbere ubumwe bw’igihugu no mu iterambere ryacyo na cyane ko guverinoma y’u Rwanda ishyira imbere kwegera abaturage bayo bari muri diaspora.

Uyu Muryango Nyarwanda muri Canada ukaba utangaza ko utewe ishema no kwakira perezida w’u Rwanda, Paul Kagame uzafatanya n’abandi bayobozi b’isi ndetse n’abayobozi b’imiryango mpuzamahanga mu nama idasanzwe igamije kwigisha kwita ku buzima bw’inyanja n’imibereho y’abazituriye iteganyijwe kuri uyu wa gatandatu, itariki 09 Kamena 2018.

Abanyarwanda baba muri Canada bavuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yasize isenye u Rwanda ikamara abaturage barwo mu nzego zose z’ubukungu, ariko imiyoborere myiza, amahoro n’umutekano byazanywe na guverinoma iriho bikaba byarafashije igihugu kugera ku iterambere ritangaje muri politiki, ubukungu n’imibereho.

Umuryango Nyarwanda muri Canada ngo ukaba wongeye gutangaza ko ushyigikiye perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, akaba na perezida wa Afurika Yunze Ubumwe muri iki gihe. Ngo kubera kureba kure kwe n’ubuyobozi bwe, ubukungu bw’u Rwanda bukomeza kuzamuka byibuze ku rugero rwa 7%, ubukene bwaragabanyutse bigaragara, ndetse ngo n’icyizere cyo kubaho cyavuye ku myaka 34 mu 1990 kigera ku myaka 64 mu 2015.

Ngo nk’uko byemezwa na raporo ya Loni kandi, u Rwanda ruri mu bihugu 5 bya mbere bifite ingabo nyinshi mu bikorwa byo kubungabunga amahoro by’Umuryango w’Abibumbye n’abasirikare 5136, abapolisi 978, n’indorerezi za gisirikare 32 mu butumwa 6 bwa Loni harimo n’ubwo ihuriyeho na Afurika Yunze Ubumwe nka MINUAD na MINUSS.

2018-06-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yavuzeko nta ngabo z’u Rwanda zibarizwa ku butaka bwa Kongo

Perezida Kagame yavuzeko nta ngabo z’u Rwanda zibarizwa ku butaka bwa Kongo

Ubwanditsi 28 Apr 2020
Urukiko rw’ikirenga rwategetse ko gushushanya Perezida Kagame bikomeza kuba icyaha

Urukiko rw’ikirenga rwategetse ko gushushanya Perezida Kagame bikomeza kuba icyaha

Ubwanditsi 25 Apr 2019
Ibitero bikakaye by’Ingabo za Congo FARDC byirukanye mu birindiro umutwe wa FDLR uhungira muri pariki

Ibitero bikakaye by’Ingabo za Congo FARDC byirukanye mu birindiro umutwe wa FDLR uhungira muri pariki

Ubwanditsi 02 Dec 2019
Uganda: Umwe mu basirikare barwanira mu kirere yirashe mu mutwe ahita apfa

Uganda: Umwe mu basirikare barwanira mu kirere yirashe mu mutwe ahita apfa

Ubwanditsi 06 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwibohora si inzu nziza…, kwibohora ni ukumenya ngo uragana he – Kagame
Mu Mahanga

Kwibohora si inzu nziza…, kwibohora ni ukumenya ngo uragana he – Kagame

Ubwanditsi 04 Jul 2016
Ibitego 27 nibyo byabonetse mu mikino y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda iyobowe na APR FC
Amakuru

Ibitego 27 nibyo byabonetse mu mikino y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda iyobowe na APR FC

Ubwanditsi 19 Feb 2023
Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa yeguye
IMIKINO

Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa yeguye

Ubwanditsi 16 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru