• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

RUSHYASHYA 27 Jun 2026 Amakuru, HIRYA NO HINO, ITOHOZA, Mu Rwanda, POLITIKI

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwubatse politike yo guha abantu amahirwe yo guhinduka no kwibona mu gihugu, ku buryo hari n’abari bavuye mu nkambi z’impunzi zirimo Tingi Tingi muri Zaire na Ngara muri Tanzania bagaruwe mu gihugu, bahabwa umwanya, bamwe bagera no ku rwego rwo kuba ba Minisitiri, hatitawe ku mateka yabo.

Yabigarutseho mu nama nyunguranabitekerezo ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’Urugamba rwo kuyihagarika, yabereye muri Intare Arena, Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abanyamuryango ba Unity Club n’abandi bayobozi.

Mu butumwa bwe, Perezida Kagame yagarutse ku ngingo y’uko kubaka u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi bitasabye gusa gutsinda urugamba rwa gisirikare, ahubwo byasabye no guhitamo inzira igoye yo kongera guhuza Abanyarwanda, guha amahirwe abashoboraga guhinduka, no kubaka igihugu kitagendera ku kwihorera.

Yavuze ko hari abantu bashobora kurakazwa no kuba amateka y’u Rwanda avugwa uko ari, cyane cyane iyo bumva ashobora kubakoraho cyangwa akagira aho ahurira n’abo bafitanye isano.

Gusa Perezida Kagame yavuze ko imbere y’amateka aremereye nk’aya Jenoside, nta muntu ukwiye kwigira “intakoreka” cyangwa utavugwaho.

Yagize ati “Abandi rero kuba bajya aho bakigira iruhande, bakajya ku ruhande bakigira intakoreka bakavuga ngo ‘Njyewe, njyewe muramvuga?’, akarakarira abavuga, abavuga aya mateka yacu mabi.”

Ni yo yaba akubwiye ati ‘‘Wabigizemo uruhare’’ utaranabigizemo n’uruhare, kuri we hari ikiremereye kurusha wowe ikikuriho.”

Perezida Kagame yavuze ko igikwiye ku muntu wumva arenganywa atari ukurwanya ukuri cyangwa kwigira utavugwaho, ahubwo ari ukugaragaza mu mvugo no mu bikorwa ko atagize uruhare mu kibi.

Ati “Wowe icyo ukwiye kuba ukora, ni ukuvuga uti ‘Ntabwo nabigizemo uruhare, ntabwo nabigiramo uruhare, sinzabigiramo uruhare.’ Ariko bikagaragarira no mu bikorwa byawe bya buri munsi, kurusha kwigira intakoreka cyangwa utavugwaho. Utavugwaho se wowe uri inde?”

Yakomeje agira ati “Waba uri nde uri iki se? Imbere y’ukuri, imbere y’amateka nk’aya, buri wese ni ubusa. Usibye politike twashyize imbere kandi twemere, kandi twemera, kandi yubaka, yumva, itega amatwi n’ababa bafitanye isano n’icyo kibi, n’ayo mateka.”

Gusa Perezida Kagame yavuze ko kudahera mu mateka mabi bidakwiye gusobanura guceceka cyangwa kwitaza inshingano. Yagaragaje ko mu mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, no guceceka igihe ikibi cyakorwaga bidashobora gufatwa nko kuba umwere.

Yagize ati “N’iyo waba nta kibi wakoze ugaceceka, ntabwo uri umwere. Ntabwo uri muzima.”

Perezida Kagame yagereranyije iyo myumvire no mu buzima busanzwe, avuga ko umuntu ubona ikibi gikorwa agaceceka, adakwiye gufatwa nk’umuntu muzima cyangwa ufite inshingano.

Ati “Birashoboka ko aho bibaye uri nta bushobozi ufite bwo kugira icyo wakora, ibyo birashobaka. Ariko ntibivuze ko byasa nk’aho ntacyo bigutwaye, biratandukanye. Ni ibintu bibiri bitandukanye.”

Agaruka ku kubaka igihugu nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwagerageje kugarura abantu batandukanye, harimo n’abari bafite ibyo bakekwaho cyangwa abari bafitanye isano n’amateka mabi y’igihugu.

Yavuze kuri ba Minisitiri bakuwe Tingi Tingi na Ngara

Aha ni ho yagarutse ku bantu bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara. Tingi Tingi yari inkambi iri hafi ya Lubutu muri Zaire, mu gace kari mu bilometero hafi 200 uvuye i Kisangani.

Yakiriye impunzi nyinshi z’Abanyarwanda zari zarahungiye muri icyo gihugu nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Ngara yo ni agace ko muri Tanzania, hafi y’umupaka w’u Rwanda n’u Burundi. Hari inkambi nini z’impunzi z’Abanyarwanda, zirimo Benaco, Lumasi n’izindi.

Nyuma ya Jenoside, izo nkambi zabayemo ikibazo gikomeye kuko zari zirimo abaturage basanzwe bari barahungishijwe, ariko zikabamo n’abasirikare bahoze mu ngabo za Leta yatsinzwe, Ex-FAR, n’Interahamwe zagize uruhare muri Jenoside.

Byatumye ikibazo cyo gutahura impunzi no kuzitandukanya n’abari bakomeje ibikorwa bya gisirikare kiba kimwe mu bikomeye u Rwanda rwahuye na byo mu myaka yakurikiye Jenoside.

Perezida Kagame yavuze ko nubwo hari abantu bari bavuye muri izo nkambi bafite amateka adasobanutse neza, u Rwanda rwabagaruye, rubaha umwanya, bamwe binjira mu buyobozi bukuru bw’igihugu.

Yagize ati “Uzi ko n’abantu bari bafiteho ibyo baregwa kandi bisa nk’aho bifite ishingiro ariko wenda haburaho akantu gato ngo gihamya iboneke, mwese hano ntimuzi ko rwose twagiye tugerageza kubagarura ngo babe bamwe muri twe, babe nkatwe bagire gute, bamwe ntimubazi ntibavuye za ‘Tingi Tingi’, n’ahandi hariya muri Tanzania ni he?”

Yakomeje ati “Za Ngara, za hehe aho abantu bari barahungiye, abandi bava n’i Burayi na hehe hose barakoze, cyangwa baragiye ukuntu ntashobora kwemeza, ariko ukareba uti ‘Ariko aha birashoboka!’ ariko tukabazana bakajya muri twe, bakaba ba minisitiri, inzego zose ntazo batagiyemo.”

Perezida Kagame yavuze ko iki cyemezo kitari impuhwe, ahubwo cyari mu nyungu z’igihugu. Cyari uburyo bwo kugerageza gusiba amateka mabi, kubuza ko akomeza guturwamo n’igisekuru gishya, no guha abantu amahirwe yo kubaho ubuzima buzima.

Yavuze ko hari n’abari abana bato bagaruwe mu Rwanda, bashyirwa mu mashuri, bariga, bamwe baba abayobozi mu mashuri ndetse bagera no ku kuba abayobozi mu gihugu.

Perezida Kagame yavuze ko abantu bahawe ayo mahirwe bari bahawe uburyo bwo kubaho ubuzima bushya, ariko ko bitavuze ko buri wese yakoresheje neza ayo mahirwe.

Ati “Bya bindi navugaga, umuntu wahawe amahirwe yo kuvuga ngo ‘Baho ubundi buzima, ubuzima buzima’. Ubwo ariko ibyo mvuga, turagarura bamwe bari aho badasobanutse twagira dutya, iyi Si iragoye! Abandi muri twe birirwaga bareze agatuza berekana ko ari bazima, bari mu bindi, na bo barakora ibindi bitugarura mu mateka twarwanyije n’ayo tugenda tuvaho.”

Perezida Kagame yavuze ko hari igihe abo bantu bakoreshwaga n’abari hanze, mu bikorwa bigamije gusubiza inyuma urugendo rwo kubaka igihugu. Yavuze ko u Rwanda rwabaye ahantu hageragerejwe ibintu byinshi, bibi n’ibyiza, ku buryo rushobora gufatwa nk’isomo rikomeye ku Isi.

Ati “Mwe mutekereze musubize amaso inyuma murebe. Turi ikotaniro ry’ibintu, ibibi, ibyiza.”


2026-06-27
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Uganda : Imvuru zadukiriye  Umujyi  wa Kasese

Uganda : Imvuru zadukiriye Umujyi wa Kasese

Ubwanditsi 28 Nov 2016
Abanyaburayi n’ Amerika bavuga ko  Paul Rusesabagina atahawe ubutabera bunoze, babaswe n’ironduruhu. Bazatubwire ubutabera bwahawe Oussama Bin Laden

Abanyaburayi n’ Amerika bavuga ko  Paul Rusesabagina atahawe ubutabera bunoze, babaswe n’ironduruhu. Bazatubwire ubutabera bwahawe Oussama Bin Laden

Ubwanditsi 21 Sep 2021
Uko Uganda yanze kwikora mu nda mugihe yasinya amasezerano yo kwambura intwaro FDLR na RNC/P5

Uko Uganda yanze kwikora mu nda mugihe yasinya amasezerano yo kwambura intwaro FDLR na RNC/P5

Ubwanditsi 30 Oct 2019
Muri Ghana abatekamutwe bagaragaje yuko Maneko ya Amerika ifite ikibazo

Muri Ghana abatekamutwe bagaragaje yuko Maneko ya Amerika ifite ikibazo

Ubwanditsi 06 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ISESENGURA: ABAYOBOZI BA AFRIKA BARASABWA GUSHISHOZA CYANE MURI IBI BIHE TURIMO
ITOHOZA

ISESENGURA: ABAYOBOZI BA AFRIKA BARASABWA GUSHISHOZA CYANE MURI IBI BIHE TURIMO

Ubwanditsi 24 Jul 2016
Perezida Kagame yambitswe umudali w’icyubahiro na Perezida wa Burkina Faso
POLITIKI

Perezida Kagame yambitswe umudali w’icyubahiro na Perezida wa Burkina Faso

Ubwanditsi 03 Mar 2019
Uganda: Abadepite bashyigikiye kuvugurura itegeko nshinga bahawe abarinzi barinda perezida
POLITIKI

Uganda: Abadepite bashyigikiye kuvugurura itegeko nshinga bahawe abarinzi barinda perezida

Ubwanditsi 20 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru