• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kenya: Raila Odinga afite impungenge ko amajwi azanyerezwa mu matora y’Umukuru w’igihugu

Kenya: Raila Odinga afite impungenge ko amajwi azanyerezwa mu matora y’Umukuru w’igihugu

Ubwanditsi 07 Aug 2017 Mu Rwanda

Raila Odinga ukuriye ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe na Leta muri Kenya yabwiye Al Jazeera ko hari impungege ko ibizava mu matora bitazaba bikurikije ukuri kuko uburyo bwo kubarura amajwi abukemanga.

Kuba ngo hari ibice bimwe na bimwe bizakoresha ikoranabuhanga mu kubarura amajwi ariko ibindi bigakoresha uburyo bwa gakondo kuri we byerekana ko ntawakwizera ko amajwi azabarurwa neza. Yatanze gasopo ko kwiba amajwi batazabyemera. Ngo ikimenyetso cyose kerekana ko yibwe kizateza ibibazo.

Abaturage ba Kenya bazitabira amatora y’Umukuru w’igihugu kuri uyu Kabiri taliki ya 08, Kanama 2017. Bamwe mu baturage batangiye guhunga uduce batuyemo kubera ubwoba bw’uko hashobora kuvuga imidugararo nkiyabaye muri 2007 ikagwamo abantu barenga igihumbi nyuma y’uko ibyavuye mu matora y’Umukuru w’igihugu bitemeranyijweho n’impande zombi.

Odinga yabwiye Al Jazeera ko kugeza ubu ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe na Leta ayoboye ryamaze kwitegura amatora kandi ko rizayatsinda niba ibyayavuyemo byose bibaruwe mu buryo budafifitse.

Yagize ati: “Hari ibimenyetso dufite byerekana ko ishyaka riri ku butegetsi rishaka kuziba amajwi.”

Kuri we ngo uburyo bwonyine ishyaka Jubilee rya Jomo Kenyatta ryatsinda amatora y’Umukuru w’igihugu ngo ni ukwiba amajwi.

Yahaye gasopo abo ku ruhande rwa Kenyatta ko nibaramuka bashatse kwiba amajwi bitazihanganirwa.

Uyu munyapolitiki ubirambyemo amaze kwiyamamaza inshuro enye atsindwa amatora y’Umukuru w’igihugu. Muri 2007 yari yiyamamaje ahanganye na Mwai Kibaki. Yaje kwamagana ibyavuye mu matora bikurura imidugararo mu baturage yaguyemo abantu barenga igihumbi abandi ibihumbi bitandatu bavanwa mu byabo.

Iyi midugararo yaje guhagarara nyuma y’imishyikirano yahuje Kibaki na Odinga bemeranywa gushyiraho Guverinoma ihuriweho n’impande zombi.

Kenyatta we yabwiye abari baje kumwamamaza ko nta mugambi wo kwiba amajwi ishyaka rye n’abarishyigikiye bafite, asaba abaturage bose kuzatora mu mutuzo. Yabwiye abo ku ruhande rwa Odinga ko rwose bari guta igihe cyabo mu biganiro n’abanyamakuru kuko ngo ‘barangijwe gutsindwa’.

Ngo bararushywa n’ubusa.

Impungenge za Odinga ngo zishingiye ku ngingo y’uko umwe mu ba Komiseri ba Komisiyo y’amatora wari ushinzwe ikoranabuhanga Chris Msando yishwe mu byumweru bike bishize bityo hagakekwa ko abamwishe ari abo ku ruhande rwa Kenyatta bashaka kuziba amajwi.

-7492.jpg

Raila Odinga yahaye gasopo abo bahanganye mu matora ngo nibiba amajwi bizaba bibi

Imibare itangwa na Komisiyo y’amatora muri Kenya ivuga ko abaturage miliyoni 19 aribo bazitabira amatora yo kuri uyu wa Kabiri.

2017-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyarwanda barasabwa kuba babucyereye kandi ari benshi mu bikorwa byo  kwamamaza umukandida wa RPF-Inkotanyi

Abanyarwanda barasabwa kuba babucyereye kandi ari benshi mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wa RPF-Inkotanyi

Ubwanditsi 12 Jul 2017
U Rwanda rwatsinze Nigeria mu bagabo n’abagore mu mikino yo guhatanira igikombe cya Afurika mu mukino w’intoki wa Volleyball

U Rwanda rwatsinze Nigeria mu bagabo n’abagore mu mikino yo guhatanira igikombe cya Afurika mu mukino w’intoki wa Volleyball

Ubwanditsi 14 Sep 2021
CNLG na Ibuka banenze u Bwongereza bwanze kohereza mu Rwanda abakekwaho ibyaha bya Jenoside

CNLG na Ibuka banenze u Bwongereza bwanze kohereza mu Rwanda abakekwaho ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 30 Jul 2017
Kuki Amerika n’Uburayi bagarukira gusa ku guhungisha Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, aho gufasha mu kurandura igituma bahunga?

Kuki Amerika n’Uburayi bagarukira gusa ku guhungisha Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, aho gufasha mu kurandura igituma bahunga?

Ubwanditsi 10 Jan 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Frank Spittler utoza Amavubi, yavuze ko kongera abanyamahanga  muri Shampiyona ari ukwica umupira w’u Rwanda
Amakuru

Frank Spittler utoza Amavubi, yavuze ko kongera abanyamahanga muri Shampiyona ari ukwica umupira w’u Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2024
Mu mukino wa gishuti, APR FC yatsinze Kiyovu Sport igitego kimwe ku busa.
Amakuru

Mu mukino wa gishuti, APR FC yatsinze Kiyovu Sport igitego kimwe ku busa.

Ubwanditsi 06 Jun 2021
Champions League: Liverpool yasezereye AS Roma isanga Real Madrid i Kiev ku mukino wa nyuma
IMIKINO

Champions League: Liverpool yasezereye AS Roma isanga Real Madrid i Kiev ku mukino wa nyuma

Ubwanditsi 03 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru