• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Ubwanditsi 01 Oct 2024 Amakuru, HIRYA NO HINO, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Rwanda

Kera tukiri bato, umusirikare ni umuntu twumvaga tugashya ubwoba. Kenshi twumvaga ari umugabo munini cyane, wirabura ufite ijwi rikomeye rikangata, wa wundi utera intambwe ukayumva koko, mbega ukumva umuntu nk’uwo, ujya kumera nka Goliyati wo muri Bibiliya, ari we ukwiriye kwizerwa mu kurinda umutekano w’igihugu.

Mu mateka yacu yihariye, umusirikare we yagombaga kuba avuka mu turere turi mu Majyaruguru y’u Rwanda, akaba avuga Igikiga cyangwa Ikigoyi, akaba yarariye inyama akarenzaho byeri ibondo rikamukundira, rikifora bimwe bifatika.

Kera twumvaga igisirikare atari umwuga wakorwa n’Abanyarwanda bose, tukumva ko hari ubwoko bugomba kuvamo abasirikare, hakaba n’ubundi bubyara abagabo b’intege nke, badafite imbaraga zihagije zaterura imbunda iremereye.

Umusirikare twiyumvishaka kera yagendanaga imbunda ayirase imbere ye, akagenda ikiboko uwo anyuzeho wese atamushaka ubwo agahutaza, agakubita kugeza ubwo amugaje akamuta iyo mu mihanda yanegekaye. Ubwo kandi babaga baguhora uko usa, uko ureshya, imiterere y’isura yawe n’ibindi nk’ibyo, ubundi rwose umuntu atakazize.

Twakuze tuzi ko mu kigo cya gisirikare ari naho imiryango y’abasirikare ituye, bafite abagore bavuga nabi n’abana buzuye agasuzuguro gakabije, ibi ndabyibuka iwacu ku Muhima na Kiyovu, baradukandagiraga bakadukubita twababona tugahungabana.

Iyo wahuraga n’umusirikare mu nzira ufite indangamuntu idasobanutse, ibyawe byabaga bikurangiriyeho! Wabaga uzi ko niba atagukubitiye aho arakujyana ukazagaruka iwanyu uri igisenzegeri cyangwa ntunagaruke!

Twakuze tubona amakamyo manini yuzuye imifuka myinshi n’ama-casier ya byeri, icyerekezo ari mu bigo bya gisirikare.

Gusa itariki ya 1 Ukwakira, twasanze ibyo byose byari ibikabyo biri aho, gusa, bari baratubeshye.

Ndabyibuka twari mu Ishuri ryisumbuye ry’Abakobwa mu Byimana, ku manywa nka saa saba nibwo twumvise amakuru avuga ko Inyenzi ziyise Inkotanyi zateye u Rwanda, ziza zitwaje imiheto, amacumu, amabuye n’ibindi biri aho bidashinga, zica mu Mutara ziyahura mu muriro w’Inzirabwoba.

Mu makuru kuri radiyo bavugaga ko abo bantu ari ‘utuntu tw’Udututsi’ twishwe n’inzara tutagira inkweto, tutagira epfo na ruguru mbega twapfuye duhagaze. Bavugaga ko tugira amaso manini nk’ay’udusimba, amatwi maremare atendera ndetse ngo bakayazirikira inyuma ku mutwe, bikarimba kandi, tumwe muri two tukaba dufite imirizo miremire.

Twari twarumiwe, abarimu bacu nabo ntako batari baragize, bahoraga babidusubiriramo kenshi ngo twumve neza ishyano igihugu cyagushije.

Nyuma y’iyo tariki, twasanze ibyo batubwiraga byose ari ibinyoma.

Nyuma y’itariki ya 1 Ukwakira, twakomeje kumva Ibigwi by’izo Nkotanyi, twumva ntizatezutse ku ntego yatumye zinjira mu gihugu, zikomeza Urugamba rukomeye, iminsi iba myinshi ariko zikomeza intego mu butwari ntagereranywa, zihangana n’inzitane nyinshi ariko zibohora u Rwanda, none n’ubu abakiriho dufatanyije nazo kurwubaka cyane.

Izo Nkotanyi ni abagabo n’abagore b’umucyo mwinshi mu byo bakora, ni abasore n’Inkumi bafite ishyaka ryo guteza igihugu cyacu imbere. Ni urumuri rumurikiye Abanyarwanda, ni inkingi ikomeye y’amahoro mu Rwanda, mu karere kacu no ku Isi yose.

Izo Nkotanyi zo kabaho!
Izo Nkotanyi zo kavugwa!
Izo Nkotanyi zo karamba ingoma ibihumbi!

2024-10-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kiyovu SC yafashe umwanya wa mbere w’agateganyo nyuma yo gutsinda Rayon Sports 2-0, Marines FC yanyagiwe na Bugesera FC 6-2

Kiyovu SC yafashe umwanya wa mbere w’agateganyo nyuma yo gutsinda Rayon Sports 2-0, Marines FC yanyagiwe na Bugesera FC 6-2

Ubwanditsi 06 Dec 2021
Nta Muntu Watumye Sankara Kuvugira Abacitse Ku Icumu-Nasigeho

Nta Muntu Watumye Sankara Kuvugira Abacitse Ku Icumu-Nasigeho

Ubwanditsi 19 Jul 2018
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Ubwanditsi 22 Jul 2020
Paul Rusesabagina yahurijwe mu rubanza rumwe na bamwe mu ngabo ze zafatiwe ku rugamba harimo umuhungu wa Wilson Irategeka

Paul Rusesabagina yahurijwe mu rubanza rumwe na bamwe mu ngabo ze zafatiwe ku rugamba harimo umuhungu wa Wilson Irategeka

Ubwanditsi 18 Nov 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Trump mu mazi abira
POLITIKI

Perezida Trump mu mazi abira

Ubwanditsi 25 Sep 2019
Abasirikare babiri ba Uganda bafatiwe muri Kenya bafite imbunda n’amasasu 185
ITOHOZA

Abasirikare babiri ba Uganda bafatiwe muri Kenya bafite imbunda n’amasasu 185

Ubwanditsi 24 Sep 2018
Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda
Amakuru

Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru