• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Leta ya Uganda ikomeje amakinamico y’amabi, Umunyarwanda wese uri muri icyo gihugu wanze kujya mu mitwe y’iterabwoba, Perezida Museveni amwita intasi y’u Rwanda !

Leta ya Uganda ikomeje amakinamico y’amabi, Umunyarwanda wese uri muri icyo gihugu wanze kujya mu mitwe y’iterabwoba, Perezida Museveni amwita intasi y’u Rwanda !

Ubwanditsi 16 Aug 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Kuri uyu wa mbere, tariki 16 Kanama 2021, Leta ya Uganda yongeye gusohora ikinamico yasekeje benshi, ubwo yatangazaga ko ngo hari Abanyarwanda 4 bafatiwe ahitwa Kyazanga muri district ya Lwengo mu bikorwa by’ubutas

Icyangaje ababonye iyi kinamico mbi, bibajije ukuntu Leta ya Uganda yafashe “abagizi ba nabi b’Abanyarwanda”, iminsi igashira ari 4 ntacyo inzego zayo z’umutekano zitangaje, ahubwo igategereza ko byandikwa mu kinyamakuru cyitwa “softpower News”, bizwi ko gikorera mu kwaha kwa Gen Abel Kandiho utegeka CMI, rya bagiro rikorerwamo iyicarubozo ku Banyarwanda . Ibi biragaragaza neza ko ibi birego ari ibipapirano, hagamijwe gusa gukomeza guharabika uRwanda, no guhohotera Abanyarwanda b’inzirakarengane bari muri Uganda.

Mu bimenyetso ngo bigaragaza ko abafashwe ari intasi z’uRwanda, ni indangamuntu y’uwitwa Justin Mugabo n’ikarita ye imusezerera mu ngabo z’u Rwanda, ndetse n’indangamuntu y’umugore we, Uwimana Egiddie, Nta kintu na kimwe kigaragaza aho aba bantu bahuriye n’inzego z’iperereza z’uRwanda, uretse ibitekerezo bya Gen Kandiho na shebuja Museveni.

Muri Uganda ndetse no mu bihugu byinshi hagenda, hanatuye Abanyarwanda benshi barimo n’abasezerewe mu ngabo, kimwe n’uko mu Rwanda hari abahoze mu gisirikari cya Uganda, Ibyo se bibagira intasi z’igihugu iki n’iki, ku buryo bahohoterwa nta kindi na kimwe kibahamya icyaha?
Abanyarwanda b’inzirakarengane bari muri Uganda ku mpamvu zinyuranye, zirimo z’ubucuruzi no gusura inshuti n’abavandimwe, dore ko hari n’abavukiye muri icyo gihugu kubera amateka, bakaba bakinafiteyo imiryango.

Ni ibisanzwe kandi ku bihugu by’ibituranyi, aho usanga abaturage bagenderana, bagahahirana, yemwe bakanashyingirana. Ibyo ni nabyo bituma bitwaza ibibaranga nk’indangamuntu, kuko ntacyo baba bikeka.

Hari Abanyarwanda ibyegera bya Perezida Museveni, birangajwe imbere na Gen Kandiho, bishishikariza abandi kwinjira mu mitwe y’iterabwoba nka RNC, FDLR n’indi ishyigikiwe na Leta ya Uganda. Ababyemeye bagiye kubonera akaga mu ntambara batazigera batsinda. Abatarapfuye bafashwe mpiri, abandi bari mu buzima butari ubwa kimuntu mu mashyamba ya Kongo.

Abenshi ariko ni abanze kwishora mu mugambi mubisha wo kugambanira igihugu cyabo cy’uRwanda, cyane ko n’ababyemeye bitabaguye amahoro. Abo bateye utwatsi ibyifuzo bya Museveni rero ni aba bahimbirwa ibyaha by’ubutasi, bagakorerwa iyicarubozo rya kinyamaswa: Kwicwa, gukubitwa, gufungirwa ahantu hadakwiye ikiremwamuntu ndetse hatazwi, gucuzwa utwabo, mbere y’uko bajugunywa ku mupaka w’uRwanda, nta n’urubanza rubaye ngo rugaragaze ibyaha byabo.

Uretse ko binabangamiye uburenganzira bwa muntu, binanyuranyije n’amahame y’Umuryango w’ Ibihugu b’Afrika y’Uburasirazuba, ateganya iby’urujya n’uruza n’ubuhahirane hagati y’abaturage bo muri uwo muryango, kandi bigakorwa mu mudendezo.

Uko iminsi ihita ubutegetsi bwa Perezida Museveni burarushaho kurebwa nabi cyane, haba mu mahanga, haba n’imbere mu gihugu kubera ruswa no guhohotera abaturage batabwishimiye, Mu kurangaza Abagande rero, Museveni n’ibyegera bye bagerageza gushaka uwo bashinja kuba nyirabayazana w’ibibazo byabo. Ishyari n’ubugome bafitiye uRwanda nibyo bibashora mu makinamico y’urukozasoni, nubwo abanya Uganda n’isi yoze bamaze kubitahura

Bisanzwe bizwe ko Perezida Museveni ari kabuhariwe mu kubeshya, ariko ibinyoma avuga ku Rwanda byo biranyagisha, Abakimufitiye agatima nyamara bamwibutse ko kugambanira u Rwanda buri gihe bigaruka nyirabyo.

2021-08-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique

Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique

Ubwanditsi 18 Nov 2024
Imikino ya Afrobasket irakomeza hakinwa iyo gushaka itike yo kujya muri 1/4, kuri uyu wa mbere u Rwanda rurakina na Guinea

Imikino ya Afrobasket irakomeza hakinwa iyo gushaka itike yo kujya muri 1/4, kuri uyu wa mbere u Rwanda rurakina na Guinea

Ubwanditsi 30 Aug 2021
Hagati ya CMI na RNC imizinga iraza kuvamo imyibano ku ibura rya Ben Rutabana utagejejwe Imbere y’Ubucamanza bwa Uganda

Hagati ya CMI na RNC imizinga iraza kuvamo imyibano ku ibura rya Ben Rutabana utagejejwe Imbere y’Ubucamanza bwa Uganda

Ubwanditsi 28 Feb 2020
RDC yaburiye Loni ku mutwe wa Kayumba Nyamwasa uri muri Kivu y’Epfo

RDC yaburiye Loni ku mutwe wa Kayumba Nyamwasa uri muri Kivu y’Epfo

Ubwanditsi 01 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwanda : Uruganda “Master Steel Limited” rwiyemeje kugeza ku banyarwanda ibikoresho by’ubwubatsi biramba [ VIDEO ]
INKURU NYAMUKURU

Rwanda : Uruganda “Master Steel Limited” rwiyemeje kugeza ku banyarwanda ibikoresho by’ubwubatsi biramba [ VIDEO ]

Ubwanditsi 06 Feb 2019
‘ Ntabwo imihigo twayigira umugenzo gusa ‘- Perezida Kagame
Mu Rwanda

‘ Ntabwo imihigo twayigira umugenzo gusa ‘- Perezida Kagame

Ubwanditsi 06 Oct 2017
Ikindi kinyoma cya Tshisekedi gikubitiwe ahabona
Amakuru

Ikindi kinyoma cya Tshisekedi gikubitiwe ahabona

Ubwanditsi 11 Nov 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru