• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ingabo z’u Rwanda zikomeje kwigarurira uduce twari twaragizwe ingwate n’Ibyihebe, Agace ka Mbau kaguyemo ibyihebe 11

Ingabo z’u Rwanda zikomeje kwigarurira uduce twari twaragizwe ingwate n’Ibyihebe, Agace ka Mbau kaguyemo ibyihebe 11

Ubwanditsi 21 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Mu bikorwa zirimo byo guhashya iterabwoba Ingabo z’u Rwanda hamwe niza Mozambique zamaze kwigarurira agace ka Mbau kari karabaye ubuhungiro bw’ibyihebe nyuma yo guhatwa umuriro n’ingabo z’u Rwanda igihe habaga ibohozwa rya Macimboa da Praia yari yaragizwe icyicaro gikuru cy’abo barwanyi basanzwe bakorana n’Imitwe igendera ku mahame ya Islam

Aka gace ka Mbau kari ku birometero bisaga 45 (45km) uvuye mu mujyi wa Macimboa da Praia, ni agace karangwamo amashyamba y’inzitine ku kigero cya Nyungwe yo mu Rwanda; bityo amakuru akaba yaragiye avugwa ko ariho izo nyeshyamba zaba zifashisha mu gukora ibikorwa bitandukanye birimo n’imyitozo.

Kuwa gatanu taliki 20 Kanama nibwo ako gace kigaruriwe n’ingabo z’u Rwanda nyuma y’imirwano yari imaze iminsi mu duce twa Chinda no mu nkengero zaho, mu kugaba icyo gitero Abasirikari b’u Rwanda baturutse mu mu bice bibiri aribyo Macimboa da Praia na Mueda.

Mbere yo kwinjira mu mujyi wa Mbau; mu birometero bitanu (5 km) niho Ingabo z’u Rwanda zasakiranye n’ibyihebe bibarirwa hagati ya 80 na 100 haba ukurasana gukomeye kwahosheje Ingabo z’u Rwanda zikubise inshuro abo banzi b’amahoro n’umudendezo, aho nyuma y’imirwano hagaragaye ibyihebe bisaga 11 byari byaguye muri iyo mirwano.

Hari amakuru yandi avugwa ko hashobora kuba harishwe ibyihebe byinshi ariko imirambo yabyo igatwarwa na bigenzi byabyo dore ko bashobora kuba barayitwaye bayikurura bakoresheje imigozi.

Muri iyo mirwano hakaba harafatiwemo ibikoresho byinshi birimo imbunda zo mu bwoko bwa SMG n’ibindi abo barwanyi bakoreshaga mu guhungabanya umutekano w’abaturage no kwangiza ibikorwa remezo muri Cabo Delgado.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda Col. Rwivanga Ronald yatangarije itangazamakuru ko nubwo umujyi wa Mbau wamaze kubohorwa ariko ibikorwa byo kurwanya no guhashya burundu iyi mitwe bigikomeje.
Aho yagize ati “Twahafashe kandi twabakuye muri ako gace ariko ntibivuze ko birangiye, ibikorwa birakomeje”.

Hari amakuru aturuka muri Mozambique yemeza ko mu nzira Ingabo z’u Rwanda guhera kuwa kabiri ubwo zatangiraga kurwana zagendaga zibona ahantu abo barwanyi bagiye banyuza imodoka nyinshi bari bafite ubwo RDF yabakubitagaho ikibatsi cy’umuriro muri Macimboa da Praia, ibyo byihebe kandi ngo byagendaga bifunga inzira kugirango bitinze ababa babikurikiye bityo bagatema ibiti bakabirambika mu muhanda.

Urugero ni urwo mu gace kitwa Naquitengue karimo ibiti byinshi aho byasabye ko Ingabo z’U Rwanda RDF zifashisha imashini yo gukata ibiti cyangwa se zigakoresha ibimodoka binini by’intambara kugirango zibashe gutambuka zisatira aho ibyo byihebe byahungiye.

Nyuma y’ibohorwa rya Mbau ubu uduce tubiri nitwo dusigaye mu maboko y’izo nyeshyamba aritwo Siri ya Mbere na Siri ya Kabiri.

Muri uru rugamba rwo kurwanya iterabwoba, ahamaze kubohorwa hahita hasigara mu maboko y’abapolisi bakahacungira umutekano mu gihe Ingabo zo zikomeza imbere zirwana
Uyu mutwe w’iterabwoba urwanira muri Mozambique cyane cyane mu ntara ya Cabo Delgado ufite izina ryitwa Ahlul Sunna wa-Jammah, gusa benshi mu baturage bawita “al-Shabaab”.

Amakuru avugwa ko mu ishingwa ryawo abenshi mu bawugize baba baraturutse mu mahanga aho havuzwe Tanzania aho ngo baje baha abaturage ngo bikenure, ari nako ngo babigishaga amwe mu mahame y’idini ya Islam gusa bafite intego yo guhindura Cabo Delgado icyicaro gikuru cy’uwo mutwe w’Iterabwoba ugendera ku matwara akakaye ya Islam.

Kugeza nubu umuyobozi w’uyu mutwe ntazwi gusa abaturage bo muri Cabo Delgado bavuga ko ari umunyamahanga kandi yaba yaramaze guhunga igihugu nyuma yuko u Rwanda rwari rumaze gufata umwanzuro wo kohereza Ingabo muri Mozambique guhashya uwo mutwe.

Leta zunze ubumwe z’amerika ziherutse kuvuga ko umugabo witwa Bonomade Machude Omar uzwi na none nka AbuSulayfa Muhammad nundi witwa Ibn Omar bashobora kuba aribo bayobozi buwo mutwe
Gusa abatuye agace ka Palma gafatwa nk’izingiro ry’uwo mutwe abahatuye bavuga abo bagabo ataribo bayobozi b’uwo mutwe kuko ngo umwe muri bo bamuzi dore ko ari kavukire muri ako gace kandi undi muyobozi akaba ari umunyamahanga ndetse na benshi mu bawushinze.

Impamvu nyinshi bashingiraho ni uko abenshi muri abo barwanyi babaga bavuga Igiswahili ndetse ngo banafite inyandiko zo muri urwo rurimi kandi ngo iyo bazaga kwica abaturage bavugaga mu majwi aranguruye bati ” Allah Akbar” ngo hanyuma bagaca abantu imitwe bakayishinga ku bisongo ahantu hagaragarira buri muntu ndetse ngo bagakata ubugabo bw’abagabo babaga bamaze kwica.

Si ukwica gusa ibyo byihebe byakoraga dore ko byashimutaga abana bakiri bato bikabajyana mu myitozo ya gisirikari aho bajayaga gutozwa kurwana mu gihe abandi babagiraga abagore babo cyangwa se abazajya babafasha indi mirimo mu gihe babaga ari igitsina gore, ndetse abenshi bavuganye n’abanyamakuru bavuga ko ibyihebe byatwaraga abeza ku isura gusa.

Kuva ibikorwa byo guhashya imitwe y’iterabwoba byatangira muri Cabo Delgado ituze risa niriri kugenda rigaruka aho benshi mu baturage batangiye gusubira mu byabo bari baravukijwe n’umutekano muke muri iyo ntara.

2021-08-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Trump ashinja abamubanjirije kujenjekera Koreya ya Ruguru

Trump ashinja abamubanjirije kujenjekera Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 02 Nov 2017
Imikoranire myiza ya Polisi n’abaturage ba Huye yatumye hafatwa ibiyobyabwenge bitandukanye

Imikoranire myiza ya Polisi n’abaturage ba Huye yatumye hafatwa ibiyobyabwenge bitandukanye

Ubwanditsi 13 Jan 2016
Nyuma y’imyaka hafi ine, Rayon Sports yatsinze APR FC ifata umwanya wa kabiri wa shampiyona by’agateganyo

Nyuma y’imyaka hafi ine, Rayon Sports yatsinze APR FC ifata umwanya wa kabiri wa shampiyona by’agateganyo

Ubwanditsi 12 Feb 2023
APR FC yagabanyije ikinyuranyo hagati yayo na Rayon Sports – Uko imikino yo kwishyura yagenze muri Rwanda Premier League

APR FC yagabanyije ikinyuranyo hagati yayo na Rayon Sports – Uko imikino yo kwishyura yagenze muri Rwanda Premier League

Ubwanditsi 10 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yageze i Addis-Abeba aho ayobora inama ya 11 idasanzwe ya AU
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yageze i Addis-Abeba aho ayobora inama ya 11 idasanzwe ya AU

Ubwanditsi 17 Nov 2018
Amerika: Umusenateri yabwiye bagenzi be ibigwi bya Perezida Kagame
POLITIKI

Amerika: Umusenateri yabwiye bagenzi be ibigwi bya Perezida Kagame

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw
UBUKUNGU

Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Ubwanditsi 24 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru