• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere   |   03 Mar 2026

  • FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium   |   02 Mar 2026

  • Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi   |   02 Mar 2026

  • Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15   |   27 Feb 2026

  • Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe   |   24 Feb 2026

  • Inzira Bad Rama yanyuzemo akaba umukire akaba asoje ari umusazi   |   24 Feb 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare
Maj Gen Paul Lokech yasimbuwe ku mwanya w'Umugaba w'Ingabo yari amazeho amezi atanu

Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

Ubwanditsi 04 Dec 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yakoze impinduka mu gisirikare zasize Brig Gen Charles Okidi agizwe Umugaba w’Ingabo zirwanira mu Kirere asimbuye Maj Gen Paul Lokech.

Impinduka mu buyobozi bukuru bwa Gisirikare zemejwe n’Umuvugizi w’Ingabo za Uganda, Brig Richard Karemire.

Brig Karemire yabwiye Chimpreports dukesha iyi nkuru ko Perezida Museveni usanzwe ari Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo za Uganda (UPDF) amaze igihe gito akoze izo mpinduka.

Brig Okidi yagizwe Umugaba w’Ingabo zirwanira mu Kirere aho yari asanzwe ari Umuyobozi ushinzwe Ibikorwa bya Gisirikare ku Cyicaro Gikuru kiri i Entebbe.

Yakomeje ati “Brig Gen Okidi yazamuwe mu ntera avanwa ku ipeti rya Colonel ku wa 27 Ugushyingo 2019 na Perezida akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa UPDF.’’

Gen Lokech yashyizweho ngo afashe gukurikirana imirimo y’ingabo ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo n’ibijyanye no guhuza ingabo z’iki gihugu.

Mu zindi mpinduka, Brig Gen Francis Takirwa wari ushinzwe ibijyanye n’Uburezi na Siporo muri UPDF yagizwe Umuyobozi wa Diviziyo ya Kabiri ishinzwe kurinda ubusugire bw’umupaka wo mu Burengerazuba bw’iki gihugu hafi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ahari ibibazo by’umutekano muke.

Ni umwanya yasimbuyeho Brig Gen Muhanga Kayanja woherejwe mu Ishuri rikuru rya Gisirikare mu gihe we [Takirwa] yasimbuwe na Brig Gen Wilson Muhabuzi.

Gen Takirwa yabaye mu nshingano zirimo kuba Umuyobozi ushinzwe Ibikorwa bya Gisirikare muri UPDF; Umuyobozi wungirije wa Diviziyo ya Kane ku Cyicaro Gikuru i Gulu; Umuyobozi w’Ishuri ry’Imyitozo ya Gisirikare rya Singo; Umuyobozi wa Batayo ya Gatatu n’Umuyobozi ushinzwe Ibikorwa bya Gisirikare n’Imyitozo muri Batayo ya 73.

Yanabaye ushinzwe Ibikorwa bya Gisirikare mu Mutwe w’Abarinda Umukuru w’Igihugu, anahagararira UPDF mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda.

Perezida Museveni kandi yagize Brig Gen Sam Omara ushinzwe Umutekano muri Ambasade ya Uganda muri Algeria.

Maj. Gen. Paul Lokech ni we uri kugarukwaho cyane kuko yasimbuwe ku mwanya w’Umugaba w’Ingabo nyuma y’amezi atanu awushyizweho.

Amakuru aturuka muri UPDF avuga ko Gen Lokech ashobora gusimbura Lt Gen Peter Elweru ku mwanya w’Umuyobozi w’Ingabo zirwanira ku Butaka.

2019-12-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kigali: Ubukangurambaga bw’isuku n’umutekano bwatangiye  gushyirwa mu bikorwa

Kigali: Ubukangurambaga bw’isuku n’umutekano bwatangiye gushyirwa mu bikorwa

Ubwanditsi 12 Aug 2016
Umukobwa wa Perezida Museveni avuga ko yabonye Imana n’amaso ye bagirana ibiganiro

Umukobwa wa Perezida Museveni avuga ko yabonye Imana n’amaso ye bagirana ibiganiro

Ubwanditsi 10 Apr 2018
Kigali: Hasojwe amahugurwa yo kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi

Kigali: Hasojwe amahugurwa yo kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi

Ubwanditsi 15 Oct 2016
Abapolisi 308 muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Abapolisi 308 muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Ubwanditsi 04 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’
UBUKUNGU

Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Ubwanditsi 17 Dec 2019
U Bwongereza: Abadepite bagiye gusubukura imirimo nyuma y’icyemezo cy’urukiko
POLITIKI

U Bwongereza: Abadepite bagiye gusubukura imirimo nyuma y’icyemezo cy’urukiko

Ubwanditsi 25 Sep 2019
[AMAFOTO]: IBIKORWA BY’INGENZI BYA POLISI Y’U RWANDA MU MWAKA WA 2016
Mu Mahanga

[AMAFOTO]: IBIKORWA BY’INGENZI BYA POLISI Y’U RWANDA MU MWAKA WA 2016

Ubwanditsi 10 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru