• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare
Maj Gen Paul Lokech yasimbuwe ku mwanya w'Umugaba w'Ingabo yari amazeho amezi atanu

Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

Ubwanditsi 04 Dec 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yakoze impinduka mu gisirikare zasize Brig Gen Charles Okidi agizwe Umugaba w’Ingabo zirwanira mu Kirere asimbuye Maj Gen Paul Lokech.

Impinduka mu buyobozi bukuru bwa Gisirikare zemejwe n’Umuvugizi w’Ingabo za Uganda, Brig Richard Karemire.

Brig Karemire yabwiye Chimpreports dukesha iyi nkuru ko Perezida Museveni usanzwe ari Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo za Uganda (UPDF) amaze igihe gito akoze izo mpinduka.

Brig Okidi yagizwe Umugaba w’Ingabo zirwanira mu Kirere aho yari asanzwe ari Umuyobozi ushinzwe Ibikorwa bya Gisirikare ku Cyicaro Gikuru kiri i Entebbe.

Yakomeje ati “Brig Gen Okidi yazamuwe mu ntera avanwa ku ipeti rya Colonel ku wa 27 Ugushyingo 2019 na Perezida akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa UPDF.’’

Gen Lokech yashyizweho ngo afashe gukurikirana imirimo y’ingabo ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo n’ibijyanye no guhuza ingabo z’iki gihugu.

Mu zindi mpinduka, Brig Gen Francis Takirwa wari ushinzwe ibijyanye n’Uburezi na Siporo muri UPDF yagizwe Umuyobozi wa Diviziyo ya Kabiri ishinzwe kurinda ubusugire bw’umupaka wo mu Burengerazuba bw’iki gihugu hafi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ahari ibibazo by’umutekano muke.

Ni umwanya yasimbuyeho Brig Gen Muhanga Kayanja woherejwe mu Ishuri rikuru rya Gisirikare mu gihe we [Takirwa] yasimbuwe na Brig Gen Wilson Muhabuzi.

Gen Takirwa yabaye mu nshingano zirimo kuba Umuyobozi ushinzwe Ibikorwa bya Gisirikare muri UPDF; Umuyobozi wungirije wa Diviziyo ya Kane ku Cyicaro Gikuru i Gulu; Umuyobozi w’Ishuri ry’Imyitozo ya Gisirikare rya Singo; Umuyobozi wa Batayo ya Gatatu n’Umuyobozi ushinzwe Ibikorwa bya Gisirikare n’Imyitozo muri Batayo ya 73.

Yanabaye ushinzwe Ibikorwa bya Gisirikare mu Mutwe w’Abarinda Umukuru w’Igihugu, anahagararira UPDF mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda.

Perezida Museveni kandi yagize Brig Gen Sam Omara ushinzwe Umutekano muri Ambasade ya Uganda muri Algeria.

Maj. Gen. Paul Lokech ni we uri kugarukwaho cyane kuko yasimbuwe ku mwanya w’Umugaba w’Ingabo nyuma y’amezi atanu awushyizweho.

Amakuru aturuka muri UPDF avuga ko Gen Lokech ashobora gusimbura Lt Gen Peter Elweru ku mwanya w’Umuyobozi w’Ingabo zirwanira ku Butaka.

2019-12-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze

Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze

RUSHYASHYA 01 Jun 2026
Iyi nyubako ukumva ko waza ukayishyira hasi, oya nakwica mbere- Perezida Kagame

Iyi nyubako ukumva ko waza ukayishyira hasi, oya nakwica mbere- Perezida Kagame

Ubwanditsi 14 Sep 2016
SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

Ubwanditsi 01 Mar 2024
AMAGAMBO 10 DUKWIYE KUBWIRA ABAKUNZI BACU BURI MUNSI

AMAGAMBO 10 DUKWIYE KUBWIRA ABAKUNZI BACU BURI MUNSI

Ubwanditsi 29 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Rwanda ntawe uri hejuru y’amategeko, Gen Ibingira na Lt Gen Muhire batawe muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19
Amakuru

Mu Rwanda ntawe uri hejuru y’amategeko, Gen Ibingira na Lt Gen Muhire batawe muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Ubwanditsi 28 Apr 2021
Burera: Polisi yakanguriye abahatuye kwirinda gukoresha abana imirimo ivunanye
Mu Rwanda

Burera: Polisi yakanguriye abahatuye kwirinda gukoresha abana imirimo ivunanye

Ubwanditsi 24 Oct 2017
Muhongerwa Patricie atorewe kuba Visi Meya ushinzwe imibereho myiza mu mujyi wa Kigali
Mu Mahanga

Muhongerwa Patricie atorewe kuba Visi Meya ushinzwe imibereho myiza mu mujyi wa Kigali

Ubwanditsi 20 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru