• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

RUSHYASHYA 24 Mar 2026 Amakuru, HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Umuhezanguni Nadine Kasinge Claire umenyerewe mu mvugo zihakana ndetse zigapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu biganiro bye bitandukanye ndetse n’abafatanyabikorwa be bamushungera yasizoye ku mbuga ze agereranya Inamanyunguranabitekerezo n’Ikinamico

Ubwo Nyakubahwa Perezida Kagame yasozaga Inama Nyunguranabitekerezo y’Abayobozi b’Inzego bwite za Leta n’inzego z’ibanze yabereye mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako. Yitabiriwe n’abayobozi b’uturere, ba minisitiri batandukanye n’abandi.

Uyu Nadine Kasinge yirukiye ku mbuga nkoranyambaga maze yifata ku gahanga yita iyo nama Ikinamico kandi nyamara abanyarwanda ndetse n’isi nzima izi icyo kubazwa inshingano bisobanuye,birazwi neza icyo imiyoborere myiza ishingiye ku kutajenjeka imaze mu kubaka Umurango nyarwanda

Ninde munyarwanda wakwishimira kongera kurwara inda ndetse no kwirirwa bahandura amavunja mu byaro no mu mugi?, Ese ninde wakwishimira ko abantu batura mu kajagari mu migi y’u Rwanda hahandi bucya abaturage bicwa n’ibiza biterwa n’imiturire itagira gahunda

Nadine Kasinge yakwibutswa cyane aho u Rwanda rwavuye naho rugeze nk’Ubwisungane mu kwivuza uretse kwigiza nkana, niba atari ukwirengagiza bya Ntamunoza reka tumwibutse muri make aho ubu mutuelle de sante igeze

Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) rutangaza ko hari serivisi nshya z’ubuvuzi zongewemo ku banyamuryango b’Ubwisungane mu kwivuza (Mutuelle de Santé), zirimo n’imiti ya kanseri, mu rwego rwo kurushaho korohereza abakoresha ubu bwishingizi

Mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2024/2025, RSSB yinjije amafaranga arenga miliyari 84 Frw aturuka mu bwisungane mu kwivuza. Muri ayo mafaranga, Leta y’u Rwanda yatanze asaga miliyari 53 Frw mu rwego rwo kunganira ikigega cya Mutuelle.

Kari agaciyemo ko gukebura abigizankana bake barimo iri kondera Kasinge, reka twibutse abasomyi uwo ari we;

Uyu mugore yararokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ikaba yaramutwaye ababyeyi ndetse na bene nyina bose. Papa we yitwaga Nzagirukwayo akaba yarakoraga muri Electrogaz naho nyina yitwaga Mukandinda Euphrasie we akaba yari umwarimu mu ishuri ribanza rya Kacyiru, aba bombi bakaba baraguye kuri bariyeri bishwe n’interahamwe ubwo bageragezaga guhungira kuri Sitade Amahoro ahari ingabo zari iza RPA-Inkotanyi na MINUAR.

Nyuma gato ya Jenoside yakorewe abatutsi uyu Kasinge yaje gutoragurwa n’abagiraneza b’Abataliyani bamujyana mu Butaliyani aho baje kumurerera igihe kirekire hanyuma bamwohereza gukomereza amashuri muri Canada.

Uyu mugore wigize ‘akari aha kajya he, akigera muri Canada yaje kwisunga interahamwe maze atangira gucudika nazo zimugira inama yo gushinja FPR Inkotanyi kuba ariyo yishe ababyeyi be na bene nyina maze birangira abaye shitani kuko nubu icyo kinyoma nicyo akomeje gukwirakwiza, aho kuri ubu ahora ku mbuga nkoranyambaga atuka ubuyobozi bw’igihugu ndetse anapfobya Jenoside yakorewe abatutsi we ubwe yarokotse.

Muri Canada uyu Kasinge yaje gushaka umugabo w’Umunyakanada ndetse banabyarana umwana.

Muri 2017 iyi nkotsa yaje kwisunga ingirwamupadiri Nahimana Thomas ngo bazane mu Rwanda kwiyamamariza kuruyobora; yiyemeza kurira indege atabimenyesheje umugabo we ndetse anasiga uruhinja rwonkaga maze aza yiruka inyuma y’iriya ngirwamupadiri, cyakora urugendo rwe rwaje kugarukira i Nairobi kuko ubwo yahageraga yahamagawe n’umugabo we ndetse na Ambasade ya Canada bose bamusaba kugaruka akaza kwita kuri rwa ruhinja.

Ariko mbere yaho gato hari amakuru yemezaga ko uyu mugore yinjiwe na Nahimana cyane ko birirwaga bazererana Isi babeshya ko ngo bari mu ibikorwa bya Politiku yabo

Kasinge niwe waje kuyobora ingirwashyaka “Ishema” we n’interahamwe ruharwa Chaste Gahunde muri 2018, uyu nawe bakaba baragiranye umubano wihariye nyuma y’ingirwamupadiri Nahimana.

Inzererezi Kasinge ikwiye kumenya ko ibyo yishoyemo ntaho bizamugeza kuko gukorana n’interahamwe zasize zimuhekuye akirirwa azisingiza ari ukudaha agaciro amaraso y’abe n’ubundi bishwe na zo.

Mu kuvuga ibyo, Kasinge aba agaragiwe n’abarimo interahamwe zisanzwe zimenyerewe ku mbuga nkoranyambaga zirimo Chaste Gahunde, Ruhumuza Mbonyumutwa, Musabyimana Gaspard n’izindi.

Umuhezanguni Kasinge usibye imvugo z’urwango ndetse zibasira abayobozi bakuru b’u Rwanda nta kindi  agaragaza yamarira Abanyarwanda muri urwo rugendo rw’ubusazi  yiyita ko yatangiye rwo kuzategeka Abanyarwanda.

 

2026-03-24
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?

Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?

Ubwanditsi 21 May 2018
ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO

ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO

Ubwanditsi 16 Dec 2025
Perezida wa Benin  Patrice Talon arasesekara i Kigali kuri uyu wa mbere

Perezida wa Benin Patrice Talon arasesekara i Kigali kuri uyu wa mbere

Ubwanditsi 28 Aug 2016
Nyagatare: Abaturage basabwe kugira uruhare mu kubungabunga umutekano

Nyagatare: Abaturage basabwe kugira uruhare mu kubungabunga umutekano

Ubwanditsi 05 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika
Amakuru

Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika

Ubwanditsi 24 Sep 2025
Bitunguranye, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yirukanye Minisitiri w’Inteba Bunyoni yashinjaga gutegura Coup d’Etat
Amakuru

Bitunguranye, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yirukanye Minisitiri w’Inteba Bunyoni yashinjaga gutegura Coup d’Etat

Ubwanditsi 07 Sep 2022
Min Philbert yahaye inkwenene abayobozi bafungirana internet ngo idashira
IKORANABUHANGA

Min Philbert yahaye inkwenene abayobozi bafungirana internet ngo idashira

Ubwanditsi 23 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru