• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»U Rwanda mu bihugu 10 biza imbere mu miyoborere myiza muri Afurika -Mo Ibrahim Index

U Rwanda mu bihugu 10 biza imbere mu miyoborere myiza muri Afurika -Mo Ibrahim Index

Ubwanditsi 04 Oct 2016 Mu Mahanga

Mo Ibrahim, ubwo yashyiraga ahagaragara raporo ya Mo Ibrahim Index, igaragaza uko Imiyoborere ihagaze muri Afurika mu myaka 10 ishize

U Rwanda rwongeye gushyirwa mu bihugu 10 bya mbere, kuri iyi nshuro mu bihugu byahize ibindi mu guteza imbere imiyoborere myiza mu myaka 10 ishize

Iri suzuma rikorwa na Mo Ibrahim Foundation, ryagaragaje ko u Rwanda rwavuye ku mwanya wa 20 mu mwaka wa 2006 rugera ku mwanya wa 9 muri 2015 mu miyoborere myiza, akaba ari na bwo bwa mbere ruje kuri yu mwanya kuri iyi raporo muri Afurika.

Bimwe mu bigenderwaho mu guha amanota ibihugu harimo kugenzura imimerere y’uburenganzira bwa muntu, umutekano, ubukungu, imibereho myiza, uruhare rw’abaturage mu miyoborere, uburyo amategeko yubahirizwa, byose bigahuzwa n’amateka yihariye kuri buri gihugu muri 54 bigenzurwa.

-4233.jpg

-4234.jpg

-4232.jpg

Perezida Paul Kagame yasuye Abaturage

Mo Ibrahim yatangaje ko mu myaka 10 nta bitangaza byabaye, ngo ariko na none habayeho impinduka zigaragara mu miyoborere.

Uko ibihugu 10 bya mbere byagiye bikurikirana, n’aho byari biri mu myaka 10 ishize

Gusa na none ngo gusubira inyuma mu bijyanye n’umutekano n’iyubahirizwa ry’amategeko byatumye iterambere ryari ryagaragaye mu bindi nko mu mibereho myiza y’abaturage n’ubukungu ritihuta cyane.

-4228.jpg

Mo Ibrahim, ubwo yashyiraga ahagaragara raporo ya Mo Ibrahim Index, igaragaza uko Imiyoborere ihagaze muri Afurika mu myaka 10 ishize (Ifoto/Internet)

Iyi raporo igaragaza ko ½ cy’ibihugu byose byagenzuwe byagize amanota make cyane mu myaka 3 ishize, mu bijyanye n’umutekano w’abaturage, uw’igihugu n’imikorere y’ubutabera.

Mo avuga ko iyi raporo itagamije gukoza isoni abayobozi b’ibihugu, ngo ahubwo ni ukubafasha kugera ku miyoborere myiza yifuzwa muri Afurika.

Mu bihugu 10 bya mbere, u Rwanda na Senegal ni byo bihugu bitari bisanzwe kuri uru rutonde mbere ya 2006.

-4231.jpg

Prof Shyaka Anastase wa RGB

Mauritius ni yo iza ku mwanya wa mbere mu miyoborere, hagakurikiraho Botswana, Cabo Verde, Seychelles, Namibia, Afurika y’Epfo, Tunisia, Ghana, Rwanda, ndetse na Senegal ku mwanya wa 10.

Mu bihugu 10 bya nyuma harimo Angola, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Guinée Equatoriale, Tchad, Sudan, Eritreya, Libiya, Centre Afrique, Sudani y’Epfo, hagaheruka Somaliya ku mwanya wa 54.

Mo Ibrahim ni umuherwe w’umushoramari w’imyaka 70 ukomoka mu gihugu cya Sudani, wamenyekanye cyane mu gukorana n’ibigo by’itumanaho harimo n’icyari icye cyitwaga Celtel cyakoreraga mu bigo 14 bya Afurika.

Muri 2004 yagurishije Celtel maze ashinga Mo Ibrahim Foundation agamije guteza imbere imiyoborere muri Afurika, no gushyiraho uburyo bwo kugenzura imikorere yabyo.

Muri 2007, yatangije igihembo gihabwa abakuru b’ibihugu babasha kuzana umutekano, guteza imbere ubuzima, uburezi, iterambere mu bukungu ndetse guhererekanya ubutegetsi mu buryo bwa demokarasi.

-4229.jpg

Prof.Shyaka Anastase umuyobozi wa RGB

2016-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imodoka y’Umuryango utegamiye kuri Leta yari ipakiyemo ibiyobyabwenge yakoze impanuka

Imodoka y’Umuryango utegamiye kuri Leta yari ipakiyemo ibiyobyabwenge yakoze impanuka

Ubwanditsi 17 Aug 2016
Brussels Airlines yizihije umunsi w’abagore ibaha kuyobora ingendo z’indege zayo

Brussels Airlines yizihije umunsi w’abagore ibaha kuyobora ingendo z’indege zayo

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Nkuko urukiko rwo muri Amerika rwanzuye ko Paul Rusesabagina atashimuswe, icyo gihugu nicyemere amakosa yo kuba cyaramuretse akahategurira ibikorwa byiterabwoba.

Nkuko urukiko rwo muri Amerika rwanzuye ko Paul Rusesabagina atashimuswe, icyo gihugu nicyemere amakosa yo kuba cyaramuretse akahategurira ibikorwa byiterabwoba.

Ubwanditsi 25 Jan 2023
Perezida Emmanuel Macron yabaze Tshisededi nta kinya.

Perezida Emmanuel Macron yabaze Tshisededi nta kinya.

Ubwanditsi 06 Mar 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Loni ni nka Bihehe bavugiriza induru, iti “ngizi impundu mporana”. Uko yamaganwa, niko irushaho gushyigikira abajenosideri.
Amakuru

Loni ni nka Bihehe bavugiriza induru, iti “ngizi impundu mporana”. Uko yamaganwa, niko irushaho gushyigikira abajenosideri.

Ubwanditsi 09 Aug 2024
Ko uriye umusaza aruka imvi, ibigarasha byariye umwana “Djibril” byo bizaruka iki?
Amakuru

Ko uriye umusaza aruka imvi, ibigarasha byariye umwana “Djibril” byo bizaruka iki?

Ubwanditsi 17 Sep 2024
Kampala : U Rwanda rwegukanye ibihembo 2 muri ASFAS 2016
Mu Mahanga

Kampala : U Rwanda rwegukanye ibihembo 2 muri ASFAS 2016

Ubwanditsi 11 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru