• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»U Rwanda mu bihugu 10 biza imbere mu miyoborere myiza muri Afurika -Mo Ibrahim Index

U Rwanda mu bihugu 10 biza imbere mu miyoborere myiza muri Afurika -Mo Ibrahim Index

Ubwanditsi 04 Oct 2016 Mu Mahanga

Mo Ibrahim, ubwo yashyiraga ahagaragara raporo ya Mo Ibrahim Index, igaragaza uko Imiyoborere ihagaze muri Afurika mu myaka 10 ishize

U Rwanda rwongeye gushyirwa mu bihugu 10 bya mbere, kuri iyi nshuro mu bihugu byahize ibindi mu guteza imbere imiyoborere myiza mu myaka 10 ishize

Iri suzuma rikorwa na Mo Ibrahim Foundation, ryagaragaje ko u Rwanda rwavuye ku mwanya wa 20 mu mwaka wa 2006 rugera ku mwanya wa 9 muri 2015 mu miyoborere myiza, akaba ari na bwo bwa mbere ruje kuri yu mwanya kuri iyi raporo muri Afurika.

Bimwe mu bigenderwaho mu guha amanota ibihugu harimo kugenzura imimerere y’uburenganzira bwa muntu, umutekano, ubukungu, imibereho myiza, uruhare rw’abaturage mu miyoborere, uburyo amategeko yubahirizwa, byose bigahuzwa n’amateka yihariye kuri buri gihugu muri 54 bigenzurwa.

-4233.jpg

-4234.jpg

-4232.jpg

Perezida Paul Kagame yasuye Abaturage

Mo Ibrahim yatangaje ko mu myaka 10 nta bitangaza byabaye, ngo ariko na none habayeho impinduka zigaragara mu miyoborere.

Uko ibihugu 10 bya mbere byagiye bikurikirana, n’aho byari biri mu myaka 10 ishize

Gusa na none ngo gusubira inyuma mu bijyanye n’umutekano n’iyubahirizwa ry’amategeko byatumye iterambere ryari ryagaragaye mu bindi nko mu mibereho myiza y’abaturage n’ubukungu ritihuta cyane.

-4228.jpg

Mo Ibrahim, ubwo yashyiraga ahagaragara raporo ya Mo Ibrahim Index, igaragaza uko Imiyoborere ihagaze muri Afurika mu myaka 10 ishize (Ifoto/Internet)

Iyi raporo igaragaza ko ½ cy’ibihugu byose byagenzuwe byagize amanota make cyane mu myaka 3 ishize, mu bijyanye n’umutekano w’abaturage, uw’igihugu n’imikorere y’ubutabera.

Mo avuga ko iyi raporo itagamije gukoza isoni abayobozi b’ibihugu, ngo ahubwo ni ukubafasha kugera ku miyoborere myiza yifuzwa muri Afurika.

Mu bihugu 10 bya mbere, u Rwanda na Senegal ni byo bihugu bitari bisanzwe kuri uru rutonde mbere ya 2006.

-4231.jpg

Prof Shyaka Anastase wa RGB

Mauritius ni yo iza ku mwanya wa mbere mu miyoborere, hagakurikiraho Botswana, Cabo Verde, Seychelles, Namibia, Afurika y’Epfo, Tunisia, Ghana, Rwanda, ndetse na Senegal ku mwanya wa 10.

Mu bihugu 10 bya nyuma harimo Angola, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Guinée Equatoriale, Tchad, Sudan, Eritreya, Libiya, Centre Afrique, Sudani y’Epfo, hagaheruka Somaliya ku mwanya wa 54.

Mo Ibrahim ni umuherwe w’umushoramari w’imyaka 70 ukomoka mu gihugu cya Sudani, wamenyekanye cyane mu gukorana n’ibigo by’itumanaho harimo n’icyari icye cyitwaga Celtel cyakoreraga mu bigo 14 bya Afurika.

Muri 2004 yagurishije Celtel maze ashinga Mo Ibrahim Foundation agamije guteza imbere imiyoborere muri Afurika, no gushyiraho uburyo bwo kugenzura imikorere yabyo.

Muri 2007, yatangije igihembo gihabwa abakuru b’ibihugu babasha kuzana umutekano, guteza imbere ubuzima, uburezi, iterambere mu bukungu ndetse guhererekanya ubutegetsi mu buryo bwa demokarasi.

-4229.jpg

Prof.Shyaka Anastase umuyobozi wa RGB

2016-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rusesabagina ku Rwanda ni nka Hassan Nasrallah kuri Israel.

Rusesabagina ku Rwanda ni nka Hassan Nasrallah kuri Israel.

Ubwanditsi 30 Sep 2024
Kigali-Kicukiro : Impanuka y’ikamyo yahitanye abantu 16,  barindwi bahise bitaba Imana mu gihe icyenda bakomeretse bikomeye.

Kigali-Kicukiro : Impanuka y’ikamyo yahitanye abantu 16, barindwi bahise bitaba Imana mu gihe icyenda bakomeretse bikomeye.

Ubwanditsi 10 Jun 2016
Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha bwatumye hari abafatanwa amafaranga y’amahimbano

Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha bwatumye hari abafatanwa amafaranga y’amahimbano

Ubwanditsi 04 Jan 2016
Mu rugo rwa Depite Bobi Wine hatewe grenade

Mu rugo rwa Depite Bobi Wine hatewe grenade

Ubwanditsi 03 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwinjira ku mukino wa Kiyovu SC na Rayon Sports ni ibihumbi 50 Frw mu myanya y’icyubahiro n’amafaranga ibihumbi bitanu ahasanzwe
Amakuru

Kwinjira ku mukino wa Kiyovu SC na Rayon Sports ni ibihumbi 50 Frw mu myanya y’icyubahiro n’amafaranga ibihumbi bitanu ahasanzwe

Ubwanditsi 09 Nov 2022
Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyatangijwe mu ntara zose z’igihugu
Mu Mahanga

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyatangijwe mu ntara zose z’igihugu

Ubwanditsi 12 Jun 2016
Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’
IKORANABUHANGA

Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’

Ubwanditsi 03 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru