• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ubwongereza burasanga gutera inkunga ingabo za SADC ziri muri Kongo bishobora kongerera ikibazo ubukana.

Ubwongereza burasanga gutera inkunga ingabo za SADC ziri muri Kongo bishobora kongerera ikibazo ubukana.

Ubwanditsi 09 Sep 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu minsi ishize Loni yafashe umwanzuro wo gutera inkunga ingabo z’Umuryango w’Afrika y’Amajyepfo, SADC, zagiye gufasha ku rugamba igisirikari cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, FARDC, mu ntambara kirwana n’umutwe wa M23.

Uwo mwanzuro uvuga ko ibikoresho byari iby’ingabo za Loni ziri muri Kongo, MONUSCO, ndetse n’abahanga bazoo mu bijyanye n’iperereza rya gisirikari, bizegurirwa SADC.

 

Hari n’abavuga ko SADC izahabwa inkunga y’amafaranga, ariko byo ntibirashyirwa ahagaragara.Twibutsa ko iyo MONUSCO yategetswe kuva muri Kongo, ariko ikaba ibigendamo biguruntege, kubera kwanga kuviririra akaryoshye isarura mu ntambara z’urudaca zo muri Kongo.

Ubwo kuri uyu wa mbere yafataga ijambo imbere y’Akanama ka Loni gashinze Amahoro ku Isi, Fergus Eckersley, Umujyanama mu bya politiki mu biro by’uhagarariye Ubwongereza muri Loni, yagaragaje impungenge ko hatabaye ubushishozi, iyo nkunga yemerewe SADC ishobora gutuma intambara irushaho gukaza umurego, mu gihe Ubwongereza bushyigikiye ko hashyirwa imbere inzira y’ibiganiro hagati y’abashyamiranye.

Bwana Eckersley yavuze ko Loni idakwiye gushyigikira intambara, itera inkunga rumwe mu mpande zihanganye, ko ahubwo ubufasha bwayo bwagombye kwerekezwa gusa mu gushyigikira ishyirwa mu bikorwa ry’ ibyemezo bya Luanda na Nairobi, bigamije kurangiza intambara ya Kongo binyuze mu mishyikirano.

Si Ubwongereza bugaragaje izi mpungenge gusa, kuko n’uRwanda rwerekanye ko gufasha SADC byasubiza ibintu irudubi.

SADC irwana ku ruhande rwa FARDC n’imitwe itabarika yitwaje intwaro, irimo na FDLR y’abajenosideri bishe Abatutsi mu Rwanda, n’ubu bakaba bakomeje gutsemba Abatutsi bo muri Kongo. Gutera inkunga SADC rero, bisobanuye gufasha, mu buryo buziguye abajenosideri bakorana nayo.

Ibyegeranyo binyuranye kandi, birimo n’iby’intumwa za Loni, bigaragaza ko Leta ya Kongo yamaze kwinjiza mu gisirikari cyayo abajebosideri ba FDLR, ibaha n’ubushobozi bwo gutegura ibikorwa byo guhungabanya umutekano w’uRwanda. Niba SADC se ikorana na FARDC/FDLR, Loni nayo ikaba igiye gutera inkunga iryo huriro, bitaniye he no gushyigikira ababangamiye umutekano w’uRwanda? U Rwanda se rwo ruzipfumbata kandi rubona umigambi mibisha irutegurirwa?

Mu mateka ya Loni, yakunze kwibuka ibitereko yasheshe, ikazaza isuka amarira y’ingona, ishyano ryo ryamaze kugwa. N’ubu rero hari impungenge ko amakosa yayo yo gushyigikira abajenosideri, ashobora gukurura intambara y’akarere kose, nk’uko abasesenguzi badahwema kubyerekana.

2024-09-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Al Gore, Blair, Kofi Annan n’abaperezida batanu bategerejwe i Kigali mu nama yiga ku buhinzi

Al Gore, Blair, Kofi Annan n’abaperezida batanu bategerejwe i Kigali mu nama yiga ku buhinzi

Ubwanditsi 07 Aug 2018
“Nta ngabo z’u Rwanda ziri Maputo” Brig Gen Rwivanga

“Nta ngabo z’u Rwanda ziri Maputo” Brig Gen Rwivanga

Ubwanditsi 04 Nov 2024
Amafoto – APR FC yatsinze US Monastir 1-0 mu mukino ubanza wa CAF Champions League wabereye kuri Sitade ya Huye

Amafoto – APR FC yatsinze US Monastir 1-0 mu mukino ubanza wa CAF Champions League wabereye kuri Sitade ya Huye

Ubwanditsi 10 Sep 2022
Mu mukino wa gicuti, ikipe y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball yatsinze Misiri bitegura gukina amajonjora y’igikombe cy’isi 2023

Mu mukino wa gicuti, ikipe y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball yatsinze Misiri bitegura gukina amajonjora y’igikombe cy’isi 2023

Ubwanditsi 23 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo-Kinshasa imaze kugera kuri 266
Amakuru

Imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo-Kinshasa imaze kugera kuri 266

Ubwanditsi 19 Apr 2023
Impinduka muri Rwanda Day 2016 : Ruhamyambuga Paul  byavugwaga ko yabaye inshuti ya Kayumba  na Rujugiro yarabigaritse
ITOHOZA

Impinduka muri Rwanda Day 2016 : Ruhamyambuga Paul byavugwaga ko yabaye inshuti ya Kayumba na Rujugiro yarabigaritse

Ubwanditsi 23 Sep 2016
‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’
UBUKUNGU

‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’

Ubwanditsi 02 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru