Nyuma yo kwitwara neza mu mwaka w’imikino wa 2025-2026, umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe azakomeza kumutoza iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu.
Taleb yongerewe amasezerano nyuma yo kugira umwaka mwiza mu ikipe y’ingabo z’igihugu aho yayifashije kwegukana ibikombe bitatu birimo Super Cup, Igikombe cy’Amahoro ndetse n’Igikombe cya Shampiyona.
Uyu mutoza afite impamyabushobozi zo ku rwego rwo hejuru mu butoza zirimo CAF Pro Licence na UEFA Pro Licence, mbere yo kugera muri APR FC, yari umutoza wa Difaâ Hassani El Jadidi yo muri Maroc. Yananyuze mu yandi makipe akomeye yo muri icyo gihugu arimo Wydad Athletic Club, RS Berkane na AS FAR, aho yubatse izina nk’umwe mu batoza bafite ubunararibonye.
Mu mwaka mushya w’imikino wa 2026-2027, Taleb ategerejweho gukomeza guhesha APR FC intsinzi no guhatanira ibikombe haba imbere mu gihugu no mu marushanwa mpuzamahanga uhereye kuri CECAFA Kagame Cup itegerejwe I Kigali kuya 25 Nyakanga 2026.
Ikipe ya APR FC yatangiye imyitozo yitegura umwaka mushya w’imikino kuri uyu wa Kabiri, ku kibuga cy’imyitozo cya Shyorongi.














