Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 12 Kanama 20256, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yitabiriye umukino wa UEFA Super Cup 2026 wabereye i Salzburg muri Austria, aho Paris Saint-Germain yegukanye igikombe kiruta ibindi I Burayi itsinze Aston Villa ibitego 2-1.
Uyu mukino wabaye ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki ya 12 Kanama 2026, wahuje PSG yari yatwaye UEFA Champions League na Aston Villa yari yatwaye UEFA Europa League. Ni amakipe yombi afitanye amasezerano yo kwamamaza u Rwanda binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda.
Perezida Kagame yari mu bashyitsi bakomeye bakurikiranye uyu mukino wabereye kuri Stadion Salzburg, aho PSG yongeye kwerekana ko ari ikipe ikomeye dore ko yegukanaga iki gikombe ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, ni nyuma yahoo yari yatwaye iki gikombe umwaka ushizewa 2025.
PSG yatangiye umukino isatira cyane ndetse ku munota wa 21, Khvicha Kvaratskhelia afungura amazamu nyuma yo kubona uburyo bwiza bwo gutera mu izamu ndetse biza no kumuhira, ikipe yatwaye UEFA Champions League iyobora umukino.
Ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza ntiyacitse integer, kuko yabonye igitego cyo kwishyura ubwo hari ku munota wa 37 gitsinzwe na Brian Madjo w’imyaka 18 wamaze guhabwa ikaze n’umutoza Unai Emery, iki gitego akaba ari nacyi cyarangije igice cya mbere cy’umukino.
Mu gice cya kabiri, PSG yakomeje gushaka igitego cy’intsinzi. Ku munota wa 67, Désiré Doué yatsinze igitego cya kabiri cya PSG, nubwo umusifuzi yari yabanje kucyanga avuga ko habayeho kurarira, nyuma yo gusuzuma amashusho ya VAR, igitego cyemejwe bityo biba ibitego 2-1.
Aston Villa yakomeje gushaka uko yakwishyura icyo gitego mu minota ya nyuma, ariko PSG ikomeza kwihagararaho kugeza ubwo uyu mukino warangiye PSG yo mu BUfaransa itsinze uyu mukino ndetse yegukana n’igikombe cya UEFA Super Cup 2026.
Iyi ntsinzi yafashije PSG kongera gutwara UEFA Super Cup, nyuma yo no kwegukana iki gikombe mu 2025 itsinze Tottenham Hotspur kuri penaliti.
PSG yari yinjiye muri uyu mukino nk’ikipe yatwaye igikombe cya UEFA Champions League ya 2025/26, mu gihe Aston Villa yari yabonye itike nyuma yo kwegukana UEFA Europa League.
Ku rundi ruhande, uyu mukino wari ufite umwihariko ku ruhande rw’u Rwanda kuko amakipe yombi ari abafatanyabikorwa ba Visit Rwanda, bituma igihugu cyongera kugaragara ku ruhando rw’umupira w’amaguru w’i Burayi.
Uyu mukino kandi wasifuye n’umusifuzi w’umunya-Somalia, Omar Abdulkadir Artan uheruka no gusifura CECAFA Kagame CUP 2026, uyu mukino yasifuye ukaba wamugize umusifuzi wa mbere uturuka hanze y’umugabane w’i Burayi uhawe gusifura UEFA Super Cup.



![Bisi ya RITCO itwaye abantu 60 yakoze impanuka Imana ikinga ukuboko [ Amafoto ] Bisi ya RITCO itwaye abantu 60 yakoze impanuka Imana ikinga ukuboko [ Amafoto ]](https://rushyashya.net/wp-content/uploads/2017/09/arton8878-360x240.jpg)
