• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kigali : Perezida Kagame anyuze kuri Murekezi yashimiye abasora neza anenga abakwepa imisoro

Kigali : Perezida Kagame anyuze kuri Murekezi yashimiye abasora neza anenga abakwepa imisoro

Ubwanditsi 22 Aug 2016 Mu Mahanga

Perezida Kagame yashimiye abanyarwanda basora, ababwira ko imisoro yabo igira uruhare mu iterambere ryihuse kandi rirambye igihugu cyacu kiyemeje kugeraho.

Mu birori byo ku munsi ngarukamwaka w’abasora wizihijwe kuri uyu wa 22 Kanama 2016, Minisitiri w’Intebe Murekezi Anastase, yavuze ko Perezida wa Repubulika yamusabye gushimira abasora bose ariko anenga n’abadasora.

Ati “Perezida Kagame yansabye gushimira abasora bose, yansabye kubabwira ko imisoro yabo igira uruhare mu iterambere ryihuse kandi rirambye igihugu cyacu kiyemeje kugeraho.

“Nyakubahwa Perezida wa Repubulika arasaba abasora gukomereza aho mukora cyane kandi mukora neza nkuko mu maze kubimenyera kugira ngo turusheho kwiteza imbere bityo n’imisoro mutanga irusheho kwiyongera buri mwaka.”

-3768.jpg

Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi na Minisitiri w’imari Claver Gatete

-3767.jpg

Umukuru w’igihugu yibukije abadatanga imisoro ndetse n’abayitanga nabi ko bagomba gutana n’uwo muco mubi udindiza urugamba rwo kwigira no kwihesha agaciro.

Murekezi yakomeje agira ati “ Perezida yansabye kubwira abasora mwese ko Leta y’u Rwanda izakomeza kunoza ingamba zo gucunga no gukoresha neza imisoro mutanga kandi ko izakomeza gushyiraho ingamba zo kunoza uburyo imisoro itangwa.”

Kuri uyu munsi ngarukamwaka wo gushimira abasora ubaye ku nshuro ya 14 hahembwe indashyikirwa mu nzego zitandukanye zitabiriye gusora neza, gukoresha imashini zitanga inyemezabuguzi ndetse n’abafatanyabikorwa.

Minisitiri w’intebe yabwiye abasora bahembwe ko ibihembo bahawe bikwiye kubongerera imbaraga zo gukomeza gutanga imisoro neza, abwira abatabonye ibihembo ko bikwiye kubatera ishyari ryiza ryo kurushaho gusora neza kugira ngo umwaka utaha bazabe bari ku isonga ry’abasora neza nabo bashimirwe.

64, 4% by’ingengo y’imari azava imbere mu gihugu

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Gatete Claver yabwiye abari bitabiriye umunsi w’abasora ko umuco wo kwiteza imbere hakoreshejwe ingufu z’abanyarwanda urushaho gushinga imizi ku buryo amafaranga akomoka imbere mu gihugu ari yo azakoreshwa cyane mu ngengo y’imari.

Mu ngengo y’imari ya 2016-2017 amafaranga yose ateganyijwe, angana na Miliyari 1949,2. Muri ayo agera kuri Miliyari 1216,4 angana na 64,4% ni amafaranga ava imbere mu gihugu.

U Rwanda rukaba ruteganya ko amafaranga azaturuka hanze y’igihugu azaba angana na Miliyari 733 aribyo bingana na 37,6%, arimo 18,2% y’impano z’amahanga.
Amb Gatete yavuze ko amafaranga yose ava mu misoro y’Abanyarwanda n’andi mafaranga u Rwanda ruguza imbere no hanze yose hamwe agera kuri 81,3%. Ayo mafaranga yose akaba ari ayo igihugu kigengaho.

Ati “Dukomeje kongera umuvuduko mu gusora twasigara ari ya mafaranga twigengaho gusa yaba aturuka mu misoro ndetse n’inguzanyo zishyurwa n’imisoro y’abanayarwanda. Urugero nk’uru ruratanga icyizere ko Politiki twiyemeje yo kugabanya gutungwa n’inkunga z’amahanga tuzagenda tubigeraho mu minsi iri imbere”.

Umusaruro w’imisoro warazamutse

Imibare itangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA) igaragaza ko mu mwaka w’ingengo y’imari ushize 2015-2016, mu isanduku ya Leta hinjiye Miliyari 1001 na Miliyoni 300 z’u Rwanda.

Ugereranyije n’intego iki kigo cyari cyihaye, harenzeho Miliyari 41 z’amafaranga y’u Rwanda.

Komiseri mukuru wa RRA, Tusabe Richard avuga ko bongereye umubare w’abakoresha imashini z’ikoranabuhanga mu gutanga inyemezabuguzi.

Kugeza uyu munsi harabarurwa abasora bakoresha EBM 11 436 mu gihe umwaka wabanje bari bafite abagera ku 8000. Ikindi cyakozwe ni ukongera ingufu mu gukurikirana abafitiye Leta ibirarane by’imisoro

-3766.jpg

Minisitiri Murekezi Anastase, abandi bayobozi n’abasora b’indashyikirwa nyuma yo kwizihiza umunsi wo gushimira abasora

2016-08-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abamotari, abanyonzi n’abanyeshuri bashyizeho amahuriro atandatu  yo kurwanya ibyaha

Abamotari, abanyonzi n’abanyeshuri bashyizeho amahuriro atandatu yo kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 10 Jun 2016
Burundi: Komanda wa Polisi ku musozi wa Kivumu yishwe arashwe n’abasirikare nyuma yo gukozanyaho

Burundi: Komanda wa Polisi ku musozi wa Kivumu yishwe arashwe n’abasirikare nyuma yo gukozanyaho

Ubwanditsi 07 Sep 2018
Niduhitamo guhangana, tuzaba duha urwaho abatatwifuriza ibyiza –Perezida Kagame

Niduhitamo guhangana, tuzaba duha urwaho abatatwifuriza ibyiza –Perezida Kagame

Ubwanditsi 05 Nov 2016
Kugira ubwenegihugu bubiri ntibyakagombye gutambamira ubutabera mu guhana abakoze Jenoside: urugero rwa Charles Ndereyehe Ntahobatuye

Kugira ubwenegihugu bubiri ntibyakagombye gutambamira ubutabera mu guhana abakoze Jenoside: urugero rwa Charles Ndereyehe Ntahobatuye

Ubwanditsi 03 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite
Amakuru

Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Ubwanditsi 03 Dec 2024
Umujyi wa Kigali watangiye  gusenya  Hoteli Top Tower [ AMAFOTO ]
Mu Rwanda

Umujyi wa Kigali watangiye gusenya Hoteli Top Tower [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 12 Jul 2017
Abacuruzi bo muri Uganda batangaje igihombo bamaze guhura nacyo nyuma y’amezi 3 umupaka uhuza u Rwanda na Uganda ufunze Abagande bamaze guhomba akayabo k’Amamiliyari
Mu Mahanga

Abacuruzi bo muri Uganda batangaje igihombo bamaze guhura nacyo nyuma y’amezi 3 umupaka uhuza u Rwanda na Uganda ufunze Abagande bamaze guhomba akayabo k’Amamiliyari

Ubwanditsi 14 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru