• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima

Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima

RUSHYASHYA 13 Jul 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Ku wa 16 Gicurasi 2026, Kabuga Félicien wari ukurikiranywe n’Urwego Mpuzamahanga Rushinzwe Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (IRMCT) yapfiriye muri gereza ya Loni i La Haye mu Buholandi, ahagana saa sita n’iminota 51 z’amanywa.

Urupfu rwe rwabaye nyuma y’imyaka hafi itatu urubanza rwe ruhagaritswe kubera uburwayi bukomeye bwatewe n’izabukuru, bwatumaga atagifite ubushobozi bwo kuburana.

Mu rwego rwo gukuraho impaka zose zashoboraga kuvuka ku rupfu rwe, Perezida wa IRMCT yahise asaba Umucamanza Alphons Orie gukora iperereza ryigenga ku byabaye. Raporo yashyikirijwe urukiko ku wa 6 Nyakanga 2026 igaragaza ko Kabuga yazize urupfu rusanzwe, ruturuka ku ndwara yari amaranye igihe.

Raporo igaragaza ko mu gitondo cyo ku wa 16 Gicurasi, abakozi b’ibitaro by’imfungwa bya Haaglanden basanze Kabuga mu cyumba cye nk’uko byari bisanzwe, baramwuhagira banamuha ifunguro rya mu gitondo.

Saa tanu n’iminota 13, yafashijwe guhamagara umwe mu bakobwa be kuri telefoni. Bombi baganiriye iminota irindwi, nta kibazo kidasanzwe cyagaragaye muri icyo kiganiro.

Ahagana saa sita z’amanywa, umukozi wa gereza yamugejejeho ifunguro rya saa sita rigizwe n’umuceri, karoti, inyama, icyayi na yogourt, ahita asohoka afunga icyumba.

Nyuma y’iminota 50, undi mukozi yahengereye mu kadirishya kari ku rugi rw’icyumba, abona Kabuga yicaye mu kagare k’abafite ubumuga, yunamye umutwe. Yabanje gukeka ko asinziriye.

Icyakora, amaze gufungura urugi kugira ngo yinjizemo umukozi ushinzwe isuku, basanze Kabuga atarakoze ku mafunguro yari amaze guhabwa kandi atagihumeka.

Bahise bahamagara muganga, wageze aho yari ari mu gihe kitarenze umunota umwe, asuzuma ubuzima bwe maze yemeza ko yamaze gupfa.

Kubera ko mu cyumba Kabuga yari arimo hatari hari kamera z’umutekano, iperereza ryifashishije amashusho yafatiwe hanze yacyo.

Aya mashusho yagaragaje ko nta muntu n’umwe winjiye muri icyo cyumba nyuma y’uko yari amaze guhabwa ifunguro rya saa sita kugeza abonetse yapfuye.

Ku mugoroba w’uwo munsi, umuganga w’inzobere mu gusuzuma imirambo yinjiye mu cyumba cya Kabuga, asanga akiri mu kagare yari yicayemo, imbere ye hari isahani y’ibiryo atigeze arya.

Nyuma yo gusuzuma umurambo we, nta gikomere, nta kimenyetso cy’ihohoterwa cyangwa ikindi cyose cyagaragazaga ko yaba yarishwe cyabonetse.

Kubera ko ibimenyetso byose byerekanaga urupfu rusanzwe, abaganga banzuye ko nta mpamvu yo kubaga umurambo ngo hakorwe isuzuma ry’imbere.

Yazize indwara y’umutima

Ku wa 20 Gicurasi 2026, inzego z’ubugenzuzi bwa gihanga z’i Haaglanden zasohoye raporo ya nyuma yemeza ko Kabuga yazize indwara y’umutima, ishingiye ku ndwara nyinshi yari asanganywe ziterwa n’izabukuru

Nyuma yo kubona icyemezo cy’urupfu cyatanzwe n’inzego z’u Buholandi, umuryango wa Kabuga wakuye umurambo we i La Haye ku wa 28 Gicurasi 2026.

Nubwo raporo itatangaje aho yashyinguwe, amakuru yaje kwemeza ko yashyinguwe mu ibanga rikomeye mu gace ka Waterloo mu Bubiligi.

Mu mwanzuro wa nyuma, Umucamanza Alphons Orie yavuze ko nta kimenyetso na kimwe cyagaragaje ko Kabuga yishwe cyangwa yazize uburozi. Yemeje ko yapfuye azize uburwayi bw’umutima n’izindi ndwara zifitanye isano n’izabukuru, bityo ko nta yandi maperereza yari akenewe.

 

 

2026-07-13
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Abanye-Congo bakomeje kwinjira mu Rwanda batinya imvururu zishobora gukurikira amatora

Abanye-Congo bakomeje kwinjira mu Rwanda batinya imvururu zishobora gukurikira amatora

Ubwanditsi 07 Jan 2019
FERWAFA na Perezida wayo Olivier Nizeyimana bahaye ikaze Gicumbi FC na Etoile de l’Est zabonye itike yo gukina imikino y’ikiciro cya mbere 2021-2022

FERWAFA na Perezida wayo Olivier Nizeyimana bahaye ikaze Gicumbi FC na Etoile de l’Est zabonye itike yo gukina imikino y’ikiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 13 Oct 2021
Kiyovu yazanye umunya-Afurika y’Epfo, Rutahizamu w’umunya-Nigeria Nanbur Gabriel na Eloundou Ngono uvuye muri Cameroon basinyiye Gasogi United

Kiyovu yazanye umunya-Afurika y’Epfo, Rutahizamu w’umunya-Nigeria Nanbur Gabriel na Eloundou Ngono uvuye muri Cameroon basinyiye Gasogi United

Ubwanditsi 04 Aug 2022
Lt Col Rugigana Ngabo yagejejwe mu rw’ikirenga ntiyaburanishwa

Lt Col Rugigana Ngabo yagejejwe mu rw’ikirenga ntiyaburanishwa

Ubwanditsi 12 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?
Amakuru

Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?

Ubwanditsi 18 Mar 2025
ABANYARWANDA  HERVE BM  NA JEAN MARIE MICOMBERO BARAKEKWAHO  KUBA MU BATEYE IBISASU I ZAVENTEM  MU BUBILIGI ( Yavuguruwe )
ITOHOZA

ABANYARWANDA HERVE BM NA JEAN MARIE MICOMBERO BARAKEKWAHO KUBA MU BATEYE IBISASU I ZAVENTEM MU BUBILIGI ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 10 Apr 2016
APR FC yabonye amanota atatu ya mbere, Kiyovu ikomeje kugana habi – Umunsi wa 6 wa PL wakinwe
Amakuru

APR FC yabonye amanota atatu ya mbere, Kiyovu ikomeje kugana habi – Umunsi wa 6 wa PL wakinwe

Ubwanditsi 21 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru