Ku wa 16 Gicurasi 2026, Kabuga Félicien wari ukurikiranywe n’Urwego Mpuzamahanga Rushinzwe Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (IRMCT) yapfiriye muri gereza ya Loni i La Haye mu Buholandi, ahagana saa sita n’iminota 51 z’amanywa.
Urupfu rwe rwabaye nyuma y’imyaka hafi itatu urubanza rwe ruhagaritswe kubera uburwayi bukomeye bwatewe n’izabukuru, bwatumaga atagifite ubushobozi bwo kuburana.
Mu rwego rwo gukuraho impaka zose zashoboraga kuvuka ku rupfu rwe, Perezida wa IRMCT yahise asaba Umucamanza Alphons Orie gukora iperereza ryigenga ku byabaye. Raporo yashyikirijwe urukiko ku wa 6 Nyakanga 2026 igaragaza ko Kabuga yazize urupfu rusanzwe, ruturuka ku ndwara yari amaranye igihe.
Raporo igaragaza ko mu gitondo cyo ku wa 16 Gicurasi, abakozi b’ibitaro by’imfungwa bya Haaglanden basanze Kabuga mu cyumba cye nk’uko byari bisanzwe, baramwuhagira banamuha ifunguro rya mu gitondo.
Saa tanu n’iminota 13, yafashijwe guhamagara umwe mu bakobwa be kuri telefoni. Bombi baganiriye iminota irindwi, nta kibazo kidasanzwe cyagaragaye muri icyo kiganiro.
Ahagana saa sita z’amanywa, umukozi wa gereza yamugejejeho ifunguro rya saa sita rigizwe n’umuceri, karoti, inyama, icyayi na yogourt, ahita asohoka afunga icyumba.
Nyuma y’iminota 50, undi mukozi yahengereye mu kadirishya kari ku rugi rw’icyumba, abona Kabuga yicaye mu kagare k’abafite ubumuga, yunamye umutwe. Yabanje gukeka ko asinziriye.
Icyakora, amaze gufungura urugi kugira ngo yinjizemo umukozi ushinzwe isuku, basanze Kabuga atarakoze ku mafunguro yari amaze guhabwa kandi atagihumeka.
Bahise bahamagara muganga, wageze aho yari ari mu gihe kitarenze umunota umwe, asuzuma ubuzima bwe maze yemeza ko yamaze gupfa.
Kubera ko mu cyumba Kabuga yari arimo hatari hari kamera z’umutekano, iperereza ryifashishije amashusho yafatiwe hanze yacyo.
Aya mashusho yagaragaje ko nta muntu n’umwe winjiye muri icyo cyumba nyuma y’uko yari amaze guhabwa ifunguro rya saa sita kugeza abonetse yapfuye.
Ku mugoroba w’uwo munsi, umuganga w’inzobere mu gusuzuma imirambo yinjiye mu cyumba cya Kabuga, asanga akiri mu kagare yari yicayemo, imbere ye hari isahani y’ibiryo atigeze arya.
Nyuma yo gusuzuma umurambo we, nta gikomere, nta kimenyetso cy’ihohoterwa cyangwa ikindi cyose cyagaragazaga ko yaba yarishwe cyabonetse.
Kubera ko ibimenyetso byose byerekanaga urupfu rusanzwe, abaganga banzuye ko nta mpamvu yo kubaga umurambo ngo hakorwe isuzuma ry’imbere.
Yazize indwara y’umutima
Ku wa 20 Gicurasi 2026, inzego z’ubugenzuzi bwa gihanga z’i Haaglanden zasohoye raporo ya nyuma yemeza ko Kabuga yazize indwara y’umutima, ishingiye ku ndwara nyinshi yari asanganywe ziterwa n’izabukuru
Nyuma yo kubona icyemezo cy’urupfu cyatanzwe n’inzego z’u Buholandi, umuryango wa Kabuga wakuye umurambo we i La Haye ku wa 28 Gicurasi 2026.
Nubwo raporo itatangaje aho yashyinguwe, amakuru yaje kwemeza ko yashyinguwe mu ibanga rikomeye mu gace ka Waterloo mu Bubiligi.
Mu mwanzuro wa nyuma, Umucamanza Alphons Orie yavuze ko nta kimenyetso na kimwe cyagaragaje ko Kabuga yishwe cyangwa yazize uburozi. Yemeje ko yapfuye azize uburwayi bw’umutima n’izindi ndwara zifitanye isano n’izabukuru, bityo ko nta yandi maperereza yari akenewe.



