• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima

Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima

RUSHYASHYA 13 Jul 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Ku wa 16 Gicurasi 2026, Kabuga Félicien wari ukurikiranywe n’Urwego Mpuzamahanga Rushinzwe Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (IRMCT) yapfiriye muri gereza ya Loni i La Haye mu Buholandi, ahagana saa sita n’iminota 51 z’amanywa.

Urupfu rwe rwabaye nyuma y’imyaka hafi itatu urubanza rwe ruhagaritswe kubera uburwayi bukomeye bwatewe n’izabukuru, bwatumaga atagifite ubushobozi bwo kuburana.

Mu rwego rwo gukuraho impaka zose zashoboraga kuvuka ku rupfu rwe, Perezida wa IRMCT yahise asaba Umucamanza Alphons Orie gukora iperereza ryigenga ku byabaye. Raporo yashyikirijwe urukiko ku wa 6 Nyakanga 2026 igaragaza ko Kabuga yazize urupfu rusanzwe, ruturuka ku ndwara yari amaranye igihe.

Raporo igaragaza ko mu gitondo cyo ku wa 16 Gicurasi, abakozi b’ibitaro by’imfungwa bya Haaglanden basanze Kabuga mu cyumba cye nk’uko byari bisanzwe, baramwuhagira banamuha ifunguro rya mu gitondo.

Saa tanu n’iminota 13, yafashijwe guhamagara umwe mu bakobwa be kuri telefoni. Bombi baganiriye iminota irindwi, nta kibazo kidasanzwe cyagaragaye muri icyo kiganiro.

Ahagana saa sita z’amanywa, umukozi wa gereza yamugejejeho ifunguro rya saa sita rigizwe n’umuceri, karoti, inyama, icyayi na yogourt, ahita asohoka afunga icyumba.

Nyuma y’iminota 50, undi mukozi yahengereye mu kadirishya kari ku rugi rw’icyumba, abona Kabuga yicaye mu kagare k’abafite ubumuga, yunamye umutwe. Yabanje gukeka ko asinziriye.

Icyakora, amaze gufungura urugi kugira ngo yinjizemo umukozi ushinzwe isuku, basanze Kabuga atarakoze ku mafunguro yari amaze guhabwa kandi atagihumeka.

Bahise bahamagara muganga, wageze aho yari ari mu gihe kitarenze umunota umwe, asuzuma ubuzima bwe maze yemeza ko yamaze gupfa.

Kubera ko mu cyumba Kabuga yari arimo hatari hari kamera z’umutekano, iperereza ryifashishije amashusho yafatiwe hanze yacyo.

Aya mashusho yagaragaje ko nta muntu n’umwe winjiye muri icyo cyumba nyuma y’uko yari amaze guhabwa ifunguro rya saa sita kugeza abonetse yapfuye.

Ku mugoroba w’uwo munsi, umuganga w’inzobere mu gusuzuma imirambo yinjiye mu cyumba cya Kabuga, asanga akiri mu kagare yari yicayemo, imbere ye hari isahani y’ibiryo atigeze arya.

Nyuma yo gusuzuma umurambo we, nta gikomere, nta kimenyetso cy’ihohoterwa cyangwa ikindi cyose cyagaragazaga ko yaba yarishwe cyabonetse.

Kubera ko ibimenyetso byose byerekanaga urupfu rusanzwe, abaganga banzuye ko nta mpamvu yo kubaga umurambo ngo hakorwe isuzuma ry’imbere.

Yazize indwara y’umutima

Ku wa 20 Gicurasi 2026, inzego z’ubugenzuzi bwa gihanga z’i Haaglanden zasohoye raporo ya nyuma yemeza ko Kabuga yazize indwara y’umutima, ishingiye ku ndwara nyinshi yari asanganywe ziterwa n’izabukuru

Nyuma yo kubona icyemezo cy’urupfu cyatanzwe n’inzego z’u Buholandi, umuryango wa Kabuga wakuye umurambo we i La Haye ku wa 28 Gicurasi 2026.

Nubwo raporo itatangaje aho yashyinguwe, amakuru yaje kwemeza ko yashyinguwe mu ibanga rikomeye mu gace ka Waterloo mu Bubiligi.

Mu mwanzuro wa nyuma, Umucamanza Alphons Orie yavuze ko nta kimenyetso na kimwe cyagaragaje ko Kabuga yishwe cyangwa yazize uburozi. Yemeje ko yapfuye azize uburwayi bw’umutima n’izindi ndwara zifitanye isano n’izabukuru, bityo ko nta yandi maperereza yari akenewe.

 

 

2026-07-13
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri

Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA n’abanyamuryango bo mu kiciro ya Kabiri yanzuye ko imikino ya 2020-2021 izakinwa hagati muri Nzeri

Ubwanditsi 20 Aug 2021
Uganda : Besigye na bagenzi be barekuwe batanze miliyoni eshantu z’amashilingi

Uganda : Besigye na bagenzi be barekuwe batanze miliyoni eshantu z’amashilingi

Ubwanditsi 26 Oct 2017
Victor Rukotana yasohoye indirimbo yakomoye ku nkuru mpamo y’umusore w’inshuti ye wabenzwe n’inkumi yo mu cyaro.

Victor Rukotana yasohoye indirimbo yakomoye ku nkuru mpamo y’umusore w’inshuti ye wabenzwe n’inkumi yo mu cyaro.

Ubwanditsi 22 Apr 2021
Burundi: Nzopfabarushe wavuze ko abarwanya Leta bazicwa bakajugunywa mu kiyaga yafunguwe

Burundi: Nzopfabarushe wavuze ko abarwanya Leta bazicwa bakajugunywa mu kiyaga yafunguwe

Ubwanditsi 22 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi yatsinzwe na Benin 3-0 hashakishwa itike y’igikombe cya Afurika 2025
Amakuru

Amavubi yatsinzwe na Benin 3-0 hashakishwa itike y’igikombe cya Afurika 2025

Ubwanditsi 11 Oct 2024
Perezida Kagame  akomeje kuba ku Isonga ni we uyobowe abandi mu majwi y’agateganyo yose ku ijana
Mu Rwanda

Perezida Kagame akomeje kuba ku Isonga ni we uyobowe abandi mu majwi y’agateganyo yose ku ijana

Ubwanditsi 05 Aug 2017
Bugesera :Abagabo bakubitwa n’ Abagore babo bakagira Isoni zo kujya kubarega kunzego z’Umutekano
Mu Rwanda

Bugesera :Abagabo bakubitwa n’ Abagore babo bakagira Isoni zo kujya kubarega kunzego z’Umutekano

Ubwanditsi 27 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru