Samuel Baker Byatsi ushakira ubuzima mu guharabika u Rwanda akoreshweje n’ibigarasha n’interahamwe ni umubeshyi kugeza aho abeshye umwirondoro we. Ubundi yitwa Sam Kama (izina ry’abasoga muri Uganda ubwoko bwa Papa we) ariko yahinduye amazina afata aya se umubyara Samuel Byatsi.
Ubutekamutwe bwatangiye yiyambura amazina ye bwite, Byatsi avugako yarangirije amashuri yisumbuye ku ishuri rya Kagarama hagati ya 2007 na 2010. Kandi amakuru yatangajwe na mushiki we Esther avugako yirukanwe mu wa gatatu ajya Rushaki yiga igihe gito ahita ajya Uganda.
Byatsi nta mwaka wa kane kugeza mu wagatandatu w’amashuri yisumbuye yize.
Yahise yikoza Uganda avugako hagati ya 2011 na 2012 yakuye impamyabushobozi mu by’itangazamakuru muri kaminuza ya Uganda ya UMCAT ndetse yongera kwiga muri iyi kaminuza hagati ya 2012-na 2014


Naho hagati ya 2014 na 2016 Byatsi avugako yigaga muri Fairland Univeristy kandi yarafunze.
Byatsi yashyiraga Col (Rtd) Twahirwa Dodo abeshya ko aruwo mu muryango we ariko Twahirwa Dodo yatubwiyeko ntaho azi Byatsi ari ubwambere amwumvise.
Nkuko mushiki wa Byatsi yabitangaje, yaguze diplome muri Uganda atanga amafaranga bazishyira muri systeme ariko Rushyashya turacyakurikirana aya makuru kuko twandikiye Kaminuza ya UMCAT na Fairland University tubabaza koko niba Byatsi yarakandagiye muri ayo mashuri.
Biracyaza…..



