• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje

Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje

Ubwanditsi 30 May 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Ntibitangaje kandi si bishya ku bazi umunyamakuru Agnes Nkusi Uwimana w’Umurabyo TV ukwiza ibinyoma ashaka amaronko. Ubu noneho yataye umutwe kuko ibinyoma bye byashyizwe hanze nyuma yuko abanyamakuru basuriye Gereza ya Nyarugenge bakaganira n’abagororwa ndetse bagatambagizwa ibikorwa bitandukanye bigize iyi gereza bareba uburyo babayeho.

Ubundi Agnes Nkusi Uwimana yatangije YouTube Channel ye avuga k’ubuzima bwo muri gereza aho yavugaga nk’umutangabuhamya kuko yafunzwe maze si ugukwiza ibinyoma ku buzima bwo muri gereza n’uburyo abagororwa bafatwa nabi. Abantu bose babashije kureba ubutumwa bwihariye bwatanzwe na Callixte Nsabimana cyangwa se bakareba ibiganiro bya Ndimbati babonye ko ibyo Agnes Nkusi yatangaje byose ari ibinyoma.

Agnes Nkusi yakozwe n’isoni ubwo isi yose yabonaga icyumba cya Rusesabagina kirimo isomero, Television n’icyuma kimufasha guteka icyayi bigaragarizwa abanyamakuru maze Rusisibiranya nako Rusesabagina agakorwa n’isoni agahisha isura ye.

Yagaragaye asa neza bitandukanye nibyo umukobwa we Carine Kanimba yatangaje muri Oslo Forum ko Rusesabagina yakorewe iyicarubozo ryo ku mubiri ndetse no kuri roho kandi ko afite indwara ya Stroke (gucika kw’imitsi ijyana amaraso mu bwonko) ari gutabaza mu binyoma bitagira aho bishingiye.

N’ikimwaro cyinshi Agnes Uwimana ngo isomero Rusesabagina afite muri gereza ntiriruta iryo afite muri Amerika nkaho ari umushyitsi w’u Rwanda w’icyubahiro. Agnes Nkusi yirengagiza nkana ko Rusesabagina ari umunyabyaha wahamwe n’ibyaha by’iterabwoba byakozwe n’umutwe yarakuriye wa MRCD-FLN.

Agnes Nkusi Uwimana mugushaka indonke n’amaramuko yakomeje bya binyoma yatangaje ubushize avuga ko yagiye kwa muganga ngo basigaye bamutera inshinge ebyiri ku munsi ku itako no kukaboko kubera ihohoterwa yakorewe ubwo yajyaga gusura Cyuma Hassan. Ihohoterwa avuga ngo baramusatse bamukora mu myanya y’ibanga imbere y’abantu bose ku Karubanda. Yashimiraga abamufashije ngo yivuze, yongeraho ko yivurije mu bitaro byigenga ko inyemezabwishyu yabaye nini. Akabi gasekwa nk’akeza.

Mu byumweru bibiri bishize, Agnes Uwimana aherutse gutangaza ko yakorewe iyicarubozo yagiye gusura umunyamakuru Hassan  Cyuma Dieudonne Niyonsenga muri Gereza ya Kigali iherereye Mageragere.

Tubibutse ko tariki ya 23 Ugushyingo 2021, Hassan Cyuma Dieudonne yanditse ibaruwa igenewe ubuyobozi bwa gereza yiyama abitwaza izina rye bashaka indonke harimo umunyamategeko Octave Bangamwabo nuwari wamushatse ariwe David Ngendahimana kuko bashakaga gukoresha izina rye mu gushaka indonke.

Ni Inshuro ya kabiri Agnes Uwimana agiye gusura Cyuma Hassan akanga kumwiyereka kuko aziko aje kumushakiraho indonke.
Usibye Interahamwe nta wundi wakwemera ibyo Agnes Uwimana yatangaje: yasutse amarira y’ingona avuga ko yakorewe iyicarubozo aho basakirwa. Keretse utarageze Mageragere nibwo wata umwanya ku binyoma bya Agnes Uwimana Nkusi: ku munsi wo gusura haba hari ibihumbi by’abantu baje gusura.  Agnes Uwimana yarasebye kuko uwo yasuye yanze kumwiyereka. Yasatswe bisanzwe nkuko abandi bose bibabaho, ibyo mu gitsina ni ugukabya kuko uzi ubukana bwa SIDA y’Agnes ntiwatekereza ibyo.

Nyuma yo guseba, Agnes Uwimana ngo yashatse umuganga ndetse n’umunyamategeko uzakurikirana ikirego cye. Birababaje biteye n’agahinda ariko iyo utegekwa n’inda ntacyo utakora. Agnes Uwimana kuva yitwa ko ari umunyamakuru abeshejweho n’indonke akura mu gusebanya.  Cyuma yamenye ko bashaka kumuriraho none koko Agnes yabigaragaje ngo arashaka kumukusanyiriza amafaranga.
Mu bindi binyoma, Agnes yifashishije urugero rwa Lizinde Theoneste wari warakatiwe burundu na Habyarimana agafungurwa n’Ingabo za RPF, yavuzeko imfungwa zose zakatiwe burundu ijuru rigiye gufungurwa mu gihe kitarenze umwaka umwe. Ibi ninko kuvuga ko Agnes Uwimana yizeye ingabo zizabohoza izi mpunzi. Umutindi arota arya.

Tubibutse ko mu biganiro Agnes Uwimana akora, gusebya gereza zo mu Rwanda byihariye 70% y’ibiganiro bye kuko aziko Interahamwe zimufasha aribyo zikunda kumva. Gusa Interahamwe zahunze ari ibihumbi n’ibihumbi zifite intwaro ntizizacyurwa n’ibinyoma by’Agnes Uwimana.

2022-05-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bisengimana Justin wari umutoza wa Espoir FC yahagaritswe asimbuzwa Bipfubusa wari umutoza w’abanyezamu

Bisengimana Justin wari umutoza wa Espoir FC yahagaritswe asimbuzwa Bipfubusa wari umutoza w’abanyezamu

Ubwanditsi 20 Dec 2022
Kayumba uhunahuna muri Kongo kuva muri 2010 ubanza icyo ashaka yarakibonye

Kayumba uhunahuna muri Kongo kuva muri 2010 ubanza icyo ashaka yarakibonye

Ubwanditsi 07 Jul 2019
Col. Michel Rukunda Alias Makanika yavuze impamvu yatumye atera umugongo ingabo za FARDC, ahakana ibyo kwifatanya na P5.

Col. Michel Rukunda Alias Makanika yavuze impamvu yatumye atera umugongo ingabo za FARDC, ahakana ibyo kwifatanya na P5.

Ubwanditsi 17 Jan 2020
Kiyovu SC yasezerewe na Gorilla FC, Rayon Sports itsinda Interforce FC mu mikino ya 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro

Kiyovu SC yasezerewe na Gorilla FC, Rayon Sports itsinda Interforce FC mu mikino ya 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 23 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye  Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa
INKURU NYAMUKURU

Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa

Ubwanditsi 20 Jun 2018
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 06 Kamena 2017
Mu Rwanda

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 06 Kamena 2017

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Umukino wagombaga guhuza Simba na Yanga yo muri Tanzaniya byarangiye utabaye kubera ko Yanga yanze impinduka z’isaha y’umukino zaje ku munota wa nyuma.
Amakuru

Umukino wagombaga guhuza Simba na Yanga yo muri Tanzaniya byarangiye utabaye kubera ko Yanga yanze impinduka z’isaha y’umukino zaje ku munota wa nyuma.

Ubwanditsi 09 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru