• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje

Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje

Ubwanditsi 30 May 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Ntibitangaje kandi si bishya ku bazi umunyamakuru Agnes Nkusi Uwimana w’Umurabyo TV ukwiza ibinyoma ashaka amaronko. Ubu noneho yataye umutwe kuko ibinyoma bye byashyizwe hanze nyuma yuko abanyamakuru basuriye Gereza ya Nyarugenge bakaganira n’abagororwa ndetse bagatambagizwa ibikorwa bitandukanye bigize iyi gereza bareba uburyo babayeho.

Ubundi Agnes Nkusi Uwimana yatangije YouTube Channel ye avuga k’ubuzima bwo muri gereza aho yavugaga nk’umutangabuhamya kuko yafunzwe maze si ugukwiza ibinyoma ku buzima bwo muri gereza n’uburyo abagororwa bafatwa nabi. Abantu bose babashije kureba ubutumwa bwihariye bwatanzwe na Callixte Nsabimana cyangwa se bakareba ibiganiro bya Ndimbati babonye ko ibyo Agnes Nkusi yatangaje byose ari ibinyoma.

Agnes Nkusi yakozwe n’isoni ubwo isi yose yabonaga icyumba cya Rusesabagina kirimo isomero, Television n’icyuma kimufasha guteka icyayi bigaragarizwa abanyamakuru maze Rusisibiranya nako Rusesabagina agakorwa n’isoni agahisha isura ye.

Yagaragaye asa neza bitandukanye nibyo umukobwa we Carine Kanimba yatangaje muri Oslo Forum ko Rusesabagina yakorewe iyicarubozo ryo ku mubiri ndetse no kuri roho kandi ko afite indwara ya Stroke (gucika kw’imitsi ijyana amaraso mu bwonko) ari gutabaza mu binyoma bitagira aho bishingiye.

N’ikimwaro cyinshi Agnes Uwimana ngo isomero Rusesabagina afite muri gereza ntiriruta iryo afite muri Amerika nkaho ari umushyitsi w’u Rwanda w’icyubahiro. Agnes Nkusi yirengagiza nkana ko Rusesabagina ari umunyabyaha wahamwe n’ibyaha by’iterabwoba byakozwe n’umutwe yarakuriye wa MRCD-FLN.

Agnes Nkusi Uwimana mugushaka indonke n’amaramuko yakomeje bya binyoma yatangaje ubushize avuga ko yagiye kwa muganga ngo basigaye bamutera inshinge ebyiri ku munsi ku itako no kukaboko kubera ihohoterwa yakorewe ubwo yajyaga gusura Cyuma Hassan. Ihohoterwa avuga ngo baramusatse bamukora mu myanya y’ibanga imbere y’abantu bose ku Karubanda. Yashimiraga abamufashije ngo yivuze, yongeraho ko yivurije mu bitaro byigenga ko inyemezabwishyu yabaye nini. Akabi gasekwa nk’akeza.

Mu byumweru bibiri bishize, Agnes Uwimana aherutse gutangaza ko yakorewe iyicarubozo yagiye gusura umunyamakuru Hassan  Cyuma Dieudonne Niyonsenga muri Gereza ya Kigali iherereye Mageragere.

Tubibutse ko tariki ya 23 Ugushyingo 2021, Hassan Cyuma Dieudonne yanditse ibaruwa igenewe ubuyobozi bwa gereza yiyama abitwaza izina rye bashaka indonke harimo umunyamategeko Octave Bangamwabo nuwari wamushatse ariwe David Ngendahimana kuko bashakaga gukoresha izina rye mu gushaka indonke.

Ni Inshuro ya kabiri Agnes Uwimana agiye gusura Cyuma Hassan akanga kumwiyereka kuko aziko aje kumushakiraho indonke.
Usibye Interahamwe nta wundi wakwemera ibyo Agnes Uwimana yatangaje: yasutse amarira y’ingona avuga ko yakorewe iyicarubozo aho basakirwa. Keretse utarageze Mageragere nibwo wata umwanya ku binyoma bya Agnes Uwimana Nkusi: ku munsi wo gusura haba hari ibihumbi by’abantu baje gusura.  Agnes Uwimana yarasebye kuko uwo yasuye yanze kumwiyereka. Yasatswe bisanzwe nkuko abandi bose bibabaho, ibyo mu gitsina ni ugukabya kuko uzi ubukana bwa SIDA y’Agnes ntiwatekereza ibyo.

Nyuma yo guseba, Agnes Uwimana ngo yashatse umuganga ndetse n’umunyamategeko uzakurikirana ikirego cye. Birababaje biteye n’agahinda ariko iyo utegekwa n’inda ntacyo utakora. Agnes Uwimana kuva yitwa ko ari umunyamakuru abeshejweho n’indonke akura mu gusebanya.  Cyuma yamenye ko bashaka kumuriraho none koko Agnes yabigaragaje ngo arashaka kumukusanyiriza amafaranga.
Mu bindi binyoma, Agnes yifashishije urugero rwa Lizinde Theoneste wari warakatiwe burundu na Habyarimana agafungurwa n’Ingabo za RPF, yavuzeko imfungwa zose zakatiwe burundu ijuru rigiye gufungurwa mu gihe kitarenze umwaka umwe. Ibi ninko kuvuga ko Agnes Uwimana yizeye ingabo zizabohoza izi mpunzi. Umutindi arota arya.

Tubibutse ko mu biganiro Agnes Uwimana akora, gusebya gereza zo mu Rwanda byihariye 70% y’ibiganiro bye kuko aziko Interahamwe zimufasha aribyo zikunda kumva. Gusa Interahamwe zahunze ari ibihumbi n’ibihumbi zifite intwaro ntizizacyurwa n’ibinyoma by’Agnes Uwimana.

2022-05-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Barindwi bakekwaho gutera BK ya Buhanda bakica umuntu bagejejwe mu butabera

Barindwi bakekwaho gutera BK ya Buhanda bakica umuntu bagejejwe mu butabera

Ubwanditsi 06 Nov 2017
Umunyarwanda Gad Ntambara  yihanangirije Carolyn Maloney Umunyamerikakazi akaba n’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko muri Amerika, amubuza gushinyagurira abo Rusesabagina yagize impfubyi n’abapfakazi.

Umunyarwanda Gad Ntambara  yihanangirije Carolyn Maloney Umunyamerikakazi akaba n’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko muri Amerika, amubuza gushinyagurira abo Rusesabagina yagize impfubyi n’abapfakazi.

Ubwanditsi 22 Dec 2020
APR FC yatandukanye n’abakinnyi 3, yongerera amasezerano 5 barimo Djabel wahawe amasezerano y’imyaka 4 ndetse igura mu yandi makipe abakinnyi 6

APR FC yatandukanye n’abakinnyi 3, yongerera amasezerano 5 barimo Djabel wahawe amasezerano y’imyaka 4 ndetse igura mu yandi makipe abakinnyi 6

Ubwanditsi 13 Jul 2021
Icyinyoma cya Bonabaana inkoramutima ya RNC, kunyerera ku gishishwa cy’umuneke mu gitangazamakuru cya guverinoma

Icyinyoma cya Bonabaana inkoramutima ya RNC, kunyerera ku gishishwa cy’umuneke mu gitangazamakuru cya guverinoma

Ubwanditsi 12 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mugisha Samuel wegukanye Tour du Rwanda yerekeje muri Tour de France U-23
IMIKINO

Mugisha Samuel wegukanye Tour du Rwanda yerekeje muri Tour de France U-23

Ubwanditsi 15 Aug 2018
Arsenal igira umukino mwiza n’umutoza mwiza, abo nenga ni banyirayo- Perezida Kagame
IMIKINO

Arsenal igira umukino mwiza n’umutoza mwiza, abo nenga ni banyirayo- Perezida Kagame

Ubwanditsi 05 May 2018
Mu mikino ine ya shampiyona yakinwe yabonetsemo ibitego 17, Manizabayo Eric uzwi nka Karadio yegukanye Gisaka Race
Amakuru

Mu mikino ine ya shampiyona yakinwe yabonetsemo ibitego 17, Manizabayo Eric uzwi nka Karadio yegukanye Gisaka Race

Ubwanditsi 02 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru