• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga

Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga

Ubwanditsi 10 May 2017 Mu Rwanda

Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga ari yo mpamvu abafatanyabikorwa n’imiryango itandukanye nka Imbuto Foundation, bakomeje gufatanya mu gushyiraho gahunda zo kububungabunga bigendanye n’aho iterambere ry’Isi rigeze.

Yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu mu ihuriro ry’urubyiruko ryateguwe na Imbuto Foundation ryateguwe mu rwego rw’inama mu nama ku guteza imbere ikoranabuhanga rihindura Afurika – Transform Africa ibera i Kigali kuva ku wa 10-12 Gicurasi 2017.

Iri huriro ryibandaga ku gukoresha ikoranabuhanga mu rwego rw’ubuzima hatangwa serivisi nziza ariko bikabyara inyungu z’ubucuruzi, ryanitabiriwe na Madamu wa Minisitiri w’Intebe wa São Tomé et Príncipe, Nana Travoada; Umuyobozi wa UNESCO, Irina Bokova, Minisitiri w’Ubuzima w’u Rwanda, Diane Gashumba n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye z’igihugu.

Madamu Jeannette Kagame yagarutse ku bikorwa bya Imbuto Foundation mu myaka 16 birimo gahunda zo kurwanya Sida, guhugura urubyiruko ku buzima bw’imyororokere, kurwanya inda zitateguwe n’izindi, avuga ko ibi byose bigamije guharanira ubuzima bwiza bw’abanyarwanda kuko ari bwo buza ku isonga y’ibindi.

Yagize ati “Ubuzima bw’Abanyarwanda buri ku isonga muri gahunda zose zitabwaho mbere mu gihugu.”

Yibukije ko aho Isi igeze bikwiye ko ikoranabuhanga riba inkingi mwikorezi yo gufasha abaturage ba Afurika kugira ubuzima bwiza kandi n’abarivumbuye bikabagirira umumaro wo kwiteza imbere.

Yagize ati “ Uko Isi igenda itera imbere, tugomba kwiga uko twabyaza umusaruro guhanga udushya, tukagendana natwo kandi tukaduteza imbere bigendanye n’ibigezweho by’ingenzi.”

Madamu Jeannette Kagame yakomoje ku ikoranabuhanga mu gutanga serivisi z’ubuzima, yemeza ko u Rwanda ari urugero rwiza rw’igihugu cyesheje uyu muhigo, aho utudege twa drones twifashishwa mu kugeza amaraso hirya no hino mu bitaro.

Yongeyeho ko gahunda ya iAccelerator yatangijwe na Imbuto Foundation ku bufatanye na UNFPA ndetse na Guverinoma y’u Bwongereza, yatumye urubyiruko ruhanga imishinga ibyara inyungu kandi igafasha mu gusubiza ibibazo urubyiruko rufite ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere.

Iyi mishinga izakemura ibibazo birimo inda zitateguwe, indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina zirimo virusi itera Sida, ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ibindi bishobora kwangiza ahazaza habo, kuko imishinga ine yatsinze buri umwe yahawe 10,000 by’amadolari byo kuwushyira mu bikorwa.

Iri huriro kandi ryabaye n’amahirwe kuri bane ba mbere batsinze mu irushanwa iAccelerator, yo kwereka abatumirwa barimo n’abashoramari batandukanye, aho imishinga yabo igeze itunganywa ngo ive mu bitekerezo itangire gushyirwa mu bikorwa inabyare inyungu.

Dominique Uwase Alonga ni umwe mu bakoze umushinga witwa ‘Girl District’ uri mu yabashije gutsinda, yavuze ko uzabafasha guhangana n’ikibazo babonye, aho ababyeyi n’abantu bakuze benshi bataganiriza abana babo ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere.

Yagize ati “Turashaka gukora urubuga aho urubyiruko ruzajya rubwira urundi rubyiruko kuri iyi ngingo, tugakora n’ibitabo bizasohoka bifite inkuru za buri munsi. Ibi ni ukugira ngo uko urubyiruko rurushaho kumva amakuru tubahaye bibafashe kongera ubumenyi, banarusheho kumenya gufata ibyemezo ku buzima bwabo.”

Muri Nyakanga ni bwo Girl District izatangira ku mugaragaro, ikaba yiteguye kugera ku bigo by’amashuri byose, birimo iby’amashuri yisumbuye.

Umuyobozi wa UNESCO, Irina Bokova, yashimye gahunda ya iAccelerator, avuga ko ari ngombwa gushora imari mu bakiri bato no kubaha amahirwe yo gutekereza ku dushya twahindura ubuzima bwa benshi kuko ari bwo buryo buzafasha Isi kugera ku hazaza heza yifuza.

Ikoranabuhanga mu buzima rirakenewe?

Mu kiganiro cyatanzwe ku ikoranabuhanga mu rwego rw’ubuzima, Israel Bimpe, Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’abanyeshuri biga ibijyanye na farumasi, yagaragaje ko mu rwego rw’ubuzima hakirimo icyuho gikeneye ikoranabuhanga, cyane cyane mu gukurikirana ubuzima bw’uwahawe imiti na muganga.

Yagize ati “Hari igihe tubura uko dukurikirana abarwayi, nibwira ko hari ukuntu twatekereza ku ikoranabuhanga ryajya rituma dufasha abantu gukurikirana amakuru y’abarwayi, ndetse nabo bakabaza amakuru ku buzima, ku miti n’ukuntu bakwirinda.”

Yongeyeho ko iri koranabuhanga ryaba ishoramari ariko akenshi usanga abagiye kurihanga bazitirwa no kuba mu bihugu bimwe na bimwe nta mategeko yorohereza cyangwa arengera abahimba ibishya mu ikoranabuhanga.

Ubushobozi bw’amafaranga ni indi mbogamizi yagaragajwe ko ishobora kuzitira gukoresha ikoranabuhanga mu nzego zitandukanye z’iterambere.

-6524.jpg

Mme Jeannette Kagame

2017-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gasabo: Paul Kagame yatorewe kuzahagararira FPR mu matora yegereje

Gasabo: Paul Kagame yatorewe kuzahagararira FPR mu matora yegereje

Ubwanditsi 04 Jun 2017
Guha Ijambo mu bitangazamakuru Barafinda Sekikubo ni ugushinyagura,RIB yasabye abanyamakuru kugira ubumuntu

Guha Ijambo mu bitangazamakuru Barafinda Sekikubo ni ugushinyagura,RIB yasabye abanyamakuru kugira ubumuntu

Ubwanditsi 29 Jul 2020
Uhuru Kenyatta yatorewe kuyobora Kenya mu myaka itanu iri imbere

Uhuru Kenyatta yatorewe kuyobora Kenya mu myaka itanu iri imbere

Ubwanditsi 12 Aug 2017
CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes

CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes

Ubwanditsi 20 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abantu batanu basanganywe Coronavirus mu bipimo 1036 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 118, abandi bantu 11 bakize COVID-19 basezererwa
HIRYA NO HINO

Abantu batanu basanganywe Coronavirus mu bipimo 1036 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 118, abandi bantu 11 bakize COVID-19 basezererwa

Ubwanditsi 11 Apr 2020
Amafoto- Bayobowe n’umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda muri Senegal, Guillaume Serge Nzabonimana,    Abanyarwanda baba muri Mali basuye Amavubi U23
Amakuru

Amafoto- Bayobowe n’umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda muri Senegal, Guillaume Serge Nzabonimana, Abanyarwanda baba muri Mali basuye Amavubi U23

Ubwanditsi 28 Oct 2022
APR FC yanyagiye Gicumbi FC iyisiga mu mazi abira
IMIKINO

APR FC yanyagiye Gicumbi FC iyisiga mu mazi abira

Ubwanditsi 29 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru