• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga

Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga

Ubwanditsi 10 May 2017 Mu Rwanda

Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga ari yo mpamvu abafatanyabikorwa n’imiryango itandukanye nka Imbuto Foundation, bakomeje gufatanya mu gushyiraho gahunda zo kububungabunga bigendanye n’aho iterambere ry’Isi rigeze.

Yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu mu ihuriro ry’urubyiruko ryateguwe na Imbuto Foundation ryateguwe mu rwego rw’inama mu nama ku guteza imbere ikoranabuhanga rihindura Afurika – Transform Africa ibera i Kigali kuva ku wa 10-12 Gicurasi 2017.

Iri huriro ryibandaga ku gukoresha ikoranabuhanga mu rwego rw’ubuzima hatangwa serivisi nziza ariko bikabyara inyungu z’ubucuruzi, ryanitabiriwe na Madamu wa Minisitiri w’Intebe wa São Tomé et Príncipe, Nana Travoada; Umuyobozi wa UNESCO, Irina Bokova, Minisitiri w’Ubuzima w’u Rwanda, Diane Gashumba n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye z’igihugu.

Madamu Jeannette Kagame yagarutse ku bikorwa bya Imbuto Foundation mu myaka 16 birimo gahunda zo kurwanya Sida, guhugura urubyiruko ku buzima bw’imyororokere, kurwanya inda zitateguwe n’izindi, avuga ko ibi byose bigamije guharanira ubuzima bwiza bw’abanyarwanda kuko ari bwo buza ku isonga y’ibindi.

Yagize ati “Ubuzima bw’Abanyarwanda buri ku isonga muri gahunda zose zitabwaho mbere mu gihugu.”

Yibukije ko aho Isi igeze bikwiye ko ikoranabuhanga riba inkingi mwikorezi yo gufasha abaturage ba Afurika kugira ubuzima bwiza kandi n’abarivumbuye bikabagirira umumaro wo kwiteza imbere.

Yagize ati “ Uko Isi igenda itera imbere, tugomba kwiga uko twabyaza umusaruro guhanga udushya, tukagendana natwo kandi tukaduteza imbere bigendanye n’ibigezweho by’ingenzi.”

Madamu Jeannette Kagame yakomoje ku ikoranabuhanga mu gutanga serivisi z’ubuzima, yemeza ko u Rwanda ari urugero rwiza rw’igihugu cyesheje uyu muhigo, aho utudege twa drones twifashishwa mu kugeza amaraso hirya no hino mu bitaro.

Yongeyeho ko gahunda ya iAccelerator yatangijwe na Imbuto Foundation ku bufatanye na UNFPA ndetse na Guverinoma y’u Bwongereza, yatumye urubyiruko ruhanga imishinga ibyara inyungu kandi igafasha mu gusubiza ibibazo urubyiruko rufite ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere.

Iyi mishinga izakemura ibibazo birimo inda zitateguwe, indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina zirimo virusi itera Sida, ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ibindi bishobora kwangiza ahazaza habo, kuko imishinga ine yatsinze buri umwe yahawe 10,000 by’amadolari byo kuwushyira mu bikorwa.

Iri huriro kandi ryabaye n’amahirwe kuri bane ba mbere batsinze mu irushanwa iAccelerator, yo kwereka abatumirwa barimo n’abashoramari batandukanye, aho imishinga yabo igeze itunganywa ngo ive mu bitekerezo itangire gushyirwa mu bikorwa inabyare inyungu.

Dominique Uwase Alonga ni umwe mu bakoze umushinga witwa ‘Girl District’ uri mu yabashije gutsinda, yavuze ko uzabafasha guhangana n’ikibazo babonye, aho ababyeyi n’abantu bakuze benshi bataganiriza abana babo ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere.

Yagize ati “Turashaka gukora urubuga aho urubyiruko ruzajya rubwira urundi rubyiruko kuri iyi ngingo, tugakora n’ibitabo bizasohoka bifite inkuru za buri munsi. Ibi ni ukugira ngo uko urubyiruko rurushaho kumva amakuru tubahaye bibafashe kongera ubumenyi, banarusheho kumenya gufata ibyemezo ku buzima bwabo.”

Muri Nyakanga ni bwo Girl District izatangira ku mugaragaro, ikaba yiteguye kugera ku bigo by’amashuri byose, birimo iby’amashuri yisumbuye.

Umuyobozi wa UNESCO, Irina Bokova, yashimye gahunda ya iAccelerator, avuga ko ari ngombwa gushora imari mu bakiri bato no kubaha amahirwe yo gutekereza ku dushya twahindura ubuzima bwa benshi kuko ari bwo buryo buzafasha Isi kugera ku hazaza heza yifuza.

Ikoranabuhanga mu buzima rirakenewe?

Mu kiganiro cyatanzwe ku ikoranabuhanga mu rwego rw’ubuzima, Israel Bimpe, Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’abanyeshuri biga ibijyanye na farumasi, yagaragaje ko mu rwego rw’ubuzima hakirimo icyuho gikeneye ikoranabuhanga, cyane cyane mu gukurikirana ubuzima bw’uwahawe imiti na muganga.

Yagize ati “Hari igihe tubura uko dukurikirana abarwayi, nibwira ko hari ukuntu twatekereza ku ikoranabuhanga ryajya rituma dufasha abantu gukurikirana amakuru y’abarwayi, ndetse nabo bakabaza amakuru ku buzima, ku miti n’ukuntu bakwirinda.”

Yongeyeho ko iri koranabuhanga ryaba ishoramari ariko akenshi usanga abagiye kurihanga bazitirwa no kuba mu bihugu bimwe na bimwe nta mategeko yorohereza cyangwa arengera abahimba ibishya mu ikoranabuhanga.

Ubushobozi bw’amafaranga ni indi mbogamizi yagaragajwe ko ishobora kuzitira gukoresha ikoranabuhanga mu nzego zitandukanye z’iterambere.

-6524.jpg

Mme Jeannette Kagame

2017-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanduye Coronavirus mu Rwanda biyongereyeho 13 bagera ku 102

Abanduye Coronavirus mu Rwanda biyongereyeho 13 bagera ku 102

Ubwanditsi 05 Apr 2020
Hagati ya Mashami Vincent na Jimmy Mulisa umwe ashobora gusimbura Eric Nshimiyimana wasezerewe n’ubuyobozi bwa AS Kigali, ni nyuma yo gutsindwa na Rayon Sports 2-1

Hagati ya Mashami Vincent na Jimmy Mulisa umwe ashobora gusimbura Eric Nshimiyimana wasezerewe n’ubuyobozi bwa AS Kigali, ni nyuma yo gutsindwa na Rayon Sports 2-1

Ubwanditsi 19 Dec 2021
Icyiciro cya 8 cy’abapolisi b’u Rwanda bagiye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti cyahawe impanuro

Icyiciro cya 8 cy’abapolisi b’u Rwanda bagiye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti cyahawe impanuro

Ubwanditsi 23 Aug 2017
Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina

Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina

Ubwanditsi 01 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) ryemeje ko Tour du Rwanda 2022 izaba ku hagati ya tariki 20 na 27 Gashyantare 2022
Amakuru

Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) ryemeje ko Tour du Rwanda 2022 izaba ku hagati ya tariki 20 na 27 Gashyantare 2022

Ubwanditsi 14 Oct 2021
U Rwanda rwahawe na Banki y’Isi inguzanyo ya miliyoni 120 z’amadolari y’Amerika
Mu Rwanda

U Rwanda rwahawe na Banki y’Isi inguzanyo ya miliyoni 120 z’amadolari y’Amerika

Ubwanditsi 17 Jul 2017
Danmark: Umunyarwanda yatawe muri yombi ashinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi
ITOHOZA

Danmark: Umunyarwanda yatawe muri yombi ashinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 16 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru