• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga

Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga

Ubwanditsi 10 May 2017 Mu Rwanda

Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga ari yo mpamvu abafatanyabikorwa n’imiryango itandukanye nka Imbuto Foundation, bakomeje gufatanya mu gushyiraho gahunda zo kububungabunga bigendanye n’aho iterambere ry’Isi rigeze.

Yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu mu ihuriro ry’urubyiruko ryateguwe na Imbuto Foundation ryateguwe mu rwego rw’inama mu nama ku guteza imbere ikoranabuhanga rihindura Afurika – Transform Africa ibera i Kigali kuva ku wa 10-12 Gicurasi 2017.

Iri huriro ryibandaga ku gukoresha ikoranabuhanga mu rwego rw’ubuzima hatangwa serivisi nziza ariko bikabyara inyungu z’ubucuruzi, ryanitabiriwe na Madamu wa Minisitiri w’Intebe wa São Tomé et Príncipe, Nana Travoada; Umuyobozi wa UNESCO, Irina Bokova, Minisitiri w’Ubuzima w’u Rwanda, Diane Gashumba n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye z’igihugu.

Madamu Jeannette Kagame yagarutse ku bikorwa bya Imbuto Foundation mu myaka 16 birimo gahunda zo kurwanya Sida, guhugura urubyiruko ku buzima bw’imyororokere, kurwanya inda zitateguwe n’izindi, avuga ko ibi byose bigamije guharanira ubuzima bwiza bw’abanyarwanda kuko ari bwo buza ku isonga y’ibindi.

Yagize ati “Ubuzima bw’Abanyarwanda buri ku isonga muri gahunda zose zitabwaho mbere mu gihugu.”

Yibukije ko aho Isi igeze bikwiye ko ikoranabuhanga riba inkingi mwikorezi yo gufasha abaturage ba Afurika kugira ubuzima bwiza kandi n’abarivumbuye bikabagirira umumaro wo kwiteza imbere.

Yagize ati “ Uko Isi igenda itera imbere, tugomba kwiga uko twabyaza umusaruro guhanga udushya, tukagendana natwo kandi tukaduteza imbere bigendanye n’ibigezweho by’ingenzi.”

Madamu Jeannette Kagame yakomoje ku ikoranabuhanga mu gutanga serivisi z’ubuzima, yemeza ko u Rwanda ari urugero rwiza rw’igihugu cyesheje uyu muhigo, aho utudege twa drones twifashishwa mu kugeza amaraso hirya no hino mu bitaro.

Yongeyeho ko gahunda ya iAccelerator yatangijwe na Imbuto Foundation ku bufatanye na UNFPA ndetse na Guverinoma y’u Bwongereza, yatumye urubyiruko ruhanga imishinga ibyara inyungu kandi igafasha mu gusubiza ibibazo urubyiruko rufite ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere.

Iyi mishinga izakemura ibibazo birimo inda zitateguwe, indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina zirimo virusi itera Sida, ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ibindi bishobora kwangiza ahazaza habo, kuko imishinga ine yatsinze buri umwe yahawe 10,000 by’amadolari byo kuwushyira mu bikorwa.

Iri huriro kandi ryabaye n’amahirwe kuri bane ba mbere batsinze mu irushanwa iAccelerator, yo kwereka abatumirwa barimo n’abashoramari batandukanye, aho imishinga yabo igeze itunganywa ngo ive mu bitekerezo itangire gushyirwa mu bikorwa inabyare inyungu.

Dominique Uwase Alonga ni umwe mu bakoze umushinga witwa ‘Girl District’ uri mu yabashije gutsinda, yavuze ko uzabafasha guhangana n’ikibazo babonye, aho ababyeyi n’abantu bakuze benshi bataganiriza abana babo ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere.

Yagize ati “Turashaka gukora urubuga aho urubyiruko ruzajya rubwira urundi rubyiruko kuri iyi ngingo, tugakora n’ibitabo bizasohoka bifite inkuru za buri munsi. Ibi ni ukugira ngo uko urubyiruko rurushaho kumva amakuru tubahaye bibafashe kongera ubumenyi, banarusheho kumenya gufata ibyemezo ku buzima bwabo.”

Muri Nyakanga ni bwo Girl District izatangira ku mugaragaro, ikaba yiteguye kugera ku bigo by’amashuri byose, birimo iby’amashuri yisumbuye.

Umuyobozi wa UNESCO, Irina Bokova, yashimye gahunda ya iAccelerator, avuga ko ari ngombwa gushora imari mu bakiri bato no kubaha amahirwe yo gutekereza ku dushya twahindura ubuzima bwa benshi kuko ari bwo buryo buzafasha Isi kugera ku hazaza heza yifuza.

Ikoranabuhanga mu buzima rirakenewe?

Mu kiganiro cyatanzwe ku ikoranabuhanga mu rwego rw’ubuzima, Israel Bimpe, Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’abanyeshuri biga ibijyanye na farumasi, yagaragaje ko mu rwego rw’ubuzima hakirimo icyuho gikeneye ikoranabuhanga, cyane cyane mu gukurikirana ubuzima bw’uwahawe imiti na muganga.

Yagize ati “Hari igihe tubura uko dukurikirana abarwayi, nibwira ko hari ukuntu twatekereza ku ikoranabuhanga ryajya rituma dufasha abantu gukurikirana amakuru y’abarwayi, ndetse nabo bakabaza amakuru ku buzima, ku miti n’ukuntu bakwirinda.”

Yongeyeho ko iri koranabuhanga ryaba ishoramari ariko akenshi usanga abagiye kurihanga bazitirwa no kuba mu bihugu bimwe na bimwe nta mategeko yorohereza cyangwa arengera abahimba ibishya mu ikoranabuhanga.

Ubushobozi bw’amafaranga ni indi mbogamizi yagaragajwe ko ishobora kuzitira gukoresha ikoranabuhanga mu nzego zitandukanye z’iterambere.

-6524.jpg

Mme Jeannette Kagame

2017-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kenya : Umunyamerika n’Umunyacanada bagiye guhambirizwa kubera amatora

Kenya : Umunyamerika n’Umunyacanada bagiye guhambirizwa kubera amatora

Ubwanditsi 06 Aug 2017
Iserukiramuco ryitwa “Hamwe Festival” rya Kaminuza yitwa University of Global Health Equity, rigiye kongera kubera mu Rwanda ku nshuro ya 2 harebwa cyane ubuzima bwo mu mutwe

Iserukiramuco ryitwa “Hamwe Festival” rya Kaminuza yitwa University of Global Health Equity, rigiye kongera kubera mu Rwanda ku nshuro ya 2 harebwa cyane ubuzima bwo mu mutwe

Ubwanditsi 07 Nov 2020
U Rwanda n’isi hakomeje ibikorwa byo kwibuka jenoside yakorewe abatutsi, mu gihe hagaragara abayipfobya n’abayishyigikiye ku mugaragaro

U Rwanda n’isi hakomeje ibikorwa byo kwibuka jenoside yakorewe abatutsi, mu gihe hagaragara abayipfobya n’abayishyigikiye ku mugaragaro

RUSHYASHYA 07 Apr 2026
Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Ubwanditsi 15 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

P.Kagame arasubira i Paris ?
POLITIKI

P.Kagame arasubira i Paris ?

Ubwanditsi 10 May 2018
U Burundi buhangayikishijwe n’ihagarikwa ry’abasirikare b’Abarundi bari Somalia mu butumwa bwa AMISOM binjirizaga Nkurunziza, Museveni na Salim Saleh amamiliyoni
INKURU NYAMUKURU

U Burundi buhangayikishijwe n’ihagarikwa ry’abasirikare b’Abarundi bari Somalia mu butumwa bwa AMISOM binjirizaga Nkurunziza, Museveni na Salim Saleh amamiliyoni

Ubwanditsi 27 Feb 2019
Dore uko byari bimeze mu gikorwa cyo kwiyamamaza Paul Kagame yakoreye i Nyamirambo
Mu Rwanda

Dore uko byari bimeze mu gikorwa cyo kwiyamamaza Paul Kagame yakoreye i Nyamirambo

Ubwanditsi 21 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru