Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Rayon Sports yegukanye igikombe cy’irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026 yaherukaga mu 1998, nyuma yo gutsindira Gor Mahia FC ibitego 2-1 kuri Stade Amahoro.
Ni umukino Rayon Sports yatangiye yasubiye inyuma gato itataka cyane, mu gihe Gor Mahia ari yo yabanje gusatira cyane. Icyakora, ikipe y’i Kigali yaje kubona uburyo bwiza maze ku munota wa 27, Junior Kameni atsinda igitego cya mbere ku mupira wari utewe neza na Iradukunda Elie Tatou. Gikundiro yongeye kubona igitego mbere y’uko igice cya mbere kirangira, ariko umusifuzi was mbere w’igitambaro aviva ko Muderi Akbar yagitsindishije akaboko, maze igice cya mbere kirangira iyoboye n’igitego 1-0.
Mu gice cya kabiri, Gor Mahia yagarukanye imbaraga nyinshi ishaka kwishyura ari nako ikora impinduka, maze igitutu yari yashyize kuri Rayon Sports kiza kuyibyara umusaruro, ku munota wa 54, Sabuni Sirengo atsindira iyi kipe igitego cyo kwishyura, umukino uba 1-1. Maze Rayon Sports na yo ikora impinduka zitandukanye, ariko iminota 90 irangira amakipe yombi anganya.
Mu minota 30 y’inyongera, Rayon Sports yongeye gushyiramo imbaraga ishaka igitego cy’intsinzi maze ku munota wa 96, Muhoza Daniel atsinda igitego cya kabiri cya Gikundiro ku mupira mwiza yari ahawe na Tambwe Gloire, bituma iyi kipe yongera kujya imbere. Gor Mahia yahise yongera gusatira ishaka kwishyura, ariko uburyo yabonye ntiyabubyaza umusaruro.
Umukino warangiye Rayon Sports itsinze Gor Mahia ibitego 2-1, ihita yegukana igikombe cya CECAFA Kagame Cup 2026, biba ku nshuro ya mbere yegukanye iki gikombe kuva gitangiye guterwa inkunga na Perezida wa Repubulika Paul Kagame. Gusa cyaje gisanga icyo yatwaye mu 1998.
Muri rusange Rayon Sports yaherukaga igikombe muri 2023 yegukana igikombe cy’Amahoro itsinze APR FC ku mukino wa nyuma. Gilundiro kandi yakoze amateka muri iri rushanwa, kuko yegukanye igikombe nta mukino n’umwe itsizwe.




