Nyuma y’uko u Rwanda rwisanze mu itsinda K hamwe na Mali, Cape Verde na Liberia mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027, Umutoza Mukuru w’Amavubi, Stephen Constantine yavuze ko iri tsinda ritoroshye ariko ko ikipe y’u Rwanda izarwana kugeza ku munota wa nyuma.
Stephen Constantine yavuze ko Amavubi yisanze mu itsinda ririmo amakipe akomeye ku rwego rwa Afurika, cyane cyane Mali na Cape Verde ziri mu makipe 15 ya mbere akomeye ku mugabane.
Yagize ati: “Ni itsinda ritoroshye kuko harimo ibihugu bibiri biri mu makipe 15 ya mbere muri Afurika, ari byo Cape Verde na Mali. Liberia nayo ni ikipe ikomeye. Tugomba gutsindira imikino yo mu rugo hanyuma tukareba ibizava mu mikino yo hanze.”
Uyu mutoza yavuze ko nubwo itsinda rikomeye, ari byo Amavubi ashaka kugira ngo yigerageze ku rwego rwo hejuru ndetse ko bishoboka mu gihe abakinnyi bakomeza kwitanga.
Yagize ati: “Turashaka guhura n’amakipe akomeye no guhatana n’ayabaye meza muri Afurika kandi ntekereza ko byose bishoboka. Abakinnyi bagaragaje umutima wo kurwana no kwitanga mu mikino iheruka. Gukina mu Ikipe y’Igihugu ni iby’agaciro gakomeye kandi buri wese azatanga ibyo afite byose ku bw’Amavubi.”
Ku bijyanye n’imyiteguro y’imikino ya gicuti iri imbere, Constantine yavuze ko Amavubi azahita yerekeza muri Marocco nyuma y’uko Shampiyona y’u Rwanda irangiye.
Ati: “Shampiyona izarangira tariki ya 30 Gicurasi, ‘FIFA window’ itangire hashize iminsi ibiri gusa. Tuzajya muri Marocco tugire iminsi itatu cyangwa ine yo kwitegura mbere yo guhura na Tanzania tariki ya 6 Kamena, hanyuma ku ya 9 dukine na Comoros.”
Yasabye abafana b’Amavubi kwihangana kuko ikipe iri kubakwa bundi bushya nyuma y’imyaka ibiri itagenze neza mu musaruro.
Ati: “Turi kugerageza kongera kubaka ikipe. Imyaka ibiri ishize ntiyatugendekeye neza mu musaruro. Nta mukino woroshye uba uri muri ruhago, ugomba kurwana, ugatsinda kandi rimwe na rimwe ukagira amahirwe. Tuzagerageza gukora ibyo byose.”
Imikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027 biteganyijwe ko izatangira muri Nzeri 2026, aho amakipe azakina imikino ibanza n’iyo kwishyura kugeza habonetse azahagararira Afurika muri iri rushanwa rikomeye.




