• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027

Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027

RUSHYASHYA 20 May 2026 Amakuru, IMIKINO

Nyuma y’uko u Rwanda rwisanze mu itsinda K hamwe na Mali, Cape Verde na Liberia mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027, Umutoza Mukuru w’Amavubi, Stephen Constantine yavuze ko iri tsinda ritoroshye ariko ko ikipe y’u Rwanda izarwana kugeza ku munota wa nyuma.

Stephen Constantine yavuze ko Amavubi yisanze mu itsinda ririmo amakipe akomeye ku rwego rwa Afurika, cyane cyane Mali na Cape Verde ziri mu makipe 15 ya mbere akomeye ku mugabane.

Yagize ati: “Ni itsinda ritoroshye kuko harimo ibihugu bibiri biri mu makipe 15 ya mbere muri Afurika, ari byo Cape Verde na Mali. Liberia nayo ni ikipe ikomeye. Tugomba gutsindira imikino yo mu rugo hanyuma tukareba ibizava mu mikino yo hanze.”

Image

Uyu mutoza yavuze ko nubwo itsinda rikomeye, ari byo Amavubi ashaka kugira ngo yigerageze ku rwego rwo hejuru ndetse ko bishoboka mu gihe abakinnyi bakomeza kwitanga.

Yagize ati: “Turashaka guhura n’amakipe akomeye no guhatana n’ayabaye meza muri Afurika kandi ntekereza ko byose bishoboka. Abakinnyi bagaragaje umutima wo kurwana no kwitanga mu mikino iheruka. Gukina mu Ikipe y’Igihugu ni iby’agaciro gakomeye kandi buri wese azatanga ibyo afite byose ku bw’Amavubi.”

Image

Ku bijyanye n’imyiteguro y’imikino ya gicuti iri imbere, Constantine yavuze ko Amavubi azahita yerekeza muri Marocco nyuma y’uko Shampiyona y’u Rwanda irangiye.

Ati: “Shampiyona izarangira tariki ya 30 Gicurasi, ‘FIFA window’ itangire hashize iminsi ibiri gusa. Tuzajya muri Marocco tugire iminsi itatu cyangwa ine yo kwitegura mbere yo guhura na Tanzania tariki ya 6 Kamena, hanyuma ku ya 9 dukine na Comoros.”

Yasabye abafana b’Amavubi kwihangana kuko ikipe iri kubakwa bundi bushya nyuma y’imyaka ibiri itagenze neza mu musaruro.

Ati: “Turi kugerageza kongera kubaka ikipe. Imyaka ibiri ishize ntiyatugendekeye neza mu musaruro. Nta mukino woroshye uba uri muri ruhago, ugomba kurwana, ugatsinda kandi rimwe na rimwe ukagira amahirwe. Tuzagerageza gukora ibyo byose.”

Imikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027 biteganyijwe ko izatangira muri Nzeri 2026, aho amakipe azakina imikino ibanza n’iyo kwishyura kugeza habonetse azahagararira Afurika muri iri rushanwa rikomeye.

Image

2026-05-20
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Mujonjora ryibanze ryo gutoranya nyampinga 2016 i Musanze hatambutse batanu

Mujonjora ryibanze ryo gutoranya nyampinga 2016 i Musanze hatambutse batanu

Ubwanditsi 09 Jan 2016
Ndimbati ukurikiranyweho ibyaha birimo kunywesha umwana inzoga ndetse no ku musambanya yasabiwe n’ubushinjacyaha gufungwa imyaka 25

Ndimbati ukurikiranyweho ibyaha birimo kunywesha umwana inzoga ndetse no ku musambanya yasabiwe n’ubushinjacyaha gufungwa imyaka 25

Ubwanditsi 13 Sep 2022
Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Ubwanditsi 21 Aug 2024
Ikipe ya Rayon Sports yitegura gukina na AS Banda yo muri RDC, yaraye igiranye amasezerano y’ubufatanye na Kompanyi ya Tom Transfers yemeye kubaha imodoka ebyiri

Ikipe ya Rayon Sports yitegura gukina na AS Banda yo muri RDC, yaraye igiranye amasezerano y’ubufatanye na Kompanyi ya Tom Transfers yemeye kubaha imodoka ebyiri

Ubwanditsi 16 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?
Mu Mahanga

Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Minisiteri y’umutekano ikwiye gusobanura ukuntu Abacitse ku icumu   bagicibwa imitwe
Mu Mahanga

Minisiteri y’umutekano ikwiye gusobanura ukuntu Abacitse ku icumu bagicibwa imitwe

Ubwanditsi 18 Jun 2016
Itorero Solution Center Celebration Church rikorera umurimo w’ivugabutumwa bwiza mu Rwanda, rikomeje imirimo yaryo.
Mu Mahanga

Itorero Solution Center Celebration Church rikorera umurimo w’ivugabutumwa bwiza mu Rwanda, rikomeje imirimo yaryo.

Ubwanditsi 06 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru