• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rafael York yasanze Amavubi muri Afurika y’Epfo, US Monastir itwara BAL 2022 , Kigali Peace Marathon imidali yihariwe na Kenya – Ibyaranze impera z’icyumweru muri Siporo

Rafael York yasanze Amavubi muri Afurika y’Epfo, US Monastir itwara BAL 2022 , Kigali Peace Marathon imidali yihariwe na Kenya – Ibyaranze impera z’icyumweru muri Siporo

Ubwanditsi 30 May 2022 Amakuru, IMIKINO

Impera z’icyumweru dusoje zisize hirya no hino hari ibikorwa bitandukanye bya Siporo byakomeje, harimo kwitegura amarushanwa ari imbere ku makipe ahagarariye igihugu ndetse n’ibindi bihugu byari byitabiriye amarushanwa yabereye mu Rwanda.

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagabo, Amavubi ari kubarizwa mu gihugu cya Afurika y’Epfo aho barimo kwitegura umukino ubanza wo guhatanira itike yo gukina igikombe cya Afurika kizaba umwaka utaha wa 2023, ni umukino bitegura gukina na Mozambique tariki ya 2 Kamena 2022.

Amavubi yahagurutse mu Rwanda kuri iki cyumweru ku isaha ya Saa yine za mu gitondo bagera muri icyo gihugu saa Cyenda, bagezeyo amahoro ndetse bategereje Kagere Medie ukina muri Tanzania naho Raphael York we ubu wamaze kugera mu mwiherero.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, abakinnyi b’ikipe y’igihugu Amavubi bakoze urugendo rwo kunanura imitsi mu busitani bwa Gold Reef City Theme Park Hotel ikipe icumbitsemo mu mujyi wa Johannesburg.

Biteganyijwe ko ku gicamunsi cyo kuri uyu munsi ikipe y’igihugu yitegura gukina umukino wa mbere w’amatsinda yo gushaka itike yo gukina imikino y’igikombe cya Afurika kizabera muri Cote d’Ivoire ikora imyitozo.

Ku rundi ruhande, Ikipe y’igihugu y’Abagore iri i Jinja muri Uganda, aho yagiye kwitabira imikino ya Cecafa Senior Women, muri iki gitondo ikaba yakoze imyitozo yitegura iri rushanwa ritazangira kuri uyu wa Gatatu.

Iyi kipe iri mu itsinda rya mbere hamwe na Uganda, Burundi ndetse na Djibouti.

Kuri iki cyumweru, nibwo amakuru yagiye hanze avuga ko umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi ndetse na Rayon Sports Iranzi Jean Claude yamaze kwerekeza muri Leta z’Unze Ubumwe za Amerika aho bivugwa ko agomba guturayo.

Mu mukino w’intoki wa Basketball, mu mpera z’icyumweru hasojwe irushanwa rya Basketball Africa League (BAL 2022) ryaberega mu nyubako ya BK Arena, ni irushanwa ryarangiye ikipe ya US Monastir yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda Petro de Luanda amanota 83 kuri 72.

Kuri iki cyumwe nibwo habaye Kigali Peace Marathon aho yasojwe igihugu cya Kenya cyongeye kwiharira imidali itandukanye haba muri Marathon y’ibilometero 42 ndetse n’igice cyayo gihwanye na Km 21.

Muri marathon Mu bagabo (42km) Wilfred Kigan niwe watwaye umwanya wa mbere, mu gihe mu kiciro cy’abagore, Margaret Agai niwe wabaye uwambere aba bose bakaba ari abakinnyi bakomoka muri Kenya.

Muri Half Marathon(21km), mu bagabo Umunyakenya Shadrack Kimining Korir yabaye uwa mbere naho munbagore umwanya wa mbere wegukanywe na Musabyeyezu Adeline w’umunyarwandakazi.

Ni isiganwa ryitabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye barimo Madamu Jeannette Kagame na Margaret Kenyatta, Madamu wa Uhuru Kenyata uyobora igihugu cya Kenya.

Hari kandi Minisitiri wa Siporo mu Rwanda, Madame Aurore Munyangaju Mimosa, Sir Mo Farah akaba umunyabigwi mu gusiganwa ku maguru dore ko yatwaye imidali myinshi harimo n’uwo mu mikino ya Olempiki.

Mu makuru yo mu Karere ka Afurika y’i Burasirazuba, ikipe ya Yanga SC yatsinze 1-0 ikipe ya Simba SC mu mukino w’igikombe cy’igihugu cya Tanzania (Azam Sports federation Cup) bituma igera ku mukino wa nyuma aho izahura na Coastal Union.

Mu mupira w’amaguru, ku mugabane w’i Burayi ikipe ya Real Madrid yo muri Esipanye yegukanye igikombe cya UEFA Champions League itsinze ikipe ya Liverpool yo mu gihugu cy’u Bwongereza igitego kimwe ku busa.

Ni umukino wa nyuma wakiniwe kuri Stade de France, aho icyo gitego kimwe cyatsinzwe n’umunya Brazil Vinicius Junior, iki gikombe Real Madrid yatwaye kikaba cyabaye icya 14 cya UEFA Champions League batwaye mu mateka yabo.

Muri NBA, ikipe ya Boston Celtics yatwaye igikombe cy’Iburasirazuba muri muri shampiyona y’umukino w’intoki wa Basketbalm muri Leta z’Unze ubumwe za Amerika, ibi ikaba yabigezeho nyuma yo gutsinda Miami Heat imikino 4-3 mu mikino 7 bakinnye, iyi kipe ikaba izahura na Golden State Warriors yo yatwaye igikombe cy’I Burengerazuba.

2022-05-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Indoto za Areruya ugiye gusiganwa bwa mbere mu Bufaransa mu mwambaro wa Delko Marseille

Indoto za Areruya ugiye gusiganwa bwa mbere mu Bufaransa mu mwambaro wa Delko Marseille

Ubwanditsi 03 May 2018
TDRwanda2017: Areruya yongeye gutsindira i Huye yambara umuhondo mbere yo kujya i Rubavu

TDRwanda2017: Areruya yongeye gutsindira i Huye yambara umuhondo mbere yo kujya i Rubavu

Ubwanditsi 14 Nov 2017
Mu mukino wa gicuti ikipe ya Gasogi United yatsinzwe na Bugesera FC, umukino wa Kiyovu SC na Gorilla FC ntiwaba kubera gutinda kw’ibisubizo bya Koronavusi bya Kit Manager.

Mu mukino wa gicuti ikipe ya Gasogi United yatsinzwe na Bugesera FC, umukino wa Kiyovu SC na Gorilla FC ntiwaba kubera gutinda kw’ibisubizo bya Koronavusi bya Kit Manager.

Ubwanditsi 28 Apr 2021
Umutoza Eric Nshimiyimana yasheshe amasezerano n’ikipe ya Bugesera FC

Umutoza Eric Nshimiyimana yasheshe amasezerano n’ikipe ya Bugesera FC

Ubwanditsi 14 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tanzania : Ni iki cyatumye Ise w’umuhanzi Diamond  adatumurwa mu birori by’umwuzukuru we
IMIKINO

Tanzania : Ni iki cyatumye Ise w’umuhanzi Diamond adatumurwa mu birori by’umwuzukuru we

Ubwanditsi 16 Feb 2016
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 09 Jan 2023
Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma
UBUKUNGU

Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Ubwanditsi 20 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru