• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rafael York yasanze Amavubi muri Afurika y’Epfo, US Monastir itwara BAL 2022 , Kigali Peace Marathon imidali yihariwe na Kenya – Ibyaranze impera z’icyumweru muri Siporo

Rafael York yasanze Amavubi muri Afurika y’Epfo, US Monastir itwara BAL 2022 , Kigali Peace Marathon imidali yihariwe na Kenya – Ibyaranze impera z’icyumweru muri Siporo

Ubwanditsi 30 May 2022 Amakuru, IMIKINO

Impera z’icyumweru dusoje zisize hirya no hino hari ibikorwa bitandukanye bya Siporo byakomeje, harimo kwitegura amarushanwa ari imbere ku makipe ahagarariye igihugu ndetse n’ibindi bihugu byari byitabiriye amarushanwa yabereye mu Rwanda.

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagabo, Amavubi ari kubarizwa mu gihugu cya Afurika y’Epfo aho barimo kwitegura umukino ubanza wo guhatanira itike yo gukina igikombe cya Afurika kizaba umwaka utaha wa 2023, ni umukino bitegura gukina na Mozambique tariki ya 2 Kamena 2022.

Amavubi yahagurutse mu Rwanda kuri iki cyumweru ku isaha ya Saa yine za mu gitondo bagera muri icyo gihugu saa Cyenda, bagezeyo amahoro ndetse bategereje Kagere Medie ukina muri Tanzania naho Raphael York we ubu wamaze kugera mu mwiherero.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, abakinnyi b’ikipe y’igihugu Amavubi bakoze urugendo rwo kunanura imitsi mu busitani bwa Gold Reef City Theme Park Hotel ikipe icumbitsemo mu mujyi wa Johannesburg.

Biteganyijwe ko ku gicamunsi cyo kuri uyu munsi ikipe y’igihugu yitegura gukina umukino wa mbere w’amatsinda yo gushaka itike yo gukina imikino y’igikombe cya Afurika kizabera muri Cote d’Ivoire ikora imyitozo.

Ku rundi ruhande, Ikipe y’igihugu y’Abagore iri i Jinja muri Uganda, aho yagiye kwitabira imikino ya Cecafa Senior Women, muri iki gitondo ikaba yakoze imyitozo yitegura iri rushanwa ritazangira kuri uyu wa Gatatu.

Iyi kipe iri mu itsinda rya mbere hamwe na Uganda, Burundi ndetse na Djibouti.

Kuri iki cyumweru, nibwo amakuru yagiye hanze avuga ko umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi ndetse na Rayon Sports Iranzi Jean Claude yamaze kwerekeza muri Leta z’Unze Ubumwe za Amerika aho bivugwa ko agomba guturayo.

Mu mukino w’intoki wa Basketball, mu mpera z’icyumweru hasojwe irushanwa rya Basketball Africa League (BAL 2022) ryaberega mu nyubako ya BK Arena, ni irushanwa ryarangiye ikipe ya US Monastir yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda Petro de Luanda amanota 83 kuri 72.

Kuri iki cyumwe nibwo habaye Kigali Peace Marathon aho yasojwe igihugu cya Kenya cyongeye kwiharira imidali itandukanye haba muri Marathon y’ibilometero 42 ndetse n’igice cyayo gihwanye na Km 21.

Muri marathon Mu bagabo (42km) Wilfred Kigan niwe watwaye umwanya wa mbere, mu gihe mu kiciro cy’abagore, Margaret Agai niwe wabaye uwambere aba bose bakaba ari abakinnyi bakomoka muri Kenya.

Muri Half Marathon(21km), mu bagabo Umunyakenya Shadrack Kimining Korir yabaye uwa mbere naho munbagore umwanya wa mbere wegukanywe na Musabyeyezu Adeline w’umunyarwandakazi.

Ni isiganwa ryitabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye barimo Madamu Jeannette Kagame na Margaret Kenyatta, Madamu wa Uhuru Kenyata uyobora igihugu cya Kenya.

Hari kandi Minisitiri wa Siporo mu Rwanda, Madame Aurore Munyangaju Mimosa, Sir Mo Farah akaba umunyabigwi mu gusiganwa ku maguru dore ko yatwaye imidali myinshi harimo n’uwo mu mikino ya Olempiki.

Mu makuru yo mu Karere ka Afurika y’i Burasirazuba, ikipe ya Yanga SC yatsinze 1-0 ikipe ya Simba SC mu mukino w’igikombe cy’igihugu cya Tanzania (Azam Sports federation Cup) bituma igera ku mukino wa nyuma aho izahura na Coastal Union.

Mu mupira w’amaguru, ku mugabane w’i Burayi ikipe ya Real Madrid yo muri Esipanye yegukanye igikombe cya UEFA Champions League itsinze ikipe ya Liverpool yo mu gihugu cy’u Bwongereza igitego kimwe ku busa.

Ni umukino wa nyuma wakiniwe kuri Stade de France, aho icyo gitego kimwe cyatsinzwe n’umunya Brazil Vinicius Junior, iki gikombe Real Madrid yatwaye kikaba cyabaye icya 14 cya UEFA Champions League batwaye mu mateka yabo.

Muri NBA, ikipe ya Boston Celtics yatwaye igikombe cy’Iburasirazuba muri muri shampiyona y’umukino w’intoki wa Basketbalm muri Leta z’Unze ubumwe za Amerika, ibi ikaba yabigezeho nyuma yo gutsinda Miami Heat imikino 4-3 mu mikino 7 bakinnye, iyi kipe ikaba izahura na Golden State Warriors yo yatwaye igikombe cy’I Burengerazuba.

2022-05-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umutoza wa Rayon Sports yizeye gusezerera ikipe ya Costa Do Sol

Umutoza wa Rayon Sports yizeye gusezerera ikipe ya Costa Do Sol

Ubwanditsi 15 Apr 2018
Kiyovu SC yatumije inama y’intekorusange yatangaje Koukouras Petros nk’umutoza mushya wayo

Kiyovu SC yatumije inama y’intekorusange yatangaje Koukouras Petros nk’umutoza mushya wayo

Ubwanditsi 13 Jun 2023
Mu mukino w’ikirarane, APR FC yatsinze Bugesera FC 2-0 ifata umwanya wa Gatandatu wa shampiyona y’u Rwanda

Mu mukino w’ikirarane, APR FC yatsinze Bugesera FC 2-0 ifata umwanya wa Gatandatu wa shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 27 Nov 2024
Kurya igi rimwe ku munsi ni umuti ukomeye ku buzima bwa muntu

Kurya igi rimwe ku munsi ni umuti ukomeye ku buzima bwa muntu

Ubwanditsi 24 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakozi ba UNHCR mu bihugu bitandukanye bashimye imikorere ya Isange One Stop Centre
Mu Rwanda

Abakozi ba UNHCR mu bihugu bitandukanye bashimye imikorere ya Isange One Stop Centre

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Umwambari wa FDLR Ndikuriyo yeguye muri Sena y’Abarundi
Amakuru

Umwambari wa FDLR Ndikuriyo yeguye muri Sena y’Abarundi

RUSHYASHYA 10 Dec 2025
Burundi: ni mpamvu ki leta yatangiye gufunga ONG zihakorera?
Mu Mahanga

Burundi: ni mpamvu ki leta yatangiye gufunga ONG zihakorera?

Ubwanditsi 27 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru