• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano y’imyaka itatu na Skol afite agaciro ka miliyari 1 Frw ku mwaka   |   01 Jul 2026

  • Mupende wihishe urugamba yitwaza ko yarashwe ubugabo niwe wigize umuvuzi w’amacumu ku mbuga nkoranyambaga   |   30 Jun 2026

  • Ibimenyetso by’uko umubano w’umuhanzi Bruce Melodie na Coach Gael umufasha udahagaze neza   |   29 Jun 2026

  • PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi   |   29 Jun 2026

  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

  • Umukiliya w’ibanze w’ibisahurano byibwa na FDLR ni MONUSCO; Col. BORA   |   28 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League

Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League

RUSHYASHYA 21 May 2026 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda, UBUKERARUGENDO

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 20 Gicurasi 2026, intumwa zirimo abahagarariye FIFA, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ishami rishinzwe iterambere rya siporo muri Minisiteri ya Siporo ndetse n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi, bakoze uruzinduko rwo gusura no kugenzura aho imirimo yo kubaka ikibuga cy’ubwatsi bw’ubukorano kuri Stade ya Gicumbi igeze.

Uyu mushinga uterwa inkunga binyuze muri gahunda ya FIFA Forward ugeze ku musozo, aho ibikorwa byinshi byamaze kurangira, mu gihe hasuzumwaga imirimo ya nyuma n’ibindi bikorwa byunganira ibikorwa remezo kugira ngo stade yuzuze ibisabwa ku rwego rwa tekiniki n’imikorere.

Abagize iri tsinda bagaragaje ko iterambere ry’ikorwa ry’iyi stade rizagira uruhare rukomeye mu guteza imbere umupira w’amaguru mu Karere ka Gicumbi no mu Ntara y’Amajyaruguru muri rusange, binyuze mu kubona ibikorwa remezo bigezweho.

Uyu mushinga uri muri gahunda ya FERWAFA yo gukomeza gufatanya na FIFA ndetse n’izindi nzego z’igihugu mu guteza imbere ibikorwa remezo bya siporo hagamijwe kuzamura urwego rw’umupira w’amaguru mu Rwanda.

Nyuma y’uru ruzinduko hemejwe ko iyi stade iri ku rwego rwo kwakira imikino ya shampiyona y’u Rwanda ya BK Pro League, igomba gukinwa n’ikipe ya Gicumbi FC imaze igihe ikinira mu Mujyi wa Kigali.

Image

Iyi kipe ya Gicumbi FC yazamutse muri uyu mwaka w’imikino. Biteganyijwe ko izakirira umukino wayo ubanziriza uwa nyuma wa BK Pro League 2025-2026 kuri iki Cyumweru, aho izakina na Mukura Victory Sports guhera saa cyenda.

Gicumbi FC iri ku mwanya wa 13 n’amanota 35, aho imaze gukina imikino 32, igatsindamo 9, ikanganya 8 ndetse igatsindwa indi 15, mu gihe isigaje gukina imikino ibiri harimo uwo izahuramo na Mukura VS na APR FC.

Uko Stade yari imeze mbere yo kuvugururwa

Isura ya Stade yuma yo kuvugururwa

Image

ImageImageImageImageImageImageImageImageImageImage

2026-05-21
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Igisobanuro cy’Ifoto yabonywe n’Abanyamakuru  Perezida Kagame   agenda ku igare i Rubavu

Igisobanuro cy’Ifoto yabonywe n’Abanyamakuru Perezida Kagame agenda ku igare i Rubavu

Ubwanditsi 12 Sep 2017
Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu

Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu

Ubwanditsi 05 Dec 2024
Perezida Kagame  yageze muri Angola  aho yitabiriye irahira rya João Lourenço watorewe kuyobora  iki gihugu

Perezida Kagame yageze muri Angola aho yitabiriye irahira rya João Lourenço watorewe kuyobora iki gihugu

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi

Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi

Ubwanditsi 19 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakandida Depite Ba FPR Inkotanyi Basabwe Kuzahora Batekereza Ku Ngaruka Z’imikorere Yabo
INKURU NYAMUKURU

Abakandida Depite Ba FPR Inkotanyi Basabwe Kuzahora Batekereza Ku Ngaruka Z’imikorere Yabo

Ubwanditsi 09 Jul 2018
As Muhanga ihesheje APR igikombe cya shampiyona itsinda Rayon Sports
IMIKINO

As Muhanga ihesheje APR igikombe cya shampiyona itsinda Rayon Sports

Ubwanditsi 08 Jul 2016
Meghan n’igikomangoma cy’u Bwongereza bashobora kurira ukwezi kwa buki mu Rwanda
HIRYA NO HINO

Meghan n’igikomangoma cy’u Bwongereza bashobora kurira ukwezi kwa buki mu Rwanda

Ubwanditsi 10 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru