• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»polisi yatangiye iperereza k’urugomo rw’impunzi z’abanyekongo bakoze basohotse inkambi ya Kiziba
Impunzi z'abanyekongo ziraye mu muhanda i Karongi

polisi yatangiye iperereza k’urugomo rw’impunzi z’abanyekongo bakoze basohotse inkambi ya Kiziba

Ubwanditsi 22 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Polisi y’igihugu yatangiye gukora iperereza ku mpamvu zateye imyigaragambyo ivanze n’urugomo yatangiye ku wa 20 Gashyantare 2018 mu nkambi y’impunzi ya Kiziba mu Karere ka Karongi, ahacumbikiwe ibihumbi by’Abanye- Congo.

Iyi myigaragambyo yakurikiye umwanzuro wafashwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa (WFP), risanzwe rigaburira impunzi ryagabanyije 25% ku biribwa impunzi zahabwaga bitewe n’igabanuka ry’ingengo y’imari rigenerwa. Impunzi zose zicumbikiwe mu Rwanda zirebwa n’uyu mwanzuro wa WFP ariko haje kwigaragambya iz’Abanye- Congo i Kiziba.

Izo mpunzi zasohotse ari ikivunge mu nkambi ku wa 20 Gashyantare 2018, zerekeza ku biro by’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (HCR). Zimwe zaharaye, izindi zongera kuhabyuklira kuri uyu wa Gatatu nk’Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Ndayisaba François, yabitangarije IGIHE.

Mu butumwa bwasohowe ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, Umuyobozi ushinzwe Ibibazo by’impunzi muri Ministeri y’Imicungire y’Ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR); Rwahama Jean Claude, yavuze ko impunzi zaganirijwe kenshi kuri iyi ngingo y’igabanuka ry’inkunga ntizumve, zikigaragambya, zikanashyiramo urugomo.

Yagize ati “Abahagariye impunzi bagiye bahura kenshi n’ubuyobozi bw’inkambi, ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ndetse n’abafatanyabikorwa batandukanye ku mpamvu z’uyu mwanzuro. Birababaje kuba hari ababirenzeho bagahitamo gukoresha ingufu barwanya inzego z’ibanze n’abashinzwe umutekano bari muri gahunda yo kumva no gushakira ibisubizo ibibazo byabo.”

Yakomeje agira ati “Tuzakomeza kubahiriza uburenganzira bw’impunzi ariko na zo zigomba kubahiriza amategeko y’igihugu kizicumbikiye. Ni na yo mpamvu Polisi y’igihugu igiye gukora iperereza kuri iki kibazo hanyuma ugaragaweho gutiza umurindi ibikorwa binyuranye n’amategeko abibazwe.”

Rwahama kandi yahakanye ibivugwa ko hari gahunda yo gushyira impunzi mu byiciro by’Ubudehe kuko iyi ari gahunda ireba Abanyarwanda gusa.

Hatangajwe ko Guverinoma y’u Rwanda izi ko amashami y’Umuryango w’Abibumbye yashatse gukoresha uburyo nk’ubu kugira ngo mu buryo bukwiye, bakomeze gufasha impunzi hashingiwe ku byo zikenera n’ubushobozi bwazo nk’uko biri mu murongo mugari w’Umuryango wAbibumbye ujyanye no gufasha impunzi.

Inkambi ya Kiziba ni imwe muri eshanu z’Abanye- Congo ziri mu Rwanda. Yashinzwe mu 1996 ubwo ibihumbi byabo bahungaga umutekano muke wari mu Burasirazuba bwa Congo. Iyi nkambi ubu icumbikiye impunzi zisaga 17,000.

Guverinoma y’u Rwanda yiyemeje gucungira umutekano impunzi ziri ku butaka bwayo, kandi izakomeza gukorana n’abafatanyabikorwa batandukanye harimo n’amashami y’Umuryango w’Abibumbye mu gushaka ibisubizo bishoboka mu guteza imbere imibereho myiza y’Impunzi ziri mu Rwanda.

2018-02-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese inama ya Luanda iteganyijwe tariki 06 Nyakanga 2022 yaba igiye kuvana ku izima Perezida Félix Tshisekedi wa Kongo, utumva cyangwa wirengagiza imvano y’ibibazo by’igihugu cye?

Ese inama ya Luanda iteganyijwe tariki 06 Nyakanga 2022 yaba igiye kuvana ku izima Perezida Félix Tshisekedi wa Kongo, utumva cyangwa wirengagiza imvano y’ibibazo by’igihugu cye?

Ubwanditsi 05 Jul 2022
Abarokotse Jenoside n’inshuti zabo basabye Radio Canada gusaba imbabazi ku kiganiro gipfobya Jenoside cyatumiwemo Judi Rever

Abarokotse Jenoside n’inshuti zabo basabye Radio Canada gusaba imbabazi ku kiganiro gipfobya Jenoside cyatumiwemo Judi Rever

Ubwanditsi 12 Jan 2021
Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda

Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda

RUSHYASHYA 12 Aug 2026
Ingabo za Rusesabagina zishiriye ku icumu, Maj Bokande jules Karindinefu wari ushinzwe itumanaho rya gisilikare muri FLN yishwe

Ingabo za Rusesabagina zishiriye ku icumu, Maj Bokande jules Karindinefu wari ushinzwe itumanaho rya gisilikare muri FLN yishwe

Ubwanditsi 12 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuryango wa Rwigara uri mu maboko ya Polisi ukurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo kugambanira Igihugu
ITOHOZA

Umuryango wa Rwigara uri mu maboko ya Polisi ukurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo kugambanira Igihugu

Ubwanditsi 24 Sep 2017
1986 : Museveni kuzamura mu ntera abari impunzi muri Uganda Fred Gisa Rwigema na Paul Kagame si urukundo ni amaburakindi [ VIDEO ]
INKURU NYAMUKURU

1986 : Museveni kuzamura mu ntera abari impunzi muri Uganda Fred Gisa Rwigema na Paul Kagame si urukundo ni amaburakindi [ VIDEO ]

Ubwanditsi 24 Jun 2019
APR FC yanyagiye Gicumbi FC iyisiga mu mazi abira
IMIKINO

APR FC yanyagiye Gicumbi FC iyisiga mu mazi abira

Ubwanditsi 29 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru