• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»polisi yatangiye iperereza k’urugomo rw’impunzi z’abanyekongo bakoze basohotse inkambi ya Kiziba
Impunzi z'abanyekongo ziraye mu muhanda i Karongi

polisi yatangiye iperereza k’urugomo rw’impunzi z’abanyekongo bakoze basohotse inkambi ya Kiziba

Ubwanditsi 22 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Polisi y’igihugu yatangiye gukora iperereza ku mpamvu zateye imyigaragambyo ivanze n’urugomo yatangiye ku wa 20 Gashyantare 2018 mu nkambi y’impunzi ya Kiziba mu Karere ka Karongi, ahacumbikiwe ibihumbi by’Abanye- Congo.

Iyi myigaragambyo yakurikiye umwanzuro wafashwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa (WFP), risanzwe rigaburira impunzi ryagabanyije 25% ku biribwa impunzi zahabwaga bitewe n’igabanuka ry’ingengo y’imari rigenerwa. Impunzi zose zicumbikiwe mu Rwanda zirebwa n’uyu mwanzuro wa WFP ariko haje kwigaragambya iz’Abanye- Congo i Kiziba.

Izo mpunzi zasohotse ari ikivunge mu nkambi ku wa 20 Gashyantare 2018, zerekeza ku biro by’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (HCR). Zimwe zaharaye, izindi zongera kuhabyuklira kuri uyu wa Gatatu nk’Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Ndayisaba François, yabitangarije IGIHE.

Mu butumwa bwasohowe ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, Umuyobozi ushinzwe Ibibazo by’impunzi muri Ministeri y’Imicungire y’Ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR); Rwahama Jean Claude, yavuze ko impunzi zaganirijwe kenshi kuri iyi ngingo y’igabanuka ry’inkunga ntizumve, zikigaragambya, zikanashyiramo urugomo.

Yagize ati “Abahagariye impunzi bagiye bahura kenshi n’ubuyobozi bw’inkambi, ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ndetse n’abafatanyabikorwa batandukanye ku mpamvu z’uyu mwanzuro. Birababaje kuba hari ababirenzeho bagahitamo gukoresha ingufu barwanya inzego z’ibanze n’abashinzwe umutekano bari muri gahunda yo kumva no gushakira ibisubizo ibibazo byabo.”

Yakomeje agira ati “Tuzakomeza kubahiriza uburenganzira bw’impunzi ariko na zo zigomba kubahiriza amategeko y’igihugu kizicumbikiye. Ni na yo mpamvu Polisi y’igihugu igiye gukora iperereza kuri iki kibazo hanyuma ugaragaweho gutiza umurindi ibikorwa binyuranye n’amategeko abibazwe.”

Rwahama kandi yahakanye ibivugwa ko hari gahunda yo gushyira impunzi mu byiciro by’Ubudehe kuko iyi ari gahunda ireba Abanyarwanda gusa.

Hatangajwe ko Guverinoma y’u Rwanda izi ko amashami y’Umuryango w’Abibumbye yashatse gukoresha uburyo nk’ubu kugira ngo mu buryo bukwiye, bakomeze gufasha impunzi hashingiwe ku byo zikenera n’ubushobozi bwazo nk’uko biri mu murongo mugari w’Umuryango wAbibumbye ujyanye no gufasha impunzi.

Inkambi ya Kiziba ni imwe muri eshanu z’Abanye- Congo ziri mu Rwanda. Yashinzwe mu 1996 ubwo ibihumbi byabo bahungaga umutekano muke wari mu Burasirazuba bwa Congo. Iyi nkambi ubu icumbikiye impunzi zisaga 17,000.

Guverinoma y’u Rwanda yiyemeje gucungira umutekano impunzi ziri ku butaka bwayo, kandi izakomeza gukorana n’abafatanyabikorwa batandukanye harimo n’amashami y’Umuryango w’Abibumbye mu gushaka ibisubizo bishoboka mu guteza imbere imibereho myiza y’Impunzi ziri mu Rwanda.

2018-02-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igisebo kuri Kiliziya Gatolika yo mu Bubiligi: Ba babikira b’abajenosideri basubiye mu mirimo yabo, ubu baryohewe n’ubuzima nk’aho abo bishe nta gaciro bari bafite

Igisebo kuri Kiliziya Gatolika yo mu Bubiligi: Ba babikira b’abajenosideri basubiye mu mirimo yabo, ubu baryohewe n’ubuzima nk’aho abo bishe nta gaciro bari bafite

Ubwanditsi 06 Jan 2022
Perezida Paul Kagame azatanga “Igihango”, Impeta y’Ishimwe y’Ubucuti, kubantu icyenda kubera ibikorwa by’ikirenga bakoreye igihugu.

Perezida Paul Kagame azatanga “Igihango”, Impeta y’Ishimwe y’Ubucuti, kubantu icyenda kubera ibikorwa by’ikirenga bakoreye igihugu.

Ubwanditsi 15 Nov 2017
Uganda: Abakozi ba ISO  bashimuta impunzi bazikangisha  kuzisubiza mu Rwanda bazishakamo amafaranga

Uganda: Abakozi ba ISO bashimuta impunzi bazikangisha kuzisubiza mu Rwanda bazishakamo amafaranga

Ubwanditsi 22 Nov 2017
’U Rwanda ntirujenjeka ku mutekano warwo, gasopo ya Perezida Kagame ku bashotoranyi

’U Rwanda ntirujenjeka ku mutekano warwo, gasopo ya Perezida Kagame ku bashotoranyi

Ubwanditsi 14 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mukino Mali yatsinzemo u Rwanda 3-0 ikabona na tike yo gukomeza mu kindi kiciro, kapiteni Haruna Niyonzima yashimwe na FERWAFA
Amakuru

Mu mukino Mali yatsinzemo u Rwanda 3-0 ikabona na tike yo gukomeza mu kindi kiciro, kapiteni Haruna Niyonzima yashimwe na FERWAFA

Ubwanditsi 12 Nov 2021
U Rwanda Rwabwiye u Bubiligi ko Nta biganiro ku Rubanza Rwaciriwe Rusesabagina
Amakuru

U Rwanda Rwabwiye u Bubiligi ko Nta biganiro ku Rubanza Rwaciriwe Rusesabagina

Ubwanditsi 21 Sep 2021
Abanya Maroc Rharb Youssef na Ayoub bakiniraga ikipe ya Rayon Sports baraye basubiye mu ikipe ya Raja Cassablanca
Amakuru

Abanya Maroc Rharb Youssef na Ayoub bakiniraga ikipe ya Rayon Sports baraye basubiye mu ikipe ya Raja Cassablanca

Ubwanditsi 18 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru