• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umuryango wa Rwigara uri mu maboko ya Polisi ukurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo kugambanira Igihugu

Umuryango wa Rwigara uri mu maboko ya Polisi ukurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo kugambanira Igihugu

Ubwanditsi 24 Sep 2017 ITOHOZA

Umuryango wa Assinapol Rwigara urimo Diane Shima Rwigara, murumuna we Anne n’umubyeyi wabo Adeline Rwigara ; bongeye gutabwa muri yombi na Polisi y’Igihugu ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu kuri ubu bakaba bafungiwe kuri Station ya Polisi ya Remera aho bategereje gushyikirizwa ubushinjacyaha.

Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Theos Badege, yemeje ko itabwa muri yombi ryabo rifitanye isano n’ibyaha bari basanzwe bakurikiranyweho ariko hiyongeraho ikindi cyo gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu.

Yagize ati “Ubu barafunze. Ibyaha ni bya bindi ariko bagaragaweho ibimenyetso by’ibikorwa barimo byo gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu ariko igikomeye cyane nyuma yo gukomeza gukurikiranwa badafunze, ni uko banze kujya bakorana neza n’ubugenzacyaha ku bwende bwabo.

Ibyo byasabaga kubazana, mwumvise ko mu minsi ishize [Diane] uko abajijwe avuga ibyo yabajijwe byose. Ibyo byose rero bari banatangiye no gutambamira iperereza niyo mpamvu ubugenzacyaha bwafashe icyemezo cyo kubakurikirana bafunze.”

Me Janvier Rwagatare, umunyamategeko wunganira abo mu muryango wa Rwigara ku byaha bakurikiranyweho, yari amaze igihe gito yikuye muri uru rubanza, amakuru avuga ko mu ibazwa ryabo ryakurikiyeho babaga ari bonyine, Me Janvier Rwagatare mbere y’uko yikuye muri iyi dosiye yatangaje ko ibyo Polisi yakoze ubwo yatwaraga Diane Rwigara, Adeline Rwigara na murumuna we Anne Rwigara, kungufu, byari byubahirije amategeko kuko hari habanje gukorwa ibiteganywa n’amategeko. Iki gisubizo cyababaje bikomeye Adeline Rwigara n’abana be arinacyo cyakuruye amakimbirane hagati yabo na Me Jamvier Rwagatare uku kutumvikana niko kwavuyemo kwikura muri Dosiye k’umwunganizi wabo urubanza nyirizina rutaraba.

ACP Badege avuga ko aba batatu batawe muri yombi ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu aho ubu bafungiye kuri Station ya Police ya Remera.

-8086.jpg

ACP Theos Badege

Diane Rwigara akaba yari asanzwe akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha impapuro mpimbano mu gihe yashakaga kandidatire ku mwanya wa Perezida wa Repubulika.

-8085.jpg

Diane Rwigara

NEC yatangaje ko Diane Rwigara afatanyije n’umukorerabushake wayo mu Karere ka Rulindo, biganye imikono y’abantu bagasinyira abagera kuri 26 imyirondoro yabo ikuwe ku makarita y’itora uwo mukorerabushake yari afite.

Ikindi kandi ni uko ku ilisiti y’abari bashyigikiye kandidatire y’uyu mukobwa w’imyaka 35, hanagaragayeho abantu bapfuye aribo Rudahara Augustin; Maniraguha Innocent na Byiringiro Desire.

-8084.jpg

Diane Shima Rwigara, murumuna we Anne n’umubyeyi wabo Adeline Rwigara

Abandi bo mu muryango we bo bakurikiranyweho ibijyanye no kunyerereza imisoro binyuze mu ikompanyi yanditse ku muryango wabo.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imisoro cyatangaje ko uruganda rutunganya itabi rw’uyu muryango rumaze imyaka irenga itanu nta n’urumiya rw’imisoro rwishyura. Amakuru avuga ko habarurwa asaga miliyari eshanu z’amafaranga y’u Rwanda iki kigo cyari gikwiye kuba cyarishyuye kuva mu 2012.

Tariki ya 7 Nyakanga 2017 ubwo Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangazaga urutonde rw’abakandida bemerewe guhatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika, hatangajwe impamvu abakandida barimo Diane Shima Rwigara, Sekikubo Barafinda Fred na Mwenedata Gilbert batemerewe.

Kuri Diane Rwigara, Prof Kalisa Mbanda uyobora Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yagize ati “Gukoresha amazina n’indi myirondoro y’abayoboke b’Umutwe wa Politiki yashyize ku rutonde rw’abamusinyiye abantu 34 bavanywe ku ilisiti y’Abayoboke b’Umutwe wa Politiki PS Imberakuri.”

Mukabunani Christine yavuze ko bakorewe ubujura ariyo mpamvu batangiye igenzura. Ati “Badutwariye inyandiko y’umwimerere iriho abarwanashyaka bacu. Ni ziriya lisiti dusinyaho iyo dushinga ishyaka, barayitwaye ariko turacyakurikirana.”

Mukabunani yakomeje avuga ko iyo nyandiko yibwe iriho amazina y’umuntu, umukono, indangamuntu n’akarere aho avuga ko yibwe hashakwa ‘iriya mikono babatuma’. Gusa ngo kugeza ubu ntibaramenya uko byagenze kugira ngo igere mu maboko ya Diane Shima Rwigara.

Ati “Twebwe baba baradusinyiye, ukaza ugafata iyo nyandiko yose ukayitwara ukavuga uti dore abantu bansinyiye kugira ngo niyamamaze.” Yongeye ho ko ibiranga ko inyandiko ari iya PS Imberakuri ‘bashobora kuba barabikuyeho ariko ikigaragara ni uko urutonde rwacu barutwaye kandi ba nyiri ugusinya batabizi, mbese nta muntu wacu bagezeho ngo asinye ahubwo bateruye inyandiko iriho imikono ibindi bagenda bahindagura”.

PS-Imberakuri izarega Diane Rwigara

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Mukabunani, yatangaje ko ziriya nyandiko ahantu hatatu ziri ari muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu bazijyanye icyo gihe igishinzwe imitwe ya politiki, iyajyanywe muri Minisiteri y’Ubutabera kuko ari bo bakoraga igazeti na kopi ishyaka ryasigaranye.

Akomeza avuga ko iperereza rikomeje ariko yaba uwatanze urutonde rw’abarwanashyaka ba PS-Imberakuri n’uwarukoresheje bombi bazaregwa.

Yagize ati “Twiteguye ko nituramuka tumenye neza amakuru, ibimenyetso byose tubifite tuzamutwara mu rukiko [Diane Shima Rwigara] ariko tuzabanza duhure n’abarwanashyaka bacu cyane cyane ko ari bo birimo kureba, tuzahura batange igitekerezo ariko icy’ingenzi ni uko tuzarega.”

-8087.jpg

Mukabunani Christine uyobora PS Imberakuri yavuze ko ishyaka rye ryakorewe ubujura

2017-09-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abaturage Bambonamo Undi Museveni- Col. Kizza Besigye

Abaturage Bambonamo Undi Museveni- Col. Kizza Besigye

Ubwanditsi 19 Aug 2018
Iryavuzwe riratashye Kayumba yirukanye mu ishyaka Rudasingwa,Gahima,Musonera na Ngarambe

Iryavuzwe riratashye Kayumba yirukanye mu ishyaka Rudasingwa,Gahima,Musonera na Ngarambe

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Abanyeshuri 4 b’abanyarwanda bafungiye mu Burundi

Abanyeshuri 4 b’abanyarwanda bafungiye mu Burundi

Ubwanditsi 02 Aug 2016
U Rwanda rurasaba Uganda guhagarika mu maguru mashya imikoranire na RNC ya Kayumba Nyamwasa, amazi atararenga inkombe

U Rwanda rurasaba Uganda guhagarika mu maguru mashya imikoranire na RNC ya Kayumba Nyamwasa, amazi atararenga inkombe

Ubwanditsi 13 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urubyiruko rwo mu Itorero ERC Nyarutarama mu giterane cy’ububyutse
Mu Mahanga

Urubyiruko rwo mu Itorero ERC Nyarutarama mu giterane cy’ububyutse

Ubwanditsi 29 Sep 2016
Dar es Salaam:  Bimwe mu byavugiwe mu mubonano wa Perezida Kagame na Perezida Dr. John Joseph Pombe Magufuli
Mu Rwanda

Dar es Salaam: Bimwe mu byavugiwe mu mubonano wa Perezida Kagame na Perezida Dr. John Joseph Pombe Magufuli

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Visi Perezida w’u Buhinde yashimye Kagame aho yavanye u Rwanda
Mu Mahanga

Visi Perezida w’u Buhinde yashimye Kagame aho yavanye u Rwanda

Ubwanditsi 22 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru