• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Police FC yasinyishije abakinnyi batanu bashya icyarimwe, inatangaza Rutsindura Antoine nk’umuyobozi mushya wa Tekiniki   |   03 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano y’imyaka itatu na Skol afite agaciro ka miliyari 1 Frw ku mwaka   |   01 Jul 2026

  • Mupende wihishe urugamba yitwaza ko yarashwe ubugabo niwe wigize umuvuzi w’amacumu ku mbuga nkoranyambaga   |   30 Jun 2026

  • Ibimenyetso by’uko umubano w’umuhanzi Bruce Melodie na Coach Gael umufasha udahagaze neza   |   29 Jun 2026

  • PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi   |   29 Jun 2026

  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

RUSHYASHYA 13 Jun 2026 Amakuru, HIRYA NO HINO, IMIKINO, Mu Rwanda, SHOWBIZ, UBUKERARUGENDO

Abantu barenga 4.000 bo mu bihugu birenga 65 binyuranye, barimo Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana na Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, bitabiriye isiganwa ryo kwishimisha [Run for Peace] riri mu masiganwa atatu agize Kigali International Peace Marathon.

Iri rushanwa riri kuba ku nshuro ya 21, ryitabirwa n’abakinnyi batandukanye bavuye ku Isi yose haba mu bagabo n’abagore.

Uyu mwaka ryakinwe iminsi ibiri aho kuri uyu wa Gatandatu hakinwe Run for Peace y’ibilometero 10 mu gihe ku Cyumweru hazakinwa Full Marathon y’ibilometero 42,1 na Half Marathon y’ibilometero 21,09.

Guhera Saa Mbiri n’iminota 15 ni bwo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yatangije iri siganwa ry’ibilometero 10, ababaribwa mu bihumbi baryitabiriye batangira urugendo.

Bahagurukiye kuri Stade Amahoro bafata umuhanda wa Chez Lando- Gishushu (RDB)-KCC- University of Kigali -KABC-Kigali Convention Centre- Rugando -KCC – Inzovu Mall- Gishushu RDB – Ku Gisementi – Amahoro Stadium Zigama – kwa Rwahama- Simba Kimironko-KFC Kimironko-Contrôle technique-BK Arena-Stade Amahoro.

Mu bitabiriye iri siganwa harimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire; Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana; Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe n’Umunyamabanga Uhoraho muri iyi Minisiteri, Candy Basomingera.

Marathon Mpuzamahanga ya Kigali yatangiye kuba mu 2005 ishyigikiwe na Perezida Paul Kagame, igamije kwimakaza amahoro binyuze mu mikino.

Ku Cyumweru, tariki ya 14 Kamena, ni bwo hazakina ababigize umwuga mu bagabo n’abagore, bazasiganwa Half Marathon y’ibilometero 21,09 ndetse na Full Marathon y’ibilometero 42,1.

Uyu mwaka icyiciro cya Full Marathon kizatangira gukinwa Saa Kumi n’Ebyiri n’Igice za mu gitondo nyuma y’uko bamwe mu bayitabiriye mu myaka ishize bagaragaje ko bagorwa n’izuba riva i Kigali muri ibi bihe by’impeshyi. Half Marathon y’ibilometero 21, izatangira Saa 08:15.

Ku wa Gatanu, abategura Kigali International Peace Marathon bari batangaje ko ababigize umwuga bamaze kwiyandikisha muri Full Marathon na Half-Marathon ari 3.870, ariko kwiyandikisha birarangira kuri uyu wa Gatandatu, Saa Kumi n’Imwe z’umugoroba.

Uretse abakinnyi 22 bakomeye basanzwe bitabira amasiganwa akomeye ku Isi batumiwe, muri ‘Full Marathon’ hari hamaze kwiyandikisha abakinnyi 307 barimo 75 b’abanyamahanga, 214 b’Abanyarwanda n’abandi 28 baba mu Rwanda.

Imibare igaragaza kandi ko muri Half-Marathon hari hamaze kwiyandikisha abakinnyi 1.584 barimo abanyamahanga 159 n’Abanyarwanda 1.324. Ni mu gihe muri ‘Run for Peace’, hiyandikishije abantu 3.140 barimo abanyamahanga 637 n’Abanyarwanda 2.503.

Aba bose baturutse mu bihugu birimo u Rwanda, Algeria, Afghanistan, Australia, Autriche, Bangladesh, u Bubiligi, Bénin, Botswana, Brésil, Burkina Faso, u Burundi, Cap-Vert na Cameroun, Canada, Tchad, u Bushinwa, Congo na Croatia.

Hari kandi Bhutan, RDC, Denmark, Djibouti, Equateur, Misiri, Eritrea, Ethiopia, u Bufaransa, Gabon, u Budage, Ghana, u Bugereki, u Buhinde, u Butaliyani, u Buyapani, Kenya na Korea ya Ruguru, Liban, Liberia, Liechtenstein, Luxembourg, Madagascar, Malaysia na Mali.

Ibindi ni Namibia, Nepal, u Buholandi, Niger, Nigeria, Philippines, Portugal, Koreya y’Epfo, Arabie Saoudite, Sénégal, Gabon, Sierra Leone, Afurika y’Epfo, Sudani, u Busuwisi, Tanzania, Togo, Turikiya, Uganda, UK, USA, Zambia na Zimbabwe.

Mu 2025, Kigali International Peace Marathon yabaye ku nshuro ya kabiri iri ku rwego rwa gatatu rw’amarushanwa akomeye ku Isi ’Global Elite Label Status’. Ibi byatumye yitabirwa n’abantu basaga ibihumbi 13, mu gihe abiyandikishije bari 14.480.

IGIHE

ImageImageImageImageImageImageImage

Image

ImageImageImageImageImage

2026-06-13
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Miss Rwanda: Uwaraye asezerewe ngo yari yacitse intege mbere

Miss Rwanda: Uwaraye asezerewe ngo yari yacitse intege mbere

Ubwanditsi 23 Jan 2019
Ange Kagame yagaragaje ishema aterwa no kwitwa izina rya se

Ange Kagame yagaragaje ishema aterwa no kwitwa izina rya se

Ubwanditsi 24 Oct 2017
Amakipe 54 yo mu bihugu bitatu niyo azitabira imikino ya Volleyball yo Kwibuka Rutsindura

Amakipe 54 yo mu bihugu bitatu niyo azitabira imikino ya Volleyball yo Kwibuka Rutsindura

Ubwanditsi 29 May 2024
Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi

Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi

Ubwanditsi 26 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame Insitute of Good Governance!”-Edith Mukantagara
Mu Mahanga

Kagame Insitute of Good Governance!”-Edith Mukantagara

Ubwanditsi 16 Dec 2016
Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique
Amakuru

Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Ubwanditsi 21 Aug 2024
LONI irashinja Afurika y’Epfo gukingira ikibaba ruharwa Fulgence Kayishema kugeza bamuhungishije akava muri icyo gihugu
Amakuru

LONI irashinja Afurika y’Epfo gukingira ikibaba ruharwa Fulgence Kayishema kugeza bamuhungishije akava muri icyo gihugu

Ubwanditsi 20 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru