• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Muri gicurasi 2021, Kigali Arena izakira irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) ryagomba kuba umwaka ushize ntiribe kubera koronavirusi

Muri gicurasi 2021, Kigali Arena izakira irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) ryagomba kuba umwaka ushize ntiribe kubera koronavirusi

Ubwanditsi 29 Mar 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Nyuma yaho irushanwa rya Basketball Africa League rya 2020 ryagombaga kubera mu Rwanda ariko ntirize gukinwa kubera icyorezo cya koronavirusi, ryamaze gutangazwa ko rizabera i Kigali hagati ya tariki ya 16 n’iya 30 Gicurasi 2021 rikazabera muri Kigali Arena nkuko ari naho ryari buzabere umwaka ushize.

Kuri uyu wa mbere tariki ya 29 Werurwe 2021, nibwo umuyobozi wa Basketball Africa League (BAL) Gallo Fall yahamije ko iri rushanwa rigiye gukinwa ku ncuro ya mbere kuri uyu mugabane rikazabera mu Rwanda rigahuza amakipe atandukanye yo kuri uyu mugabane aho azakina imikino 26.

Nkuko uyu muyobozi yabitangarije urubuga rwa FIBA, Gallo yatangiye ashimangira ko iri rushanwa rizabera mu Rwanda ndetse anavuga amatariki azaberaho.

Yagize ati “Uyu munsi nejejwe no gutangaza ko irushanwa rya Basketball Africa League rizaba ku nshuro ya mbere guhera tariki ya 16 Gicurasi, umukino wa nyuma wa mbere ukaba kuCl cyumweru tariki ya 30 Gicurasi. Hazitabira amakipe 12 yo mu bihugu 12 bitandukanye bya Afurika, hakinwe imikino 26. Ibi byose bizabera ahantu hamwe hagezweho ku rwego rw’Isi, muri Kigali Arena.”

Gallo kandi yakomeje avuga ko nk’ubuyobozi bwa BAL bifuza gukora irushanwa riri ku rwego rwo hejuru aho rizagaragaza impano ndetse n’urukundo abakinnyi ndetse na Afurika muri rusange bafitiye uyu mukino w’intoki.

Abategura iri rushanwa rya BAL 2020 bari bateganyije ko ryagombaga kuba hagati ya Werurwe na Gicurasi 2020 mu bihugu bitandatu bya Afurika ariko rikazasorezwa i Kigali, gusa bitewe na koronavirusi banzuye ko iri rushanwa ritakinwa.

Iri rushanwa rya BAL2020 ryari riteganyijwe ko umwaka usanzwe w’imikino wa 2020 wari kubera i Cairo mu Misiri, Dakar (Sénégal), Lagos (Nigeria), Luanda (Angola), Monastir (Tunisia) na Salé (Maroc) mu gihe Umujyi wa Kigali (Rwanda) wari kwakira imikino ya Playoffs n’iya nyuma isoza irushanwa muri Gicurasi 2020.

Nyuma amakipe ane ya mbere ni ukuvuga yari bube yitwaye neza muri buri gace ni yo yari kubona itike yo gukina imikino ya nyuma ya Playoffs yagombaga kubera i Kigali mu Rwanda.

Amakipe 12 yari yabonye itike yo gukina irushanwa rya Basketball Africa League (BAL 2020) ku nshuro ya mbere ni Patriots (Rwanda), GNBC (Madagascar), Ferroviario de Maputo (Mozambique), AS Douanes (Sénégal), AS Police (Mali), AS Sale (Maroc), GS Petroliers (Algérie), FAP (Cameroun), Petro de Luanda (Angola), Rivers Hoopers (Nigeria), Union Monastir (Tunisia) na Zamalek (Misiri).

2021-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Félix Nzeyimana wari ushinzwe amarushanwa muri FERWAFA n’umusifuzi Tuyisenge Javan batawe muri yombi n’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha(RIB)

Félix Nzeyimana wari ushinzwe amarushanwa muri FERWAFA n’umusifuzi Tuyisenge Javan batawe muri yombi n’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha(RIB)

Ubwanditsi 23 Jun 2022
Ari u Rwanda, ari na Kongo, ninde ukwiye guhanirwa ibibazo Kongo ubwayo yikururiye?

Ari u Rwanda, ari na Kongo, ninde ukwiye guhanirwa ibibazo Kongo ubwayo yikururiye?

Ubwanditsi 06 Jul 2023
Ibisa birasabirana:Urupfu rw’umugome Tewonesiti Bagosora rwatamaje n’ababeshyaga ko bababajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi

Ibisa birasabirana:Urupfu rw’umugome Tewonesiti Bagosora rwatamaje n’ababeshyaga ko bababajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 26 Sep 2021
Mu gihe ubutumwa bwa SADC muri Kongo busatira umusozo, umusaruro ni hafi ya ntawo.

Mu gihe ubutumwa bwa SADC muri Kongo busatira umusozo, umusaruro ni hafi ya ntawo.

Ubwanditsi 05 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino wa nyuma Misiri yatwariyemo igikombe cya Afurika cya Handball ku bakinnyi batarengeje y’imyaka 18
Amakuru

Amafoto – Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino wa nyuma Misiri yatwariyemo igikombe cya Afurika cya Handball ku bakinnyi batarengeje y’imyaka 18

Ubwanditsi 07 Sep 2022
Rayon Sports yatakarije amanota i Huye isigara inyuma mu kurwanira igikombe
IMIKINO

Rayon Sports yatakarije amanota i Huye isigara inyuma mu kurwanira igikombe

Ubwanditsi 10 May 2018
Perezida Kagame  yageze  i Maputo muri Mozambique
Mu Rwanda

Perezida Kagame yageze i Maputo muri Mozambique

Ubwanditsi 24 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru