• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

  • Munyampeta Jean Luc wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana akomeje kwifatanya n’ibigarasha   |   06 Nov 2025

  • APR FC yitegura gukina na Rayon Sports yakiriye mu myitozo Djibril Outarra wari umaze iminsi yaravunitse   |   05 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ibi byo ni agasuzuguro gakabije, Umuhungu w’ umujenosideri ruharwa, Kabuga Felisiyani , ageze aho gusaba kutongera gukoresha ijambo”Jenoside”!!

Ibi byo ni agasuzuguro gakabije, Umuhungu w’ umujenosideri ruharwa, Kabuga Felisiyani , ageze aho gusaba kutongera gukoresha ijambo”Jenoside”!!

Editorial 29 Jun 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Uwitwa Donatien Nshimyumuremyi ni umuhungu wa Kabuga Felisiyani, ruharwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse ubu akaba ari muri gereza aho ategereje urubanza mu mizi yarwo.

Uyu Nshimyumuremyi kandi ni muramu wa Augustin Ngirabatware, we wamaze gukatirwa imyaka 32 amaze guhamwa n’uruhare mu byaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi.

Byari bimenyerewe ko we n’abandi bana b’abajenosideri bagerageza gutagatifuza ababyeyi babo bahekuye u Rwanda, ariko noneho aka ni agasuzuguro gakabije ku Banyarwanda ndetse no nyokomuntu aho iva ikagera, kubona umwana w’umujenosideri atinyuka kuvugira mu ruhame ko ijambo”jenoside”ridakwiye gukoreshwa.

Aka gasomborotso kagomba guhanwa n’amategeko. Biri n’amahire, uyu mugome Donatien Nshimyumuremyi atuye mu Bubiligi, igihugu gifite itegeko rihana abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi. Aho mu Bubiligi kandi habayo imiryango irengera inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, nka Ibuka-Mémoire et Justice, DRB-Rugari, n’indi myinshi, ikaba rero ikwiye kwihutira kurega uyu mugizi wa nabi Donatien Nshimyumuremyi, n’abandi nkawe bigize indakoreka.

Ubusanzwe Donatien Nshimyumuremyi afitanye ubumwe(solidarité criminelle) n’abandi bana b’abajenosideri, nka Marie-Rose Habyarimana, J. Luc Habyarimana, Bernard Habyarimana na Léon Habyarimana bo kwa Kinani Yuvenari Habyarimana na Kanziga Agatha “Nyinawakazu”.

Mu mahomvu yabo kandi banatumiramo abitwa Freeman Bikorwa usa n’ufite uburwayi bwo mu mutwe, Joseph Matata kuva na kera utagira rutangira, Elia Ngirabakunzi wiyemeje kuba umugambanyi, abuzukuru ba Dominiko Monyumutwa, n’abandi bataye umutwe, basigaranye gusa uwo kugoreka amateka y’uRwanda, azwi n’isi yose.

Ibi bitabapfu babinyuza ku cyiswe”Salon y’Umutware TV’, aho birirwa bikirigita bagaseka, bidoga ko ababyeyi babo ari “abantu beza”, ndetse “bakundaga Abatutsi”.

Namwe nimwibaze Agatha Kanziga ukunda Abatutsi, mutekereze Mbonyumutwa wakunze umututsi, n’abandi baparimehutu n’Interahamwe zarimbubye Abatutsi kuva kera, ariko ababakomokaho bati”ababyeyi bacu ni intangarugero”!Iri ni ifunwe ryo kubyarwa n’ abicanyi kabuhariwe, ariko baramutse bagira ubwenge, bakwitandukanya nabo, cyane ko icyaha ari gatozi. Gusa nyine kubabarizaho gushyira mu gaciro, ni nko kubariza amata ku kimasa.

Nk’uko twabivuze ako gatsiko karimo n’uwitwa Elia Ngirabakunzi, wahoze ari na depite wa PL nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, maze ananiwe kwishyura amadeni atabarika afitiye amabanki, aboneza iy’ubuhunzi, aho yirirwa atukana kuva mu gitondo bukamwiriraho. Uyu Ngirabakunzi aherutse no gusaba imbabazi abo kwa Habyarima, ndetse nabo ngo barazimuha, yishinja kuba yaratinze kubasanga ishyanga ngo bafatanye gushira isoni no kwerekana urwango bafitiye uRwanda.

Byaragaragaye ko kujenjekera abantu nk’aba bangiza byabatije umurindi, bigera n’aho bumva bashobora kurenga umurongo utukura.

Aho bigeze ariko, dukwiye kubahagurukira rimwe twese, ntitwemere ko aba baswa badutobera amateka. Imyitwarire nk’iya Nshimyumuremyi niba idahagaze ku neza, igomba guhagarikwa n’amategeko, kandi muri izi nzererezi ntayo iri hejuru yayo.

2021-06-29
Editorial

IZINDI NKURU

Umunyamabanga w’ikipe ya Bugesera FC, Sam Karenzi yeguye kuri uwo mwanya kubera impamvu ze bwite

Umunyamabanga w’ikipe ya Bugesera FC, Sam Karenzi yeguye kuri uwo mwanya kubera impamvu ze bwite

Editorial 17 Nov 2021
Nzafashwanayo Jean Claude na Ingabire Diane irushanwa ryiswe Human Rights Race ryabereye I Rubavu

Nzafashwanayo Jean Claude na Ingabire Diane irushanwa ryiswe Human Rights Race ryabereye I Rubavu

Editorial 09 Dec 2024
Ivan Minnaert watozaga Rayon Sports yerekanwe muri Al-Ittihad yo muri Libya

Ivan Minnaert watozaga Rayon Sports yerekanwe muri Al-Ittihad yo muri Libya

Editorial 04 Oct 2018
Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Inzego z’umutekano muri Uganda ziragereka ibyaha by’ubutekamutwe ku Rwanda

Editorial 21 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Haïti : Abapolisi b’u Rwanda baganirije abaturage ku kamaro k’umuganda
ITOHOZA

Haïti : Abapolisi b’u Rwanda baganirije abaturage ku kamaro k’umuganda

Editorial 31 Oct 2017
Abagore babiri barimo Umunyarwandakazi bashimutiwe i Burundi
INKURU NYAMUKURU

Abagore babiri barimo Umunyarwandakazi bashimutiwe i Burundi

Editorial 19 Feb 2018
Akabajenosideri kashobotse J. Claude Seyoboka uregwa Jenoside nawe aragezwa mu Rwanda
ITOHOZA

Akabajenosideri kashobotse J. Claude Seyoboka uregwa Jenoside nawe aragezwa mu Rwanda

Editorial 17 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru