• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ubwanditsi 11 Apr 2024 Amakuru, HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Umunyarwanda yagize ati” aho kugira umwana agapfa ahagaze, washyingura ukihanagura”.

Ababyeyi ba Jean Paul Turayishimye, Karama na Mukamusoni, nabo bagomba kuba aho bari baterwa ipfunwe no kugira umwana warumbiwe n’umutimanama, kugeza ubwo umujyanama we mukuru aba Achille Bagosora, wabaswe n’ubugome nk’ubwa se, ruharwa Théoneste Bagosora.

Uburozi bwa Jean Paul Turayishimye iyo butarimo gusebanya, gukwiza ibihuha no kugambanira igihugu cye, buba bugizwe no gushinyagura, cyane cyane mu bihe nk’ibi byo kunamira abacu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Nyuma y’ubuhamya bwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, bwagarutse ku rupfu rw’umwe mu bo mu muryango we, umubyeyi Florence wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, abantu batangajwe no kumva amateshwa ya Turayishimye yuzuyemo ibinyoma no gukina ku mubyimba umuryango wa nyakwigendera Florence, by’umwihariko Perezida Kagame, cyane cyane aho avuga ko ingabo za RPF-INKOTANYI zitagize ubushake bwo gutabara umuryango wa Florence.

Nubwo atari akeneye no kwisobanura, Perezida Kagame yavuze uburyo yasabye ingabo za Loni gutabara uyu muryango, ariko ntibyashoboka kuko abicanyi bakumiriye abari batababye.

Kuba Ingabo za RPF-INKOTANYI zitarabashije kugera aho nyakwigendera yari atuye si igitangaza, cyane ko urugo rwe rwari iruhande rw’ikigo cya gisirikari cya Habyarimana, cya Camp-Kigali. Nta warokotse utazi uburyo ingabo z’ Inkotanyi zitanze bidasanzwe, ndetse aho byashobotse zitabara benshi bahigwaga, batanafitanye isano n’umuyobozi wazo, Paul Kagame, uretse isano y’ubunyarwanda. Kuba zitarabashije gutabara umuvandimwe w’Umugaba Mukuru wazo, burumvikana ko bitashobokaga nyine.

Nk’uko ibimenyetso simusiga byagaragajwe, mu bicishije umuryango wa Florence harimo Callixte Mbarushimana bakoranaga muri UNDP. Nubwo Perezida Kagame atavuze amazina y’uwo mwicanyi, abazi neza iyi dosiye ntibashidikanya ku ruhare rwa Mbarushimana, ubu widegembya mu Bufaransa.

Uretse Jean Paul Turayishimye nawe ubikorera gushimisha incuti ze nka Achille Bagosora, abandi bose bakurikiranye urupfu rwa Florence n’umuryango we, bibaza ukuntu Callixte Mbarushimana, wanabaye umwe mu bategetsi b’umutwe w’abajenosideri wa FDLR, adafunze. Jean Paul Turayishimye we ngo ubutabera “bwashyize mu gaciro” busanga uyu Mbarushimana nta cyaha afite.

Ibihuha byose Jean Paul Turayishimiye avuga ku bo mu muryango wa Perezida Kagame, baba abakiriho n’abitabye Imana, nawe yivugira ko atabihagazeho, ko ibyinshi abihabwa n’abo yita”inkoramutima ze”. Twashoboye kumenya neza ko mu bamuha ibyo bitakakaragasi ngo ni amakuru, harimo Teteri Agnès, umugore w’ikigarasha Gasana Eugène, uwo Teteri akaba acuruza ibihuha

Hari nk’aho Turayishimiye avuga ngo n’iyo Florence arokoka Kagame ntacyo yari kuba amumariye, nk’uko “ntacyo afasha umuryango wa nyakwigendera Muyango”.

Icya mbere, uwo muryango ntiwamutakiye ko ukeneye gufashwa. Abarokotse bo kwa Muyango barifashije cyane, ndetse ahubwo uko tubazi, Jean Paul Turayishimye abiyambaje bamuremera, akava mu bubwa bwo gusebanya ngo abone amaramuko.

Icya kabiri, mu Rwanda ntibisaba ngo ube uri uwo mu muryango wa Kagame ngo ubone imfashanyo. Leta yashyizeho gahunda nyinshi zunganira Abanyarwanda bose, nta robanura, baba abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, baba n’abandi baturage muri rusange. Aha niho ubuyobozi bw’u Rwanda butandukaniye n’ubwo abajenosideri n’ibigarasha nka Turayishimye byifuza, bugendera ku kimenyane n’icyenewabo.

Jean Paul Turayishimye kandi yanagarutse kuri Déogratias Kayumba, umuvandimwe wa Florence, waje kwitaba Imana ariko we azize uburwayi, umugome Turayishimye akemeza ko nyakwigendera yimwe ubushobozi n’uburenganzira bwo kwivuriza mu mahanga!

Muri iyi myaka 30 ishize, ntiwabara Abanyarwanda Leta yohereje mu mahanga, ku mpamvu zinyuranye, zirimo kwivuza, kwiga n’izindi, cyane cyane mu myaka yakurikiye Jenoside yakorewe Abatutsi kuko u Rwanda rwari rutarabona ubushobozi bwo gutanga izo serivisi imbere mu gihugu. Ntiwabara kandi amamiliyoni y’amadolari yabatanzweho, kandi koko kwita ku buzima bw’abaturage biri mu nshingano za Leta. Wasobanura ute rero ukuntu Leta yaba yarohereje abatabarika kwivuza no kwiga mu mahanga, ndetse barimo n’abakomoka ku bahekuye u Rwanda, ikabyima umuntu nka Déogratias Kayumba, wagize uruhare runini mu kubohora u Rwanda no kurusana?

Déogratias Kayumba yabaye mu myanya y’ubuyobozi, irimo kuba Perefe w’iyahoze ari perefegitura ya Byumba, ndetse ubwo yitabarukiraga mu Buhinde muri Gicurasi 2015, yari Visi-Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzora bwa Muntu.

Umugore we, Imakulata Kayumba yabaye minisitiri muri Guverinoma y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, ndetse aza ko kuba Senateri. Ubu koko, uwashyira mu gaciro wese, yakwanzura ko uyu muryango wari wanzwe na Leta, kugeza aho ubura ubushobozi bwo kwivuza ndetse n’uruhushya rwo kujya mu mavuriro yo mu mahanga?

Jean Paul Turayishimye rero, nujya kwibeshya ko wayobya Abanyarwanda ujye uzirikana ko bakuzi umuzi n’umuhamuro. Nta n’umwe wabeshya rwose, ibyo byo ubimenye.

Ntawe utibuka ubugome wakoze ukiri serija mu ngabo z’uRwanda, nk’igihe Kayumba Nyamwasa agutuma kwica umukecuru w’imyaka isaga 70, mumuziza gusa ko umuhungu we El Hadj Ibrahim Murwanashyaka, akaba na muramu wa Nyamwasa, yanze gufasha Nyamwasa kwiba banki yitwaga BACAR. Uribuka ko wanabyiyemereye ubwo wasubizaga incuti yari ikubajije iby’ubwo bwicanyi, ukamusubiza ngo” nari nahawe amabwiriza, uzandege aho ushaka( I had an order-go and report me)”.

Ntawe uribagirwa kandi ko umaze guhunga igihugu kubera ibyaha bikabije, wagize uruhare mu iterwa ry’ibisasu ryabaye mu Rwanda hagati ya 2010 na 2014. Ubuhamya mu manza z’abafatiwe muri iryo terabwoba ryahitanye inzirakarengane nyinshi, ababarirwa muri 400 bagakomereka, bwerekanye ko wari inyuma y’ubwo bunyamanswa. Nabwo wabitumwe na Kayumba Nyamwasa mukibana mu mutwe w’ibyihebe wa RNC, mbere y’uko mupfa ibisahurano ukajya gushinga ikiryabatezi, ngo ni ARC.

Urahomera iyonkeje rero, kuko ibigambo byawe byuzuyemo ibihuha, ubuswa, gusebanya no kugambana ntawe ukibiha agaciro, gusa ntibizakubuza kugwa igihugu igicuri.

2024-04-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingabo z’u Burundi zivuye muri Somalia ikubagahu

Ingabo z’u Burundi zivuye muri Somalia ikubagahu

Ubwanditsi 01 Jan 2025
Police FC yaguye miswi na Marines FC, muri shampiyona y’isi, u Rwanda muri Sitting Volleyball y’abagore batsinze umukino wa kabiri

Police FC yaguye miswi na Marines FC, muri shampiyona y’isi, u Rwanda muri Sitting Volleyball y’abagore batsinze umukino wa kabiri

Ubwanditsi 06 Nov 2022
Miliyoni zisaga 21 z’Amarundi zaburiwe irengero  hakoreshejwe imbaraga z’imyuka mibi

Miliyoni zisaga 21 z’Amarundi zaburiwe irengero hakoreshejwe imbaraga z’imyuka mibi

Ubwanditsi 21 Feb 2018
Debora Kayembe, umwe mu bayobozi ba Kaminuza ya EDINBURGH yo muri Ecosse, ari mu kaga kubera guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Debora Kayembe, umwe mu bayobozi ba Kaminuza ya EDINBURGH yo muri Ecosse, ari mu kaga kubera guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 23 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urujijo k’urupfu rwa Ganza watunganyaga muzika, wari utuye Chicago
HIRYA NO HINO

Urujijo k’urupfu rwa Ganza watunganyaga muzika, wari utuye Chicago

Ubwanditsi 05 Feb 2018
Ndayisenga Valens yahize abaterengeje imyaka 23 bo muri Afurika
IMIKINO

Ndayisenga Valens yahize abaterengeje imyaka 23 bo muri Afurika

Ubwanditsi 25 Feb 2016
Perezida Museveni  n’Umuhungu we Kainerugaba bashimiye Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda
Mu Rwanda

Perezida Museveni n’Umuhungu we Kainerugaba bashimiye Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru