• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Dukomeye ku buzima bwacu, nk’uko Ababiligi n’Abanyamerika bakomeye ku bwabo”- Perezida Paul Kagame

“Dukomeye ku buzima bwacu, nk’uko Ababiligi n’Abanyamerika bakomeye ku bwabo”- Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 13 Oct 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Rwanda

Ubwo mu ntangiriro z’iki cyumweru, yitabiraga inama ku mutekano w’abatuye isi ( Global Security Forum), inama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga mu itumanaho, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagarutse ku bashyira igitutu kuri Leta y’u Rwanda, ngo Paul Rusesabagina arekurwe, hatitawe ku byaha biremereye byamuhamye.

Perezida Kagame asanga abagize Rusesabagina icyamamare bagendeye gusa kuri filime y’ibihimbano, ari nabo bakomeje intambara yo kumufunguza, kuko bibatera isoni kubona umuntu bagize igitangaza yarahamwe n’ibyaha birimo kwica inzirakarengane.

Perezida Kagame ati:”Amabi ya Rusesabagina ntibashaka ko anavugwa. Barifuza ko twirengagiza ibikorwa bye by’iterabwoba byahitanye Abanyarwanda, ahubwo akarekurwa nk’aho nta cyabaye”.

Ikindi cyakomeje gutangaza abatari bake ndetse n’Umukuru w’Igihugu akaba yarakigarutseho, ni ukuntu imiryango yitwa ko irengera uburenganzira bwa muntu ndetse na bamwe mu bategetsi mu bihugu byo mu Burengerazuba bw’isi, bakomeje kwibanda ku ifungwa rya Rusesabagina wenyine, ntibagire icyo bavuga ku bandi 20 baburanye mu rubanza rumwe, barimo n’abo yari abereye umuyobozi.

Hibazwa ukuntu abatanga amasomo y’uburenganzira bwa muntu badaha agaciro ubuzima bw’abo FLN ya Rusesabagina yishe, abo yamugaje, n’abo yasahuriye imitungo indi ikayangiza.

Ibi birashimangira ko ikibaraje ishinga atari ibyaha Rusesabagina yakoze n’abo yabikoreye, ko ahubwo ikibashishikaje ari uko arekurwa akisubirira mu bugizi bwa nabi bwe. Nyamara kandi bimwe mu bimenyetso byamuhamije ibyaha byatanzwe n’ibihugu bitegeka ko arekurwa!

Abatekereza ko Rusesabagina yarekurwa hatitawe ku byaha byamuhamye, Perezida Kagame yabakuriye inzira ku murima, agira ati: “Abamuha agaciro adafite muri filime nibakomereze aho, ariko bamenye ko ubuzima bwacu tubukomeyeho nk’uko Ababiligi n’Abanyamerika bakomeye ku bwabo. Umutekano wacu tuzakomeza kuwitaho uko bikwiye, binyuze mu mategeko, kandi ntituzabitezukaho”.

Tariki 20 Nzeri 2021 nibwo Urukiko rwahamije Paul Rusesabagina ibyaha birimo kuba mu mutwe w’iterabwoba, ndetse anahanishwa igifungo cy’imyaka 25. Mu gihe hari abavuza induru ngo arekurwe atarangije igihano, abasesenguzi benshi bo ahubwo bagaragaje ko habayeho kumudohorera cyane, kuko ubundi ibyaha byamuhamye byagombye gutuma afungwa ubuzima bwe bwose.

Si ubwa mbere Perezida Kagame yihanangirije abivanga mu miyoborere y’u Rwanda, kuko nta gihe atabibukije ko u Rwanda rukora ibibereye Abanyarwanda, rutabibwirijwe n’uwo ariwe wese.

Perezida wa Repubulika kandi yanakunze kubwira abaha u Rwanda amasomo y’uko rugomba kwitwara mu bijyanye n’uburenganzira bwa muntu, asobanura ko Abanyarwanda batanze ibitambo baharanira uburenganzira bwabo, atari bo bahatirwa kumenya agaciro kabwo.

2021-10-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hakim Sahabo yatijwe ikipe ya K. Beerschot V.A. avuye muri Standard de Liège zose zo mu Bubiligi

Hakim Sahabo yatijwe ikipe ya K. Beerschot V.A. avuye muri Standard de Liège zose zo mu Bubiligi

Ubwanditsi 10 Jan 2025
Byahuriranye? Rayon Sports yatandukanye n’umutoza Afahmia Lofti, Paul Muvunyi atumiza inama y’intekorusange

Byahuriranye? Rayon Sports yatandukanye n’umutoza Afahmia Lofti, Paul Muvunyi atumiza inama y’intekorusange

Ubwanditsi 15 Nov 2025
Impamvu abaturage bibona mu itangazamakuru kurusha abayobozi b’inzego z’ibanze

Impamvu abaturage bibona mu itangazamakuru kurusha abayobozi b’inzego z’ibanze

Ubwanditsi 14 Jan 2019
Mu maso y’umutoza mushya wa Kiyovu Ndayiragije Etienne, Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports, APR FC itsinda Muhanga FC – Uko imikino yose yagenze

Mu maso y’umutoza mushya wa Kiyovu Ndayiragije Etienne, Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports, APR FC itsinda Muhanga FC – Uko imikino yose yagenze

Ubwanditsi 06 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kugona bigiye kubonerwa umuti ubivura
IMIKINO

Kugona bigiye kubonerwa umuti ubivura

Ubwanditsi 06 Jan 2017
Amafoto- Amavubi yatangiye umwiherero bitegura imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023
Amakuru

Amafoto- Amavubi yatangiye umwiherero bitegura imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023

Ubwanditsi 25 May 2022
Umuhanzi Irakunda Mexance Yashyize hanze indirimbo yise Niyibigena
Amakuru

Umuhanzi Irakunda Mexance Yashyize hanze indirimbo yise Niyibigena

Ubwanditsi 09 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru