• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Amb. Karega yashimye uko Abanyarwanda batuye mu Majyepfo ya Afurika bitabiriye amatora

Amb. Karega yashimye uko Abanyarwanda batuye mu Majyepfo ya Afurika bitabiriye amatora

Ubwanditsi 05 Aug 2017 Mu Rwanda

Ambasaderi w’u Rwanda muri Afurika y’Epfo n’ibindi bihugu byo muri ako karere Vincent Karega yishimye intsinzi yegukanywe na Perezida Kagame mu matora y’umukuru w’igihugu, anashimira Abanyarwanda ubwitange bagaragaje bayitabira.

Amatora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda yabaye ku wa 3 Kanama ku Banyarwanda batuye mu mahanga no ku ya 4 ku b’imbere mu gihugu yasize Paul Kagame yegukanye amajwi anagana na 98,66% ugereranyije na 0,72 %ya Mpayimana Philippe wari umukandida wigenga mu gihe Franka Habineza wa Green Party yagize 0,45% nk’uko ibyayavuyemo mu buryo bw’agateganyo bibigaragaza.

Mu butumwa yageneye Abanyarwanda batuye mu bihugu ahagarariye, Ambasaderi Karega yagaragaje ko yakozwe ku mutima n’intsinzi yavuye mu matora ndetse agaruka ku bwitabire bwabo.

Yagize ati “Mbikuye ku mutima, mu izina ryanjye bwite na Leta mpagarariye ndagira ngo mbashimire ubwitabire, ubwitange n’urukundo rw’igihugu mwagaragaje mu matora turangije neza.”

“Abanyarwanda ku bwiganze tweretse isi ko turi bene Gihanga wahanze u Rwanda n’ubunyarwanda bumwe rukumbi. Twerekanye ko twipakuruye amateka mabi y’urwango, urwikekwe n’ivangura.Twerekanye ubudasa no guhuza imbaraga, intego n’icyerekezo byo guhanga bundi bushya u Rwanda rubereye bene kanyarwanda bose nta vangura.”

Yakomeje agira ati “Twatoye Intore iturusha intambwe; umuhuza ntangarugero; umuyobozi udahwema kurengera inyungu za rubanda; umugaba w’ingabo zidatsindwa; umuyobozi w’amajyambere yihuta; uwahesheje urubyiruko n’abagore agaciro. Yafunguye imiryango ku banyarwanda mu ruhando mpuzamahanga. Yaduhesheje Izina n’icyubahiro bihambaye ku isi nyuma y’igisebo cya Genoside yo muri 1994. U Rwanda ruragendwa rurasurwa n’abami, abaherwe, abayobozi b’ibihugu bikomeye na ba mukerarugendo bavuye mu nkengero n’inkiko z’isi yose.

RwandAir iratema ikirere ifungura amarembo mashya ku isi. Abashoramari, abanyenganda bavuye mu Rwanda no ku isi hose bitabiriye icyerekezo cy’uRwanda. Twatsinze mu isuku, ibidukikije, kurwanya inzara n’ubukene. Indwara n’ibindi byinshi.

Mwakoze gushyira hamwe. Abishyize hamwe bashobora kwikorera inzovu ku mashyi kandi Imana irabasanga. Imana izirirwa ahandi yongere irare mu Rwagasabo.”

Amb. Karega yavuze ko ku bw’iyi ntsinzi hateganyijwe ibirori byo kuyishimira ku wa 13 Kanama ku cyicaro cya Ambasade, ashishikariza Abanyarwanda gukomeza gushyira hamwe bubaka igihugu kizaragwa abato gifite umutekano.

Ambasaderi Karega ahagarariye u Rwanda mu bihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo birimo Afurika y’Epfo, Mozambique, Zambia, na Swaziland.

-7481.jpg

Ambasaderi Vincent Karega, Perezida Paul Kagame na Habineza Joseph [ JO ]

2017-08-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AS Kigali yatsinze Gorilla FC naho Bugesera FC inganya na Police FC mu kino ya gicuti yatangiye gukinwa hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda .

AS Kigali yatsinze Gorilla FC naho Bugesera FC inganya na Police FC mu kino ya gicuti yatangiye gukinwa hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda .

Ubwanditsi 19 Apr 2021
First Lady Jeannette Kagame mu ruzinduko rw’akazi i Librevill

First Lady Jeannette Kagame mu ruzinduko rw’akazi i Librevill

Ubwanditsi 22 Jun 2016
Nyuma yo gutandukana na Haringingo, Police FC yasinyishije Francis Nuttall Elliot ukomoka mu Bwongereza nk’umutoza mukuru akazakorana na Kirasa Alain

Nyuma yo gutandukana na Haringingo, Police FC yasinyishije Francis Nuttall Elliot ukomoka mu Bwongereza nk’umutoza mukuru akazakorana na Kirasa Alain

Ubwanditsi 07 Sep 2021
Abitabiriye inama ya ECCAS barimo na Perezida Kagame baganiriye ku bucuruzi n’umutekano

Abitabiriye inama ya ECCAS barimo na Perezida Kagame baganiriye ku bucuruzi n’umutekano

Ubwanditsi 02 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tour du Rwanda: Umudage Hellmann yegukanye agace ka Huye-Musanze, Mugisha aracyayoboye
IMIKINO

Tour du Rwanda: Umudage Hellmann yegukanye agace ka Huye-Musanze, Mugisha aracyayoboye

Ubwanditsi 07 Aug 2018
“Perezida Museveni niwe uri inyuma y’umubano mubi uri hagati y’u Rwanda na Uganda” Perezida w’ishyaka FDC Patrick Oboi Amuria
INKURU NYAMUKURU

“Perezida Museveni niwe uri inyuma y’umubano mubi uri hagati y’u Rwanda na Uganda” Perezida w’ishyaka FDC Patrick Oboi Amuria

Ubwanditsi 02 Dec 2020
Museveni yatangaje umugambi wo guca amakoti apfuka umutwe ku batwara moto nyuma y’iraswa ry’umudepite
ITOHOZA

Museveni yatangaje umugambi wo guca amakoti apfuka umutwe ku batwara moto nyuma y’iraswa ry’umudepite

Ubwanditsi 12 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru