• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Amb. Karega yashimye uko Abanyarwanda batuye mu Majyepfo ya Afurika bitabiriye amatora

Amb. Karega yashimye uko Abanyarwanda batuye mu Majyepfo ya Afurika bitabiriye amatora

Ubwanditsi 05 Aug 2017 Mu Rwanda

Ambasaderi w’u Rwanda muri Afurika y’Epfo n’ibindi bihugu byo muri ako karere Vincent Karega yishimye intsinzi yegukanywe na Perezida Kagame mu matora y’umukuru w’igihugu, anashimira Abanyarwanda ubwitange bagaragaje bayitabira.

Amatora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda yabaye ku wa 3 Kanama ku Banyarwanda batuye mu mahanga no ku ya 4 ku b’imbere mu gihugu yasize Paul Kagame yegukanye amajwi anagana na 98,66% ugereranyije na 0,72 %ya Mpayimana Philippe wari umukandida wigenga mu gihe Franka Habineza wa Green Party yagize 0,45% nk’uko ibyayavuyemo mu buryo bw’agateganyo bibigaragaza.

Mu butumwa yageneye Abanyarwanda batuye mu bihugu ahagarariye, Ambasaderi Karega yagaragaje ko yakozwe ku mutima n’intsinzi yavuye mu matora ndetse agaruka ku bwitabire bwabo.

Yagize ati “Mbikuye ku mutima, mu izina ryanjye bwite na Leta mpagarariye ndagira ngo mbashimire ubwitabire, ubwitange n’urukundo rw’igihugu mwagaragaje mu matora turangije neza.”

“Abanyarwanda ku bwiganze tweretse isi ko turi bene Gihanga wahanze u Rwanda n’ubunyarwanda bumwe rukumbi. Twerekanye ko twipakuruye amateka mabi y’urwango, urwikekwe n’ivangura.Twerekanye ubudasa no guhuza imbaraga, intego n’icyerekezo byo guhanga bundi bushya u Rwanda rubereye bene kanyarwanda bose nta vangura.”

Yakomeje agira ati “Twatoye Intore iturusha intambwe; umuhuza ntangarugero; umuyobozi udahwema kurengera inyungu za rubanda; umugaba w’ingabo zidatsindwa; umuyobozi w’amajyambere yihuta; uwahesheje urubyiruko n’abagore agaciro. Yafunguye imiryango ku banyarwanda mu ruhando mpuzamahanga. Yaduhesheje Izina n’icyubahiro bihambaye ku isi nyuma y’igisebo cya Genoside yo muri 1994. U Rwanda ruragendwa rurasurwa n’abami, abaherwe, abayobozi b’ibihugu bikomeye na ba mukerarugendo bavuye mu nkengero n’inkiko z’isi yose.

RwandAir iratema ikirere ifungura amarembo mashya ku isi. Abashoramari, abanyenganda bavuye mu Rwanda no ku isi hose bitabiriye icyerekezo cy’uRwanda. Twatsinze mu isuku, ibidukikije, kurwanya inzara n’ubukene. Indwara n’ibindi byinshi.

Mwakoze gushyira hamwe. Abishyize hamwe bashobora kwikorera inzovu ku mashyi kandi Imana irabasanga. Imana izirirwa ahandi yongere irare mu Rwagasabo.”

Amb. Karega yavuze ko ku bw’iyi ntsinzi hateganyijwe ibirori byo kuyishimira ku wa 13 Kanama ku cyicaro cya Ambasade, ashishikariza Abanyarwanda gukomeza gushyira hamwe bubaka igihugu kizaragwa abato gifite umutekano.

Ambasaderi Karega ahagarariye u Rwanda mu bihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo birimo Afurika y’Epfo, Mozambique, Zambia, na Swaziland.

-7481.jpg

Ambasaderi Vincent Karega, Perezida Paul Kagame na Habineza Joseph [ JO ]

2017-08-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri

Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri

Ubwanditsi 02 Nov 2021
Uganda yiyemeje kuba ikimoteri cyabarushye mubarwanya u Rwanda batagishoboye

Uganda yiyemeje kuba ikimoteri cyabarushye mubarwanya u Rwanda batagishoboye

Ubwanditsi 01 Jun 2020
Nyabugogo, Bugesera na Kicukiro  ibikorwa byo kwiyamamaza bya Paul Kagame byari  ‘ Ibirori ‘

Nyabugogo, Bugesera na Kicukiro ibikorwa byo kwiyamamaza bya Paul Kagame byari ‘ Ibirori ‘

Ubwanditsi 19 Jul 2017
Abarwayi ba Coronavirus biyongereyeho babiri bagera ku 104, bane nibo bamaze gukira

Abarwayi ba Coronavirus biyongereyeho babiri bagera ku 104, bane nibo bamaze gukira

Ubwanditsi 06 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Rukara babangamiwe n’ubucucike bw’abanyeshuri
Mu Rwanda

Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Rukara babangamiwe n’ubucucike bw’abanyeshuri

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Bill Gates yavuze ikosa rikomeye yakoze ubwo yari mu buyobozi bwa Microsoft
IKORANABUHANGA

Bill Gates yavuze ikosa rikomeye yakoze ubwo yari mu buyobozi bwa Microsoft

Ubwanditsi 26 Jun 2019
BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”
HIRYA NO HINO

BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

Ubwanditsi 15 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru